Mu rwego rwo guteza imbere gahunda ya “Girinka”, mu karere ka Nyamasheke bishimira ko gahunda bita “Inka y’akaguru” yatumye abaturage benshi babasha gutunga inka kuko iyo nka y’akaguru yatumye imiryango myinshi itari yishoboye ibasha korora.
Itsinda ry’abambasaderi ba Radio y’abaturage ya Nyagatare, baratangaza ko bishimiye kuba intego bihaye yo cyo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund bayigezeho. Batanze amafaranga ibihumbi 200 kuri konte iri muri banki ya Kigali.
Ibikorwa bitandukanye by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage akarere ka Gasabo kahize kuzageraho muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012/2013, byose byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17,7, nk’uko byemezwa n’umuyobozi wako Willy Ndizeye.
Amatara rusange yashyizwe ku muhanda wa kaburimbo kuva muri centre ya Mukamira werekeza ku Karere ka Nyabihu ahareshya na km 2 yatumye abahakorera imirimo itandukanye yiganjemo iy’ubucuruzi n’ubukorikori bongera amasaha y’akazi.
Mutegwaraba Marie Claire wo mu mudugudu wa Mugali mu murenge wa Nyagatare yashyikirijwe inzu yubakiwe na banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR).Gusa ariko nanone arasabwa kwigirira ikizere no kurushaho gufatanya n’abandi kugira ngo bagere ku iterambere.
Abaturage batandukanye batuye mu mudugudu wa Bunyeshywa mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza batangaza ko ububoshyi bw’ibiziriko by’amatungo magufi n’amaremare ari nkayo suka ibatunze kuva kera cyane ngo kuko nabo bakomokaho ariwo mwuga bakoraga mu mibereho yabo ya buri munsi.
Abatwara abagenzi n’abagenzi ubwabo bategera imodoka ahantu hadatunganye mu karere ka Ngororero basubijwe kubera gare nshya yuzuye, nyuma y’igihe kinini basaba ikigo abagenzi bategeramo imodoka.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Muhanga bamaze gutura mu midugudu baratangaza ko bafite ikibazo cyo kutagira amazi hafi; ibi bikaba ari imbogamizi ku iterambere ryabo ndetse no ku mibereho myiza yabo.
Mukantwari Laurence w’imyaka 42 ni umupfakazi w’abana bane, afashwa n’umushinga wa Compassion International, ahamya ko ibyo uyu mushinga umaze kumugezaho uramutse uhagaze atasubira inyuma ngo yongere kubaho nabi.
Muri gahunda yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro, ingo 4773 zo mubyaro mu karere ka Ngoma zahawe umuriro w’amashanyarazi muri uyu mwaka w’imihigo.
Abakozi 80 bakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atanu bakora badahembwa kubera ko rwiyemezamirimo wubaka iri soko yishyuwe ngo akomeze imirimo ariko ntiyongera kugaragara ku kazi.
Ntamugabumwe Faustin wo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera avuga ko nyuma yo guhabwa amasomo mu gihe gito yo guhanga umurimo no kuwumbatira ndetse no kwibumbira mu matsinda y’ubufatanye mu kubitsa no kugurizanya, ubu amaze kugera mu rwego rwo guha bagenzi babo akazi.
Abaturage b’umurenge wa Bweyeye, akarere ka Rusizi bahangayikishijwe cyane n’urugendo rurerure bakora kugira ngo bashobore kugera ku muhanda wa Kaburimbo.
Abaturage bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rubavu bavuga ko ishyirwa mu byiciro by’ubudehe bitakozwe mu buryo bunoze bikaba bibagiraho ingaruka kubyemezo bafatirwa nko kwishyura ubwishingizi mu kwivuza kubatishoboye.
Imirenge ya Gisozi na Ndera yo mu karere ka Gasabo irizera gukomeza iterambere ishyiraho ibikorwa bitandukanye nk’amazu y’ubucuruzi, mu gihe aka karere nako kemeza ko iyo gahunda ari nziza kuko izinjiza imisoro izazamura akarere n’igihugu muri rusange.
Abagore 230 bo mu cyiciro bya 1 ni icya 2 cy’ubudehe, bibumbiye mu makoperative abili bahawe miliyoni 36 n’umushinga FIOM-Rwanda ngo bagure imashini zitunganya kawunga iva mu bigori biteze imbere.
Shirimpumu Jean Claude utuye mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi avuga ko ubworozi bw’ingurube aribwo bwamurihiye icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse zirihira n’umugore.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba abayobozi b’amadini n’amatorero gukora ibishoboka byose kugirango abakiristu bayoboya bafashwe mu mishinga ibakura mu bukene baharanira kwigira.
Inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Bugesera, kuwa 21/07/2013 yaremeye ihene urubyiruko rw’ako karere rutishoboye kugirango narwo rubashe kwiteza imbere.
Mu nama yahuje abayobozi abakozi bose b’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo hemejwe ko imishinga yo muri gahunda ya VUP yakwibandwaho mu gihe kiri imbere yakwibanda ku gutunganya imihanda ihuza utugari n’imidugudu, gukwirakwiza amazi meza mu midugudu atarageramo, kubakira abatishoboye bagafashwa gutura mu midugudu, (...)
Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette, tariki 19/07/2013, yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka inzu abagenzi bakoze ingendo ndende bazajya baruhukiramo mbere yo gukomeza ingendo za bo (Roadside Station) mu karere ka Kayonza.
Kankundiye Alphonsine utuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana arashimira Leta y’u Rwanda yatekereje gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aramara impungenge bamwe mu bagiraga impungenge zo gutangira ubucuruzi kubera ibibazo by’ubukode buhenze, avuga ko amazu y’bucuruzi ari kuzamurwa hirya no hino muri Kigali ariyo azakemura icyo kibazo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arahamya ko ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo wa Leta cyakunze kugaragara mu karere ka Nyamasheke kimaze gucika, ngo igisigaye ni ukujya aho ibikorwa bikorerwa kugira ngo harebwe koko ko ibyo bikorwa bifatika.
Abahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bahisemo gushora inkunga bahabwa mu mishinga ibateza imbere, none bamaze kugura inzu ifite agaciro ka miliyoni zisaga 20 no guhinga icyate cy’imyumbati cya hegitari 10.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame, arasaba abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa gucunga neza ibikorwa by’iterambere biyirimo, kugira ngo iyo midugudu izabe imbarutso y’iterambere mu ntara y’Iburasirazuba.
Umugore witwa Dusabemungu Spéciose utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko ubworozi bw’ingurube ari ingirakamaro cyane kuko bwamufashije kwiga kaminuza akayirangiza kandi bukaba bunamufasha kurihira abana be batandatu.
Bamwe mu bahinzi ba Kawa bavuga ko ari igihingwa cyabateje imbere ugereranije n’ibindi bahingaga. Ngezahohuhora Joseph utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu avuga ko yabashije kubaka inzu ifite agaciro kari hagati ya miliyoni 1,5 na miliyoni 2.
Umukecuru w’inshike witwa Mukaremera Marie Therese wo mu kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera arishimira ko agiye kubona icumbi ryo kubamo nyuma y’uko ntaho yagiraga ahubwo yirirwaga asembera mu baturanyi be.
Mu gihe mu turere tumwe na tumwe mu gihugu turi kugenda tuvugurura amastade yatwo tugashyiramo amatapi yabugenewe, turasabwa noneho ko twashaka ahandi hantu hashobora guteranira abantu barenze nibura ibihumbi 100.