Ku baturage ndetse n’akarere ka Nyagatare muri rusange, umwaka wa 2012 bawufata nkutazibagirana cyane mu iterambere ry’akarere kabo bitewe ahanini n’ibikorwa bitandukanye bibyara inyungu byakozwe muri ako karere.
Kuradusenge Mediatrice yabashije kubona amafaranga amurihira amashuri ya kaminuza mu ishuri rikuru rya INES Ruhengeri abikesha ibinyomoro ahinga mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, Niyodusenga Jules, aratangaza ko ingo zirenga 4000 zingana na 80% by’abatuye uwo murenge zizaba zifite amazi meza mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2012-2013.
Mu gihe hari benshi mu rubyiruko rufatirwa mu mijyi nk’inzererezi ruvuga ko rwaje gusha akazi, ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa.
Umugore witeje imbere wo mu karere ka Gicumbi witwa Bayavuge Bernadette yahembwe n’inama nkuru y’igihugu ibihumbi 200 kuko yiteje imbere ahereye ku mafaranga 500 ubu akaba ageze kuri miyoni 4.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imari, Habyarimana Marcel, yasabye abagize inteko rusange y’abagore muri ako karere gushyigikira gahunda ya Hanga Umurimo nk’ imbarutso y’iterambere.
Abakozi b’akarere ka Rubavu bahemberwa muri Banki y’abaturage (BPR) baravuga ko iyi Banki yabarishije imikuru nabi itabagezaho imishahara yabo ariko ubuyobozi bw’iyo banki buvuga ko ikibazo cy’abakozi b’akarere bahemberwa muri BPR cyatewe n’akarere atari banki.
Mu gutaha ku mugaragaro inyubako za SACCO z’imirenge ya Mukingo na Kigoma mu karere ka Nyanza, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, yemeje ko ibi bigo by’imali nta gihombo bizagira kubera uburyo zicunzwemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwateranye tariki 27/12/2012 bwasanze impamvu bagize igihombo mu kwakira imisoro n’amahoro ari ukubera uburyo bwo kwakiramo imisoro bwahindutse.
Abahagarariye abacukuzi b’amabuye mu Ntara y’Uburengerazuba baratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye mu Rwanda bufite intego yo kuzinjiza miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2017.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe batangiye inteko rusange y’iminsi ibiri aho baganira uburyo kwihangira imirimo byabafasha muri gahunda yo KWIGIRA bemeza ko ariyo yakemura byinshi mu bibazo abagore bahura nabyo.
Abakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa kugira gahunda bagenderaho kugira ngo umurimo bakora utange umusaruro kandi uheshe agaciro abawukora.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abikorera bo muri aka karere, mu rwego rwo kubereka ibikorwa bitandukanye biri mu karere bashobora kuba bashoramo imari yabo mu rwego rwo kugira uruhare mu guteza imbere umujyi wa Nyamagabe.
Abacururiza mu mujyi wa Nyagatare batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli wababareye mubi ugereranije n’indi yabayeho mbere dore ko nta bakiriya ahanini bitewe no kubura inyama kubera akato.
Kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2012, amadovize yinjiye mu gihugu avuye mu bukerarugendo yiyongereyeho 14% ugereranije n’ayinjiye muri aya mezi mu mwaka ushize wa 2011. Yavuye ku madorali y’Amerika miliyoni 184,4 akagera kuri miliyoni 210,5.
Ishuri ryigisha ubukerarugendo n’amahoteli (Rwanda Tourism College) ryijeje abanyeshuri baryigamo ko batazigera babura imirimo bakora, bitewe n’icyuho kinini gihari mu gihugu, cyo kubura impuguke mu bijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo.
Abaturage batuye akarere ka Kirehe barema isoko rya Nyakarambi bavuga ko iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani itameze nka mbere kuko ubu amafaranga ari make bitandukanye n’iminsi mikuru yashize.
Ibi byatangajwe ku wa gatanu, tariki ya 21 Ukuboza, ubwo itsinda rishinzwe kugenzura imiterere y’ahazubakwa umujyi ryagiranaga ibiganiro n’izi nzego mu rwego rwo kunoza imigendekere myiza y’iki gikorwa ubwo kizaba gitangiye.
Umukozi ushinzwe ibikorwa bya sosiye y’ishoramari y’i Muhanga SIM (Societe d’investissement de Muhanga), Ntihinyuka Jeremi, aratangaza ko iyi sosiyete itigeze isenyuka ahubwo ngo yagize ibibazo by’ubukungu kubera abo bantu banze gutanga imigabane yabo bari bemeye.
Koperative COOPEDU yasabye abanyamuryango bayo barenga ibihumbi 21 kwemeza ko imitungo bayibitsemo ibaye imigabane, kuko icyari Koperative gihindutse sosiyete y’ubucuruzi COPEDU Ltd, yitegura guhinduka banki y’imari iciriritse mu mwaka w’2014.
Koperative yo kubitsa no kuguriza, Hirwa Rwaniro SACCO yo mu Murenge wa Rwaniro, ni yo yabaye iya mbere mu Karere ka Huye ITASHYE ibiro izajya ikoreramo yiyubakiye. Abakozi bayo bazajya bakorera mu biro byagutse, bavuye gukorera bari baratijwe n’ubuyobozi.
Ngenzi Jean Bosco w’imyaka 30 utuye mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro arashishikariza abandi bantu badafite icyo bakora cyane cyane urubyiruko, guhera kuri ducye bakihangira umurimo.
Umuyobozi w’a karere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, arahamagarira ba rwiyemeza miririmo batsindiye kwishyuza imisoro muri ako karere gukora iyo bwabaga kugira ngo hagaragare umusaruro ushimishije.
Abasore n’inkumi 314 bari bamaze ibyumweru 3 mu Itorero kuri site ya Groupe Scolaire IBUKA mu murenge wa Kabaya bashyigikiye ikigega AgDF bakusanya amafaranga 94200.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko Hoteli iri kubakwa muri ako karere ari igikorwa cy’indashyikirwa ndetse kizagirira akamaro akarere, abakagendamo hamwe n’abaturage b’akarere.
Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Cyprien Mutwarasibo, yibukije abaturage bahawe inka na Centre igiti cy’ubugingo, tariki 17/12/2012, ko kwikura mu bukene bigomba kujyana no kugira isuku.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikangurira Abanyarwanda kurushaho kunoza imitangire ya service mu kazi kabo, imodoka za express zikorera mu karere ka Ngoma ziranegwa ko umuco wo gutanga service zitanoze umaze kuzibamo karande.
Uruganda inyange rwashyize ku isoko umutobe witwa Cocktail juice, ukozwe mu mvange y’amatunda, amaronji n’inanasi, ndetse n’imashini zishyirwamo amafaranga guhera ku giceri cy’100, zigatanga amata, zikazajya zitemberezwa mu baturage hirya no hino mu gihugu.
Mu karere ka Huye haravuga ubutekamutwe bw’abantu basigaye bacuruza amazi mu tujerekani twagenewe amavuta, kuko nta muntu ushobora gufungura ngo arebe ikiri imbere, ubutekamutwe bwibasira abacuruzi n’abaguzi.
Abatorewe gusimbura abatakiri mu nshingano mu rugaga rw’abikorera bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko intego zabo ari ugukora ubuvugizi no guha agaciro ibitekerezo bya buri munyamuryango hagamijwe iterambere ry’urugaga.