Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yashyize ahagaragara urubuga rwa internet rugamije gufasha abashaka ibyangombwa byo gutangiza ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.
Gukuraho umuco wo kumva ko kwizigamira ari iby’abafite amafaranga menshi, kongera umutungo no kongera amafaranga azigamwa n’abanyamuryango ni zimwe mu ngamba zafatiwe mu nama rusange ya Zigama CSS yateranye kuri uyu wa 06/11/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke barasaba ko na bo bagezwaho umuriro w’amashanyarazi kuko wabafasha mu kwihuta mu iterambere bihangira imirimo itandukanye ndetse bakabasha kubona serivisi zisaba amashanyarazi hafi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.
Impugucye mu by’ubukungu ku mugabane w’Afurika ziteraniye mu Rwanda ziragaragaza ko umugabane w’Afurika wagombye kugabanya inkunga ugenerwa n’ibihugu byateye imbere ahubwo ugatangira kubyaza umusaruro amahirwe ufite mu kongera ubukungu binyuze mu banyagihugu.
Dukuzumuremyi Viateur, nyiri studiyo Panorama ikorera mu mujyi wa Gakenke, atangaza ko studiyo ye yamufashije kubaka inzu y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aratangaza ko kuba umujyi wa Ngoma uri mu mijyi ikiri inyuma mu majyambere biterwa nuko abayituye bakiziritswe n’imyumvire ya kera ndetse bakaba bataritabira gukoresha inguzanyo z’ibigo by’imari ku buryo bushimishije.
Abaturage bo mu isantire ya Gitwe ihereyere mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba ubuyobozi kubagenera aho bashyira isoko hahagije. Ubuyobozi nabwo bukavuga ko bwiteguye gushyira mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage.
Inzego zibishinzwe ziri kwig ku kibazo gituma isoko rya kijyambere rya Bikingi ryubatswe mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, ryongera kwitabirwa kuko risa nk’aho ryafunze kubera ko ubwitabire bw’abaturage bukiri kucye.
Ministeri y’Imari na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), biratangaza ko umubare w’Abanyarwanda bagana inzego z’amabanki n’ibigo by’imari iciriritse umaze kugera kuri 42% ,mu gihe imibare igaragaza ko uyu mubare wanganaga na 21% mu gihe gishize.
Moteri ifite ingufu College Imena ifite, yarifashije guha umuriro w’amashyanyarazi abatuye umurenge wa Karama, akarere ka Huye, iri shuri riherereyemo, gusa abaturage ntibanyuzwe n’igiciro cy’amafaranga basabwa kugira ngo bemererwe gucanirwa.
Leta ifite gahunda yo kugeza mu gihugu hose gahunda ya VUP, numa yo gusanga hari byinshi yagejeje ku batuye icyaro bakenney, nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Alvera Mukabaramba.
Umujyi wa Kigali ukeneye amazu 340,068, mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ukemure ikibazo cy’imiturire iharangwa, nk’uko byatangazwa n’inyigo yashyizwe ahagaragara kuwa kane tariki 25/10/2012.
Kuva 30/10 kugeza 02/11/2012, i Kigali hateganyijwe inama mpuzamahanga (African Economic Conference 2012) iziga ku mizamukire y’ubukungu muri Africa, n’uruhare rwayo mu guhangana n’ikibazo cy’ubukungu bwifashe nabi ku isi .
Umuhanda Gasaka-Musange wari imbogamizi zatumaga abaturage b’umurenge wa Musange batagera mu mugi wa Nyamagabe ku buryo bworoshye ngo ugiye gukorwa, abaturage b’uyu murenge bakurwe mu bwiyunge.
Abakora umwuga wo kuvujya amafaranga mu mujyi wa karere ka Rusizi babangamiwe na bamwe muri bo babavuyemo bakajya gukorera mu bwihisho rimwe na rimwe bakambura abakiriya bakiruka cyangwa babahenda.
Abaturage babitsa muri Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) barinubira ko iyo Banki imaze iminsi ibaha service mbi, ndetse hakaba n’abavuga ko itakibaha inguzanyo; ubuyobozi bw’iyi banki buvuga ko habayeho impinduka zigamije gukosora ibitagenda neza, kandi ngo amakuru amwe n’amwe usanga ari ibihuha.
Abaturage bo mu karere ka Burera bamaze gutuzwa mu midugudu batangaza ko gutuzwa mu midugudu byabagiriye akamaro kuko amajyambere abageraho vuba kandi bigatuma bataba mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bwo butangaza ko kugeza ubu abaturage barenge 70 ku ijana bafite amazi meza kubera ahaini amasoko y’amazi agaragara hirya no hino mu duce tugize uwo murenge.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, bubifashijwemo n’abaturage bakomoka muri aka karere ariko bakorera hanze yako, biyemeje kwishakamo imbaraga zo kuzamura abaturage 60,08% bari munsi y’umurongo w’ubukene bagatera imbere.
Abagurisha amazi ku mavomero rusange mu karere ka Kayonza barasaba ikigo gishinzwe amazi, ingufu n’isukura (EWSA) kubagabanyiriza ibiciro ku mazi kuko ngo nta nyungu bakuramo.
Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, mu Rwanda hageze indi ndege itwara abagenzi yo mu bwoko bwa bombardier CRJ900 NextGen, ikaba ifite imyanya 75, harimo irindwi y’ubucuruzi.
“Agakiriro” ni igice gishya kigiye kubakwa muri buri karere kizajya gihuriza hamwe ibikorwa by’ubucuruzi bikorwa mu myuga. Iki gice kizafasha urubyiruko kwihangira imirimo no kuyibonera isoko, nk’uko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ibitangaza.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda wahuguye abagore 20 bakennye kurusha abandi bo mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango, ku byerekeranye n’uburyo bwo kwihangira imishinga iciriritse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buraburira abakorera ubucuruzi mu mujyi wa Goma kwigengesera kubera ko uyu mujyi watangiye kugenda uhagarika ibicuruzwa bimwe bivuye mu Rwanda.
Abagore batuye mu mudugudu wa Ngona, akagari ka Rubona, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo, bishyize hamwe binyuze mu mugoroba w’ababyeyi bifuza gukora uruganda rukora inzoga.
Ku cyumweru tariki 21/10/2012 niwo munsi wo gusoza amarushanwa ya Rwanda Inspiration Back Up yateguwe mu rwego rwo kurushaho gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Abagenzi bakoresha umuhanda Rusumo-Ngoma-Kigali batega imodoka za Sotra barinubira ko hari imdoka z’iyi agence zigenda zihagarara mu nzira zishyiramo abagenzi nka twegerane.