Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwashyize abaganga ku mipaka ihuza u Rwanda na Kongo kugira ngo bapime ibimenyetso biranga virusi ya Ebola buri muntu wese uvuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kimaze kugaragaramo iyo ndwara yibasiye Afurika muri iyi minsi.
Abantu 155 bamaze kugezwa ku bigo nderabuzima bya Mashesha, Gikundamvura, Mibirizi na Clinique ya Cimerwa nyuma y’uko banyoye umutobe mu bukwe bwabereye mu kagari ka Mashesha, umurenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi tariki 22/08/2014.
Abantu biganjemo abagore n’abana bacuruza ibiribwa bihita biribwa ako kanya bagaragara mu mirenge yo mu karere ka Ngororero barasabwa kwitwararika isuku y’ibyo biribwa kuko bishobora gukwirakwiza cyangwa kongera indwara ziterwa n’umwanda.
Icyorezo cya Ebola kitagira umuti n’urukingo kikaba muri iyi minsi kibasiye bimwe mu bihugu byo muri Afurika cyamenyekanye bwa mbere ahagana mu mwaka wa 1976 mu gihugu cya Sudani na Congo aho abarenga 1000 banduraga ku mwaka.
Minisitiri ushinzwe Ubuzima mu Rwanda, Dr Agnes Binagwaho, yateguye ikiganiro aza kwakiramo ibibazo n’ibitekerezo bya buri wese ku cyorezo cya Ebola, akanagira Abaturarwanda inama z’uko bakwitwara mu gihe iyi ndwara irimo kugenda igaragara mu bihugu bya Afurika.
Joseph Nabonibo ufite imyaka 46 y’amavuko akaba atuye mu mudugudu wa Nyagafunzo mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera arwaye indwara amaranye imyaka 31 imutera kunenwa n’umuhisi n’umugenzi ku buryo byageze igihe n’umugore yari yarashatse akagenda.
Abacuruzi bakorera inyuma y’isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze n’abahaturiye bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu myanda iva mu isoko imenwa aho, basaba ubuyobozi ko bubatabara bagashaka ahandi yajya ishyirwa.
Nyuma y’aho mu gihe cyashize hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurwanya marariya, kandi ikagabanuka ku buryo bugaragara, ubu noneho abantu basigaye basa nk’abiraye mu kuyirinda kuko umubare w’abayirwaye watangiye kongera kwiyongera kandi noneho ikaza ikaze kurusha iya mbere.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yaburiye Abanyarwanda kubera imibare iteye ubwoba y’abandura agakoko gatera SIDA, aho ngo buri minota itatu umuntu umwe aba yanduye mu Rwanda; akaba yasabye ubufasha bw’Urugaga rw’ababana na virusi itera SIDA (RRP+) mu kugabanya icyo kigero.
Mu gihe abaturage b’umudugudu w’Agasongero mu kagali ka Nyagatoma umurenge wa Tabagwe akarere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bakirwara indwara ziterwa n’isuku nke kubera gukoresha gukoresha amazi mabi, ubuyobozi bw’akagali ka Nyagatoma bubakangurira kujya bateka amazi bakoresha mu gihe batari babona ameza.
Ibitaro bya Gisenyi biratangaza ko kuva ikirunga cya Nyamuragira cyo muri Congo cyatangira gusohora imyotsi kitegura kuruka, nta muturage kirakira wagizweho ingaruka n’iyo myotsi.
Kuva ukwezi kwa Mbere kugera mu kwa Gatatu 2014 mu karere ka Rubavu abaturage barwaye indwara ya maraliya bakajya kwa muganga bagera kuri 237, harimo abashoboye kwivuza bagataha 185 naho barwaye bikaba ngombwa ko bavurwa baba mu bitaro 52.
Mu gihe bamwe mu bafite virusi itera SIDA mu murenge wa Nyagatare bavuga ko bakeneye ubufasha bwihariye nk’uko mbere babuhabwaga n’imiryango itandukanye, ubuyobozi bwa komite y’aka karere ishinzwe kurwanya SIDA bwo buvuga ko abatishoboye bafashwa nk’abandi bose kuko bahawe ubufasha bwihariye byaba ari ukubaha akato.
