Umuryango Rwanda Development Solution “RDS” uravuga ko ugiye ku kuzamura abaturage batishoboye bo mu karere ka Ruhango ubageze mu rwego rw’ubukire.
Komisiyo y’igihugu y’abana yahaye umuryango wa Calixte Gasasira na Mujawamariya Cecile isambu ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 950. Uyu muryango mu murenge wa Rwimiyaga ho mu karere ka Nyagatare.
Abaturage bakoze imirimo y’amaboko muri gahunda ya VUP mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro bongeye kugaragaza akanyamuneza mu maso nyuma y’uko babwiwe ko bagiye gutangira guhembwa amafaranga bakoreye guhera mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Nzeyimama Oscar, arasaba abashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga yamurikiwe Perezida Kagame ubwo yasuraga ako karere gukora ibyo bamwemereye bitarenze amezi abiri.
Itsinda ry’impuguke zo muri Kaminuza ya Massachusetts ryitwa J-PAL zakoze inyigo yiswe “From Evidence to Policy” mu bihugu 21 by’Afurika, zivuga ko u Rwanda rugena gahunda zo kugabanya ubukene, zibanje gusuzumwa neza ko ari ngombwa (evidence based policies).
Mu gihe hategurwa umuganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu uzaba tariki 25/05/2013, raporo y’umuganda usoza ukwezi kwa kane wakozwe tariki 27/04/2013 igaragaza ko imirimo yakozwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage byagize agaciro k’amafaranga miliyoni 12 ibihumbi 416 n’amafaranga 900.
Umwiherero w’iminsi ibiri w’abayobozi kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku rwego rw’intara mu Majyaruguru warangiye tariki 21/05/2013 wasize bafashe imyanzuro igera kuri irindwi izatuma ubukungu buzamuka ku kigero cya 11.5%.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Silas Lwakabamba, ari kumwe n’izindi ntumwa zo muri minisiteri ayobora basuye imishinga migari igiye kubakwa mu karere ka Rusizi harimo n’uruganda rwa Nyiramugengeri ruzabyazwa amashanarazi angina na MW15 azakoreshwa mu ruganda rwa SIMERWA rukora sima.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buri mu biganiro n’abashoramari n’abandi bafatanyabikorwa bahakorera kugira ngo barebe uburyo bazanzamura ingengo y’imari y’akarere ya 2013/2014, yagabanyutseho amafaranga agera kuri miliyoni 500.
Abagore bo mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika, mu karere ka Kamonyi, bibumbiye muri Koperative idoda ikanakora ibitenge bavuga ko nyuma yo kwiga umwuga no kwibumbira muri koperative, ingo za bo zimaze gutera imbere.
Mu imyaka itanu, umuryango mpuzamahanga nterankunga ActionAid uzakoresha miliyoni icyenda z’amapawundi yo gutera inkunga imishinga y’ubuhinzi, ubworozi n’ibindi abatuye imirenge 11 iri mu turere dutanu bakwifuza.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’Ikigo nderabuzima cya Bugaragara bibumbiye muri Koperative KOTABU bateye inkunga ikigega Agaciro Development Fund ingana n’amafaranga 510.000.
Umwaka w’ingengo y’imari 2013-2014, uzarangira ubukungu bw’intara y’Amajyaruguru bwiyongereye ku kigero cya 15%, binyuze mu bikorwa bitandukanye bibyara inyungu biboneka muri iyi ntara bigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi.
Itsinda ry’abatwara ibimoto binini b’i Kigali rizwi ku izina rya Kigali Free Biker rifatanyije na bagenzi babo bo mu Karere ka Rubavu bazwi ku izina rya Kivu Bikers basuye abacitse ku icumu bo mu karere ka Gatsibo, umurenge wa kiramuruzi babagezaho ibikoresho bitandukanye.
Nkuko bivugwa mu buhamya butandukanye bwatanzwe na bamwe mu bari n’abategarugori bo mu karere ka Nyagatare biteje imbere, ngo byinshi babikesha ubuyobozi bwiza kenshi bushingiye ku guteza imbere abaturage muri rusange.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga barishimira gahunda ya Leta ifasha abaturage kugira ubushobozi bwo gutunga televiziyo mu ngo zabo ariko bamwe baragaragaza ikibazo cy’ubushobozi buke kuburyo kwitabira uyi gahunda byabagora.
