Ndagijimana Vincent arishimira ubworozi bw’inka imwe, kuko imaze kumugeza kuri byinshi harimo kuba yariguriye ikibanza akagera ahantu hari ibikorwa remeza birimo amazi n’amashanyarazi.
Abatuye ndetse n’abagenda mu mujyi wa Huye baratangaza ko amatara rusange ari muri uyu mujyi no mu nkengero zawo ari igisubizo ku bibazo by’ubujura bwakorwaga nijoro bakaba basaba ko yakomeza akagezwa kure kuko agarukira hafi.
Bahujwe n’umuryango AMI, abacitse ku icumu n’abari barafungiwe icyaha cya Jenoside bo mu Kagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, Akarere ka Huye, bemeranyijwe kwishyura imitungo yangijwe ku buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko ngo bibafitiye akamaro cyane.
Sendashonga Gerard wo mu karere ka Karongi ni rwiyemezamirimo ukora ibintu bitandukanye mu ruhu harimo inkweto, imikandara, ibikapu n’amasakoshi. Amaze imyaka irenga 20 ari byo bimutunze n’umuryango we ku buryo ageze ku rwego rwo gukoresha abandi bantu bane.
U Rwanda n’u Budage byasize umukono ku masezerano arwemerera inkunga ya miliyari 9.8 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu guteza imbere amashuri y’imyuga no gufasha abakene bari mu cy’iciro cy’ubudehe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru, Kabagamba Deogratias aributsa ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke ko kuba bataritabye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) bitavuze nta kosa na rimwe bafite mu micungire y’umutungo wa Leta.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba kwimuka ahazaca umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4/11/2013 bakiriye inkuru nziza yo kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo igomba gusenywa n’ikorwa ry’uyu muhanda.
Ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMA) ku bufatanye na Leta, ryemeye gukoresha uburyo bugezweho bw’ubucukuzi, kugirango umusaruro uva ku mabuye y’agaciro uzabe wikubye kabiri kugera kuri miliyoni 400 z’amadolari bitarenze umwaka wa 2017.
Abatuye umujyi wa Rwamagana bavuga ko inzu idasanzwe yubakwa ku isoko rikuru rya Rwamagana ari ikimenyetso cya ruswa abayobozi benshi baba barahawe ngo bemerere umuturage uri kuyubaka gukomeza ubwubatsi bwe ntawe umukoma imbere kandi idakurikije igishushanyo-mbonera cy’umujyi.
Sosiyete ya Airtel yashyikirije abanyamahirwe ibihembo bitandukanye birimo inka eshatu, itike y’indege ya RwandAir yo kujya Johanesbourg muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihembo bitandukanye birimo amaterefoni, mu gikorwa cya BIRAHEBUJE, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 3/12/2013.
Ikibazo cy’abacungamutungo benshi badafite ubunararibonye buhagije mu kazi kiracyari imbogamizi ikomeye mu Rwanda, ari naho hava n’intandaro y’imicungire mibi y’imari akenshi ikunze kugaragara mu bigo bya Leta.
Urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye ndetse n’igororamuco rurashimira Perezida Kagame kubera ko babasha kunywa amata bayakesha inka makumyabiri yabagabiye. Izo nka zariyongereye nyuma y’uko zimwe muri zo zabyaye, bakaba bafite inka zibarirwa muri mirongo itatu.
Muri ibi bihe byegereza Noheli n’Ububanani, ngo buri wese ashobora gufasha abandi gusoza umwaka no gutangira undi neza, agasangira iby’afite n’abatabigira, nk’uko Uruganda rwa Bralirwa rufite ikinyobwa cya Coca-Cola rubisaba.
Abagize koperative C.T.S.O.R ikora ubucuruzi bw’amata ku isoko rya Base mu karere ka Rulindo tariki 28/11/2013 biriwe mu byishimo aho bashyikirijwe inkunga y’ibikoresho byo kujya babasha gufata neza amata yabo neza bityo akabasha kubonerwa isoko.
