Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Abanyarwanda bize muri icyo gihugu, begeranyije amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 22 (22,673,000 Frw) bayaguramo ibiribwa byo guha abarimu bashonje bo mu Karere ka Gasabo.
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) tariki ya 13 Kanama 2020 ryakoze igikorwa cyo kurwanya no gufata abakwirakwiza ibiyobyabwenge mu Mujyi wa Kigali. Muri icyo gikorwa Polisi yafashe itsinda ry’abakwirakwizaga urumogi, bafatanwa udupfunyika ibihumbi cumi na bitatu n’udupfunyika magana abiri (13,200) (...)
Mu mirenge ya Bumbogo na Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ku itariki ya 22 Kamena 2020 hafatiwe litiro 1, 080 z’inzoga zitemewe.
Uwitwa Gilbert Kubwimana wayoboraga ikigo cy’Abanyamerika kigura uduseke mu Rwanda, avuga ko yemeye gusiga umushahara wa miliyoni yahembwaga atangira gutabariza ingo zirimo abana bafite ubumuga.
Abantu 20 barimo abagore umunani bari mu maboko ya Polisi mu Mujyi wa Kigali, bazira kuba baragiye kota umwotsi w’ibyatsi bishyushye (igikorwa cyitwa Sawuna), nyamara amabwiriza yo kwirinda Covid-19 atabyemera.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibitaro byasezereye abantu barindwi (07) mu gihe bane (04) bakitabwaho n’abaganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, kandi na bo bakaba barimo koroherwa.
Ubuyobozi bw’ishuri ’Hope Haven Rwanda’ riherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, bwatanze ibyo kurya ku baturage batishoboye batuye mu midugudu itandatu igize Akagari ka Rudashya, byose bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage182 batangiye kwimurwa mu Mudugudu wa Kangondo ya mbere mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, kubera ko amazu yabo ari mu manegeka ashobora gutwarwa n’imyuzure iterwa n’imvura nyinshi iri kugwa.
Mu Murenge wa Remera wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2020 hatangijwe ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano. Ni ubukangurambaga bukorwa ku bufatanye bw’Umujyi wa Kigali, inzego z’umutekano na Ministeri y’Ubuzima, mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga izwi nka CHOGM.
Iyo uteze imodoka uvuye muri gare ya Nyabugogo, mu Mujyi wa Kigali, cyangwa muri gare ya Kimironko werekeza mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, hose utanga amafaranga y’u Rwanda 216.
Inzu yari irimo abantu barindwi bo mu muryango umwe yagwiriwe n’inkangu, inzu yitura kuri abo bantu bose bahasiga ubuzima.
“Ibiciro byacu usanga biri hasi ugereranyije n’ibyo ku yandi masoko kuko nk’ahantu isukari igurwa amafaranga 1,000, twebwe usanga tuyigura kuri 800 ku kilo, umuti w’inkweto muto aho ugurwa 300Frw twebwe tuwugura nka 200Frw”. Ibi byasobanuwe na Sebaganwa François ukorera irondo ry’umwuga mu Murenge wa Kimironko mu Karere (...)
Mu kwezi kwa Nyakanga k’umwaka utaha wa 2021, ibiro by’Umuryango FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Gasabo n’Umujyi wa Kigali, bizatangira gukorera ku Gisozi aharimo kubakwa ingoro ifite agaciro ka miliyari zirenga eshatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwijeje abaturage bako batishoboye basenyewe n’ibiza birimo imvura yaguye kuri Noheli mu mpera z’umwaka ushize wa 2019, ko butazabatererana mu gihe cyose batarabona aho baba.
Umwalimu mu Itorero rya ADEPR witwa Minega Jean de Dieu avuga ko mbere yo kwakira agakiza ngo yanyweye ibiyobyabwenge bimutera kurya cyane bidasanzwe, akaba ngo atewe impungenge n’ingo zirimo abantu bakennye banywa ibiyobyabwenge.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Abakozi ba Banki ya Kigali (BK) bazindukiye mu muganda, aho bafatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusororo guca amaterasi ku musozi uri mu Kagari ka Nyagahinga, mu rwego rwo kurwanya isuri yabangirizaga byinshi birimo n’umuhanda wa kaburimbo.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo(MININFRA) ibinyujije mu kigo gishinzwe Ingufu(REG), yagaragaje ibikorwa remezo byubatswe guhera muri Werurwe 2019, bizanyuzwamo amashanyarazi aturuka cyangwa yoherezwa hose mu gihugu no hanze yacyo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko buri gukoresha imbaraga zishoboka zose, ku buryo icyiciro cya mbere cy’abatuye mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahazwi ku izina rya ‘Bannyahe’ bazaba bamaze kuhimuka bitarenze ukwezi k’Ugushyingo 2019.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko zimwe mu nyubako za mbere y’umwaka wa 2013 zifite imiterere izishyira mu manegeka, kuko nta gishushanyombonera cyari kiriho mu gihe zubakwaga.
Benimana Richard wize iby’uburezi muri kaminuza y’u Rwanda, ntiyakomeje ngo akore ibijyanye n’ibyo yize ahubwo yinjiye mu bukorikori burimo ikoranabuhanga bituma abasha kwikorera ibyuma by’imikino y’amahirwe bimenyerewe ko bituruka hanze.
Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), igiye gutangiza ishami ry’ubuganga rizaba riri ku rwego mpuzamahanga, cyane ko rifite inkomoko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 ahagana saa yine z’igitondo, umugabo wari utwaye imodoka ya Toyota RAC 785 B, yakoze impanuka ikomeye ahunga Polisi yari imukurikiye kuko yari imaze kumenya amakuru y’uko atwaye magendu.
Kubera imirimo yo kubaka ikiraro gihuza Nyabugogo na Gatsata izakorwa kuva tariki 27 kugeza 28 Nyakanga 2019 guhera saa 6h00 kugeza saa 11h00 z’amanywa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abakoresha icyo kiraro bajya cyangwa bava mu bice bya Gatsata ko cyizaba kidakoreshwa haba ku binyabiziga no kubagenda n’amaguru.
Uturere twose kuri ubu turitegura kumurikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kwezi gutaha kwa Kanama, uburyo twesheje imihigo y’umwaka wa 2018/2019.
Nta cyapa na kimwe wahasanga cyanditseho iryo jambo, ariko ubwiye umumotari cyangwa umushoferi uti “ngeza kuri Beretwari”, ntabwo yirirwa ajijinganya.
Nzasenga Alfred w’imyaka 48 avuga ko mbere y’umwaka wa 2012, yari umucuruzi usanzwe w’imbaho wakoreraga abandi mu Gakiriro ka Gasozi.
Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali hari abangavu babyariye iwabo mbere y’uko bashinga ingo zabo.
Abaturage b’Akagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya kabiri mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bihaye intego yo gusura inzibutso zitandukanye kugira ngo barusheho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’umwihariko wa buri gace.
Urubyiruko rwiganjemo urwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo rwongeye gukangurirwa kwirinda icyorezo cya Sida n’inda ziterwa abangavu zikabangiriza ahazaza habo.