Nyuma yo gusura Uwibutso rwa Mugina rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside isaga ibihumbi 34, tariki 11/5/2013, abakozi ba Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) bemeye gutanga umuganda wo gusana amazu ya bamwe mu bapfakazi ba Jenoside bo mu mudugudu wa Nyagasozi.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye bo mu murenge wa Mutete bashyikirijwe inkunga na World Vision igizwe n’imifuka ya sima 300, inka, imyenda n’ibindi byangombwa byo kubafasha mu mibereho yabo bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 8.5.
Leta y’u Rwanda irateganya ko ingengo y’imari y’umwaka mushya uzatangira mu kwezi kwa Nyakanga, yaziyongera ikava kuri tiliyari 1.3 ikagera kuri tiliyari 1.6, kuko hazongerwa ibikorwa byo kuzamura umusaruro, ubwo gahunda mbaturabukungu ya kabiri EDPRS II, izaba itangiye gushyirwa mu bikorwa.
Mufti w’u Rwanda wungirije, Sheikh Nsengiyumva Djumatatu, yatangije amahugurwa ajyanye n’ubworozi bwa kijyambere agenwe Abasilamukazi bo mu karere ka Nyagatare.
Koperative COMORU igizwe n’abamotari 400 bo mu karere ka Rusizi yashyizwe mu bahatanira igihembo gitangwa na RALGA ku bantu bagaragaje udushya mu kwiteza imbere. Abagize koperative COMORU bubatse inzu y’amagorofa ane babikesheje umusanzu w’amafaranga 500 buri cyumweru.
Mu gihe kitarenze uku kwezi kwa Gicurasi 2013, mu karere ka Nyamasheke haraba hari Station y’amavuta y’ibinyabiziga, ari na yo Station izaba ibonetse muri aka karere kuko indi yigeze kuhaba yashenywe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ntiyongere gukora ukundi.
Abashinzwe umutekano w’ibanze bazwi nka ba Local Defence batanu batoranyijwe nk’indashyikirwa mu karere ka Nyamasheke bahawe inka, tariki 03/05/2013. Guhemba ba Local Defense b’indashyikirwa mu murimo wabo ari ukugira ngo abawukora bawuhe agaciro kandi bawukunde kurushaho.
Abayobozi b’akarere batandukanye, tariki 26/04/2013, bagiranye inama mu rwego rwo gusuzuma impamvu zituma baza ku myanya ya nyuma mu kwesa imihigo banarebera hamwe uko barwana nazo kugirango umwaka utaha bazaze ku myanya ya mbere ishoboka.
Nyuma yuko gare ya Ngoma igaragaye ko iteza impanuka abantu bakagwa mu myobo yari iyirimo bikabatera kuvunuka ndetse n’ibyuma byari birimo bigateza igihombo cy’ibihumbi 100 umushoferi wa taxi ya twegerane, akarere kavuguruye iyi gare.
Umukecuru w’imyaka 75 utuye mu mudugudu wa Nyarunyinya mu kagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, amaze imyaka 4 atunzwe n’akazi ko guhonda amabuye.
Miriyoni 400 z’amadolari y’Amerika zavuye mu mpapuro z’agaciro u Rwanda rwagurishije mu cyumweru gishize, agamije kubaka Hoteli nini yiswe “Kigali Convention Center”, guteza imbere kompanyi y’indege ya Rwandair, hamwe no kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo.
Inama Njyanama y’Akarere ka Gakenke yateranye tariki 26/04/2013, yemeje gahunda y’iterambere ry’akarere y’imyaka itanu izatwara akayabo ka miliyari 37 hatabariwemo amafaranga azaturuka muri Leta.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, ashimira abakozi bitabira umurimo ubabeshaho ugashobora no kwinjiriza igihugu kuko kwitabira umurirmo ari ukwihesha agaciro no kugahesha igihugu.