Intumwa za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ziri kumwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 28/11/2013 baganiriye n’abaturage bo mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba batuye ahazubakwa isoko ryambukiranya imipaka rya Rugari maze babasaba kugira uruhare mu kwiyubakira iri soko.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu bavuga kuba umuhanda ubahuza n’indi mirenge idakoze neza bituma badashobora gushyikirana n’indi mirenge uko bikwiye, bagasaba ko hagira igikorwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze gukoresha amahirwe bafite bakiteza imbere, kuko umurenge wabo ufite ubutaka bwera neza, ndetse ukaba unakira ba mukerarugendo benshi.
Abarimu, abaganga n’abandi bantu bajijutse bari mu muryango wa FPR -Inkotanyi ariko batari mu nzego z’umuryango, bagiye kwifashwa mu kagari n’imidugudu mu kwigisha abaturage kugira ngo impinduramatwara igamije iterambere igerweho kandi ku buryo bwihuse.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuraga ahari kwagurirwa uruganda rukora sima (CIMERWA) yashimiye aho imirimo yo kubaka uru ruganda igeze kuko ngo nyuma y’amezi 6 abasuye yasanze imirimo iri kwihuta cyane.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Margarita Leoni Cuelenaere, arashima ibikorwa by’ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika ngo kuko bigaragara ko rizazamura aborozi bo mu karere ka Burera bakava mu bukene bakagera ku iterambere rirambye.
Rwiyemezamirimo watsindiye kubaka inyubako nshya y’ahazakorera akarere ka Bugesera, Twahirwa Jean Claude, avuga bitarenze ukwezi kwa gatatu umwaka utaha imirimo yo kubaka iyo nzu izaba yarangiye.
Leta y’u Rwanda n’iy’u Buholandi bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bwo gushyigikira ibikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi mu baturage, aho kuri uyu wa kane tariki 21/11/2013, u Buholandi bwatanze andi mafaranga agera kuri miliyari 3.5 azongera amashanyarazi ku kigero cya 2%.
Abakozi bo mu kigo c’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) bagendereye abanyeshuri biga mu cyigo cy’imyuga (IPRC South) kiri mu karere ka Huye babashishikariza kwihangira imirimo.
Mu rwego rwo gufasha abatishoboye kuzamuka bakava mu bukene, gahunda ya VUP ibaha inguzanyo bashora mu mishinga ibyara inyungu ariko abayihawe igera kuri miliyoni 296 bakomoka mu Karere ka Gakenke ntibishyura neza kugira ngo ahabwe abandi.
Umugore witwa Mukantabana Jaqueline utuye mu murenge wa Mayange mu kagari ka Kibenga mu karere ka Bugesera amaze kugera kuri byinshi abikesheje umwuga wo kuboha agaseke.
Akarere ka Rulindo gakomeje gushyira imbaraga mu guha abaturage bako ibyangombwa nkenerwa mu buzima bw’ibanze birimo amazi, amashanyarazi, imihanda n’ibindi ariko hari aho ibyo bikorwa bitaragera bitewe n’ibibazo bitandukanye cyangwa n’ n’imiterere yaho.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga barinubira amashanyarazi bahawe adahagije kuko ngo ntacyo abamariye dore ko ngo atabasha no guhagurutsa imashini zoroheje zinyuranye bakenera mu bikorwa binyuranye.
Abanyamuryango ba RPF bakorera mu Kigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), bubakiye inzu mugenzi wabo utari ufite aho aba, atanafite ubushobozi bwo kwikodeshereza inzu igaragara yo kubamo.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Ngororero bavuga ko batazongera kwihanganira kubona hari bimwe mu bikorwa remezo byubakwa bitwaye amafaranga atagira ingano nyamara mu gihe gito bikaba byangiritse, ababishinzwe bakavuga ko ari inyigo zakozwe nabi.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.