Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe asanga ingengabitekerezo ya Jenoside imeze nk’indwara ya kanseri kuko ikwirakwira mu bantu buhorobuhoro ikazagera ku kwicwa kwa bamwe.
Abahagarariye inzego zitandukanye z’ubuyobozi mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu biyemeje kurushaho kwigisha abaturage ubumwe n’ubwiyunge, kurwanya Jenoside no kwirinda amacakubiri mu Banyarwanda.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irizeza ko ntawakongera koshya Abanyarwanda kwica abandi, ishingiye ku myumvire y’Abaturage n’uburyo bamaze kujijuka.
Benshi bamumenyereye mu itangazamakuru kuri Televiziyo y’u Rwanda, avuga amakuru ndetse anakora ibiganiro bifasha abantu gususuruka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bahungiye mu Kigo cya Caraes, bashengurwa n’uko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bahisemo gukiza imbwa yabo bo bakabihorera.
Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byitwaga ARMY WEEK, byahinduriwe inyito bizajya byitwa “Ingabo mu iterambere ry’abaturage”.
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yandikiye abayobozi b’uburere bose ibamenyesha ko itazongera kwihanganira imikoreshereze n’imicungire itanoze y’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu mashuri.
Urugaga rwabikorera(PSF) rwatangaje ko rugiye kubakira no kuremera ingo zirenga 100 mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Urubyiruko ruhurira mu matsinda yo gukiza no komora ibikomere akorana n’umuryango Never Again Rwanda (NAR) rwemeza ko abafasha gukira ihungabana rikomoka kuri Jenoside.
Umukuru w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, aranenga abayobozi basuzugura ubushobozi bw’abo bayobora, aho bibwira ko hari zimwe muri gahunda zibagenewe badashobora kugishwaho inama ngo kuko zirenze imyumvire yabo.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bayobora umurenge wa Kinyinya biyemeje guhindura agace batuyemo k’Umujyi wa Kigali, babikomoye ku ishyaka ry’Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zagaragaje mu rugamba rwo kubohora igihugu.
Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB kirizeza) abakunzi b’umuco nyarwanda ko kirimo gushakisha abashoramari bazubaka site zitandukanye zikorerwamo ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Perezida Paul Kagame atangiza Umwiherero w’abayobozi bo mu Nzego z’ibanze, yabasabye guhora batekereza uburyo bwo gukorera neza abaturage kuruta gukora bagamije inyungu zabo bwite.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yemereye abacuruzi bato gutangira inganda ariko bagaharanira kuzamukana ubuziranenge.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko itazategeka Abanyarwanda umubare w’abo buri wese yabyara, ahubwo itangaza ko hateganywa ikigega buri wese azazigamamo.
Abagenzi n’abakorera muri Gare ya Kacyiru ntibazongera kujya gutira ubwiherero mu ngo z’abaturage kuko muri iyo Gare hagiye kuzura ubwiherero bugezweho.
Ishami ry’ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) rikorera i Remera mu nyubako ya CSS Zigama, riravugwaho guha serivise mbi abarigana.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe yagaragaje icyizere afitiye urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi avuga ko abona rufite ishyaka nk’iry’urubyiruko rwabohoye igihugu ariko bakaba batandukaniye ku rugamba barwana.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka kiravuga ko umuntu ufite ubutaka butamwanditseho bikorewe imbere ya noteri, buba atari ubwe.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Imodoka nshya yo mu bwoko bwa Toyota Avanza ifite agaciro ka miliyoni 20FRW yiriwe i Nyarutarama kuri Kigali Golf Club (KGC) itegereje umunyamahirwe ushobora kuyegukana, ariko birangira ibaye ubwa ya mvugo ngo akabuze ubuguzi gasubirana nyirako.
Ku bufatanye na Sosiyete y’Abashinwa yitwa Huajian Group, mu Rwanda hagiye gutangizwa uruganda rukora inkweto, amasakoshi, mudasobwa, telefone, ndetse n’ ibindi bikoresho bitandukanye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gasabo bakoze imyiyereko irimo imodoka n’amafarasi mu rwego rwo kwamamaza umukandida wabo, Paul Kagame.
Kasire Onesphore, w’imyaka 92 y’amavuko wakinnye mu ikipe y’Amagaju avuga ko mu gihe cye gukina byari bishingiye ku ishyaka kuburyo ngo gutsindwa byari kirazira.
Polisi y’Igihugu ivuga ko ikibuga cy’umupira w’amaguru yubatse mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, kigiye kongera ubusabane n’umutekano ukanozwa muri ako gace.
Ubuyobozi bwa Kigali Convention Center na Radisson Blue Hotel bwavuze ko bugiye gutegura irushanwa rizitirirwa Gisa Gakwisi uherutse kubumba inyubako z’iyi hotel yifashishije ibumba.