Mu cyegeranyo giherutse gushyirwa ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima ku birebana n’indwara ziterwa n’imirire mubi mu Rwanda, akarere ka Ngororero gakomeje kuza mu turere 4 twa mbere tugifite ikibazo cy’abana barwaye bwaki.
Abakora umwuga w’uburobyi n’ubucuruzi bw’amafi n’ibiyakomokaho bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bamaze gutahurwaho ko uburyo bakoramo uwo mwuga bubashora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye no guca inyuma abo bashakanye, ndetse ngo bakaba bugarijwe cyane n’icyorezo cya SIDA.
Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo nibyo bisabwa abaturage batuye mu karere ka Nyagatare nyuma y’igenzura ryakozwe mu isozwa ry’igikorwa cyo gutera mu ngo umuti wica imibu itera Malariya.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero begereye ikibaya cya Nyabarongo baravuga ko bakeneye inzitiramubu, kuko maraliya yongeye kugaragara mu gace batuye mo kandi izo bari barahawe bakaba bavuga ko zashaje.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba umujyi w’aka karere ugaragaramo abarwayi bo mu mutwe benshi, byaba biterwa n’uko baba bahakunda kurusha ahandi ugereranije n’agace aka karere gaherereyemo.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yabwiye abayobozi b’inzego zinyuranye zo mu ntara ayobora ko ari inshingano zabo guharanira ko abo bayobora bagira ubuzima buzira SIDA.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barishimira ko malariya yagabanutse, nyuma yo gutererwa umuti wica imibu itera malariya mu ngo.
Abantu 21 barimo abagore 12, abana 8 n’umugabo umwe barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata bazira ubushera banyweye ubwo bari mu munsi mukuru mu kagari ka Biryogo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Rucamukago Size ufite imyaka 24 wo mu murenge wa Kabaya akarere ka Ngororero umaze imyaka itanu arwariye mu bitaro bya Kabaya arasaba Leta n’abagiraneza kumuha ubufasha akavuzwa mu mavuriro afite inzobere kugira ngo ave mu bitaro.
Mu magereza henshi mu Rwanda hari kugaragara ikibazo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, hamwe bakemeza ko biri guterwa n’ikibazo cy’ubutinganyi (gukora imibonano mpuzabitsina n’uwo mu gihuje) hagati y’abagororwa cyangwa imfungwa.
Nubwo hatewe intambwe igaragara muri gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bahabwa amahirwe yo kwiga kimwe n’abatabufite, haracyagaragara imbogamizi ku bana bamwe na bamwe bitewe n’ubumuga bafite ntibabashe kwigana n’abadafite ubumuga.
Umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge wifuje guhozaho gahunda yo gusuzuma ubwandu bwa SIDA n’igituntu ku bakora imirimo y’ubucuruzi itandukanye, kugirango birinde banarinde ababagana kwandura izo ndwara z’ibyorezo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba urubyiruko rwo mu karere ayobora kwirinda ubusambanyi kuko ariyo nzira ya hafi ishobora gutuma bandura agakoko gatera SIDA.
Consolate Mukanyandwi utuye mu mudugudu wa Rusororo, akagari ka Kirengeri mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango afite umwana witwa Ange Mukamuhoza umaze imyaka 14 nyamara ntakura nk’abandi.
Umukobwa witwa Mariya ubana na virusi itera SIDA wo mu karere ka Kayonza yiyemeje kujya atanga ubuhamya bugamije gukangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kwirinda SIDA. Imbaraga zo kubyatura ngo azikesha ubujyanama yaherewe mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza.
Iryivuze Jeannine w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu karere ka Karongi yavukanye agakoko gatera SIDA ariko ngo afite icyizere cy’ejo hazaza kuko nta kwiheba afite dore ko ari n’umukangurambaga w’urubyiruko mu karere ka Karongi.
Urubyiruko mu karere ka Nyabihu rurashishikarizwa cyane kwirinda virusi itera SIDA no kurangwa n’uburere bwiza nyuma yaho bigaragariye ko abibasiwe cyane no kwandura virusi itera SIDA ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 25.