Umuryango wa gikiristu World Vision (WV) uvuga ko impfu z’abana ziri ku kigero cya 76/1000 mu Rwanda, zikwiye kurwanywa hashingiwe ku guha abaturage iby’ibanze bikenerwa mu buzima, no kubakangurira kumenya ko izo mpfu zishobora gukumirwa burundu.
Mu mudugu wa Rwasama mu Kagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Byumba umwana witwa Iradukunda Pacifique yitabye imana azize kutajyanwa kwa muganga kubera ko ababyeyi be nta bwisungane mu kwivuza bafite.
Umugabo w’imyaka 52 witwa Murenzi utuye mu karere ka Rusizi amaze umwaka yibasiwe n’indwara z’amavunja zamufashe ubu akaba atabasha kugenda kuko ngo iyo akandagira aba ari kubabara.
Mu myaka ine iri imbere umujyi wa Kigali ugiye kwibanda ku byiciro bitatu birimo gukumira abishora mu buraya no gufasha ababukora mu buryo bw’amaburakindi, mu rwego rwo kurwanya ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Kuri uyu wa 07/11/2012, ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Cyabingo kiri mu karere ka Gakenke hatangijwe gahunda yo gukangurira abanyeshuri kwirinda indwara y’igituntu.
Umukecuru utuye mu karere ka Rulindo yemeza ko kuba amaze imyaka 10 abana n’agakoko gatera SIDA kandi akaba yumva agifite imbaraga byaratewe no kwipimisha kare akamenya uko abyitwaramo.
Umubyeyi witwa Kamucyera Belancile utuye mu mudugudu wa Buvumo, akagari ka Mukoto, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo arwaye indwara yo kubwimba amaguru amaranye imyaka 18 ariko kugeza n’ubu yaburiwe umuti.
Muri iki gice kuzabagezaho imibare bafatiraho kugira umuganga yemeze ko umuntu arwaye indwara y’umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension). Turavuga kuri hypertension idafite ikiyitera kizwi iyo bita primary (essential) hypertension.
Rubibi Louis Pasteur ushinzwe gukurikirana ikurwaho ry’amabati ya asibesitosi abandi bakunda kwita fibro-ciment mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko umukungugu uva muri ayo mabati ari wo utera indwara.
Umukobwa witwa Muhimpundu Jacqueline uzwi ku izina rya “Manyobwa” utuye mu Kagali ka Burimba mu Murenge wa Rushashi Akarere ka Gakenke afite umubyibuho udasanzwe kuko apima ibiro 100 kandi afite imyaka 10 y’amavuko.
Umugabo witwa Nzabahungirahe Germain utuye mu Kagali ka Buheta, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke amaze imyaka 19 arwaye indwara yo kubyimba ukuguru kuva ku kirenge kugeza aho gatereye.
Uyu mubyeyi yitwa Marie Goretti Mukarugambwa, avuga ko arwaye indwara y’Impyiko zose zamaze kwangirika, ku buryo umumaro zakoraga usigaye ukorwa n’imashini z’aho arwariye ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal ku Kacyiru.
Uturere tune tw’u Rwanda dukora ku gihugu cya Uganda ngo turi mu dushobora kwibasirwa n’icyorezo cya Marburg gikomeje kuvugwa muri Uganda.
Mu karere ka Gicumbi hateguwe igikorwa cyo gupima indwara y’igituntu mu bigo by’amashuri y’isumbuye yose abarizwa muri ako karere kubera ko iyo ndwara ishobora kwandura ku buryo bworoheje mu gihe ubana, wirirwanna cyangwa w’igana n’umuntu uyirwaye.
Nyuma y’igihe gito muri Uganda hagaragaye indwara ya Ebola, ubu hagaragaye indi ndwara yitwa Marburg igaragaza ibimenyetso bisa cyane n’ibya Ebola.
“Depression” tugenekereje mu kinyarwanda byakwitwa “agahinda gakabije” ni kimwe mu bibazo uyu munsi bihangayikisjije ku isi, kuko ari indwara imaze kugera mu bantu benshi kandi ikanatera abantu kwiyambura ubuzima akenshi.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Kabeza, umurenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi amaze imyaka 39 arwaye indwara y’uruhu yanze gukira.
Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zo mu mutwe. Imibare igaragaza ko hakiri Abanyarwanda benshi babana n’uburwayi bwo kwiheba kandi buturutse ku mpamvu zitandukanye.
Mfurazibaho Gaetan w’imyaka 58 utuye mu Kagali ka Ruhanga, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke amaze imyaka 25 arwaye indwara arwaye yatumye abyimba mu ijosi ku buryo ryenda kungana n’umutwe.
Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension arterielle) ni indwara yibasira abantu benshi ariko idakunze kumenyekana kubera ko akenshi itagira ibimenyetso bigaragara.
Nyuma yuko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Rwanda Housing Authority bugaragaje ko akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere mu ntara y’iburasirazuba mu kugira isakaro rya fibro ciment nyinshi,bamwe mu bihaye Imana batangiye gusaba abakiristu gutanga inkunga bakavanaho iryo sakaro.
Umwana witwa Niwemwiza wo mu karere ka Rulindo afite ikibazo cy’umubyibuho ukabije ugereranije n’uko abana bari mu kigero cye baba bangana. Ku mwaka umwe n’amezi abiri, Niwemwiza apima ibiro 25.
Ubwo yasuraga ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga tariki 03/10/2012, Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba ubuyobozi bw’uturere twose ko twakora amalisiti y’abarwayi bo mu mutwe batagira ababakurikirana kugirango babashe kuvuzwa.
Umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS) watangaje ko virusi nshya yitwa Coronavirus ifitanye isano n’iyitwa Sras yigeze guhitana abantu 774 muri 2003 kandi birakekwa ko yaba ituruka ku ducurama.
Uzanyinzoga Suzan w’imyaka 53, utuye mu kagari ka Musongati, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, afite uburwayi ku munwa amaranye imyaka 53 nta buvuzi arabona.
Bamwe mu bafite uburwayi bw’impyiko bwabaye akarande bavuga ko bategereje urupfu mu gihe kitarenze icyumweru, nyuma yo gusezererwa ku byuma bibagabanyiriza amazi mu mubiri aterwa no kudakora neza kw’impyiko.
Akarere ka Rubavu gashima ko ingamba zo kurwanya imirire mibi zafashwe zitanga icyizere ko Bwaki n’indwara zikomoka ku mirire mibi zizashira.
Umuryango mpuzamahanga wa gikiristu (Word Vision) ufasha mu kurengera ubuzima bw’umwana, kurwanya ubukene n’akarengane, ntiwishimiye kuba mu Rwanda hari abana bagera kuri 52/1000 bapfa batarageza ku myaka itanu, bitewe n’impamvu zishobora kwirindwa.
Ubushakashatsi bwa vuba buremeza ko abantu banywa agatabi bafite amahirwe make yo guhanagura ibishushanyo cyangwa inyandiko ku mubiri (tattoo), ndetse n’abafite za tattoo zirimo amabara y’ubururu n’umuhondo irengeje ubugari bwa cm 12.
Nzeyimana Zidan w’imyaka 12 na mushiki we Umuto Uwase w’imyaka 9 bakomoka mu karere ka Rusizi bafite indwara yo gucika ibisebe ku mubiri. Iyo ndwara ngo yabafashe kuva bagifite amezi icyenda.