Aba bakobwa bombi banyoye iyo miti taliki 09 Mata 2012. Umwe afite imyaka 18 yari twite inda y’amezi 2 akaba akomoka mu mudugudu wa muyange, undi w’imyaka 20 yari atwite iy’amezi 4 akaba akomoka mu mudugudu wa Kinunga; nk’uko bitangazwa n’inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rutsiro n’ubuyobozi bw’umurenge wa Boneza.
Aba bakobwa tutashatse gutangaza amazina yabo kubera imyaka y’ubukure, batangarije ubuyobozi bw’umurenge wa Boneza ko ababateye izi nda ari Abanyagisenyi. Ubwo twandikaga iyi nkuru, inzego za polisi ziri mu iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ababa barateye inda aba bakobwa.
Nubwo umugambi wabo wo gukuramo inda utabahiriye, bamerewe nabi, aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga ku kigo nderabuzima cya Kinunu mu murenge wa Boneza.
Védaste Nkikabahizi
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Aba bateye inda nabo bagomba gukurikiranwa kuko baba bangiza urubyiruko
nibakurikirane abo bahungu babateye inda babatunge kuko bazibateye nta myaka y’ubukure baragira cg yo gushaka,ariko ntibabashinje ko aribo babagiriye inama yo kuzikuramo ariko abo bakobwa nabo bahanwe kuko bari bagiye kwca kandi ari icyaha kuko si abana ku buryo batazi gutandukanya icyatsi n’ururo
Abateye inda nta ngufu babafasheho ikindi kandi mwirengagiza ko n’abakobwa nabo bafata abahungu ku ngufu, niba kandi baranazibateye babanze bamenye neza niba barasanze ari amasugi, mubanze mu menye akazi bakora mbere yo gufata abo bagabo kuko iyo ukubwe ugeze ku gihuru uhita urangiza imirimo yari ikugose nuko rero ahubwo bahanirwe gushaka kwica uwo batahaye ubuzima
Ariko abateye inda abararengana kuko si nkeka ko aribo babawiye ngo bazikuremo.Keretse niba barabafashe ku ngufu.