Abayoboke 72 b’idini ry’Abadiventisiti b’umunsi wa karindwi bari mu bitaro no mu kigo nderabuzima bya Kigeme bazira indwara itaramenyekana. Batangiye kurwara nyuma yo gusangira amafunguro baherewe mu busabane ku rusengero rwa Kirehe kuwa gatandatu tariki 26/05/2012.
Bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu bo mu karere ka Nyabihu bahawe urukingo rw’impiswi, ari naho iki gikorwa cyatangirijwe ku rwego rw’igihugu kuwa Gatanu tariki 25/05/2012.
Nyuma y’iminsi amaso y’Amarundi ateye mu kigo cy’ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi riri mu karere ka Ruhango ubu noneho yadukiriye abaturage.
Umuryango mpuzamahanga w’abagore babana na virusi itera SIDA (ICW) urasaba ko amabanki akorera imirimo yayo mu Rwanda akwiye korohereza ababana na virus itera SIDA kubona inguzanyo kuko bimaze kugaragara ko zanga kibaha inguzanyo.
Umuryango w’Abahorandi ugamije iterambere (SNV) urakangurira buri wese kugira uruhare mu kubungabunga amazi no kuyagirira isuku mu rwego rwo kwirinda indwara zayakomokaho iyo ahuye n’ibiyahumanya.
Ndorimana Ildephonse w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu murenge wa Gatebe, akarere ka Burera atangaza ko yari agiye guhambwa akirimo akuka kubera kurambirwa n’abavandimwe ndetse n’abaturanyi ubwo yari yarazahajwe n’indwara ya SIDA.
Abaturage 3,7 ku ijana by’abatuye akarere ka Kayonza babana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA; nk’uko bitangazwa n’ishami rishinzwe ubuzima mu karere ka Kayonza. Imirenge ya Mukarange na Kabarondo ifatwa nk’imijyi muri ako karere niyo iza ku isonga.
Abakobwa babiri barwariye ku kigo nderabuzima cya Kinunu, kiri mu murenge wa Boneza, akarere ka Rutsiro, nyuma yo kunywa imiti ya Kinyarwanda bashaka gukuramo inda bikabagwa nabi.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Abantu 77 mu murenge wa Tumba akarere ka Rulindo, kuva tariki 25/03/2012, barwaye indwara itazwi bivugwa ko ikomoka ku kunywa ikigage gihumanye. Ni ku nshuro ya kabiri abantu baryaye indwara nk’iyi muri uku kwezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Niyomugabo Nyandwi w’imyaka 38 wapfuye ku mugoroba wa tariki 09/02/2012 ni umuntu wa gatatu upfuye muri iki cyumweru bikekwa ko bazira inzoga y’inkorano banyweye tariki 06/02/2012 ahitwa i Mwima mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubusanzwe iyo umuntu avuze kanseri ifata amabere abantu benshi bakunze guhita batekereza ku gitsina gore gusa ariko si byo na gato kuko n’abagabo na bo iyo ibagezeho itabarebera izuba.
Mu rwego rwo guhashya indwara ya malariya yugarije akarere ka Nyagatare, PSI na minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye gukangurira abaturage ba Nyagatare kuyirinda bifashisha ubutumwa bunyuze muri film n’indirimbo.
Mu turere duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’U Burundi , tariki 19/01/2012, hatangiye icyiciro cya kabiri cyo gukingira abana batarengeje imyaka itanu indwara y’imbasa kubera ko yagaragaye muri ibyo bihugu.
Kuva tariki 10/01/2012 umuryango w’abantu batandatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu Kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bari mu bitaro bya Nyanza bazira indwara itaramenyeka usibye isombe bakeka ko yaba yahumanijwe
Ntihabose Egide w’imyaka 20 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza ari mu bitaro kuva mu mwaka wa 2007 kubera ubumuga yatewe n’inka yamwishe ikamuvuna urutirigongo.
Mu gihe akarere ka Rusizi kafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya kolera cyadutse i Bukavu muri Kongo, abacuruza ibiribwa bihiye i Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’akarere bubirukankana gusa ntibubabwire ko hari ikibazo cya kolera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwafashe ingamba zo kwirinda ko icyorezo cya kolera cyagaragaye i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyagera muri ako karere.
Abantu bagera kuri 151 bo mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara bari mu bitaro bya Gakoma bazira indwara kugeza ubu itari yamenyekana, gusa ngo imvano y’iyi ndwara ni umususuru banyweye ubwo bari bari mu bukwe kuri Noheri.
Benshi mu bahanga babikoreye ubushakashatsi bwimbitse basobanura ko kugira uruhara no gupfuka umusatsi bituruka ku guhagarara kw’ikorwa ry’uturemangingo.
Burya igihe icyo ari cyo cyose umuntu uwo ari we wese yagira ubumuga bwo kutabona bitewe n’impamvu runaka. Urugero ni umugabo witwa Nzeyimana Aloys utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi wagize ubumuga bwo kutabona mu mwaka wa 2001 abitewe n’impanuka y’imodoka.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ejo ryatangaje ko impfu ziterwa n’indwara ya maralia zagabanutse ku isi muri rusange.
Ubushakashatsi bwerekanye ko interinete idakoresha urusinga (wi-fi) yangiza intanga ngabo.