Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashishikariza abahinzi b’ingano mu karere ka Burera, ndetse no mu Rwanda muri rusange, guhinga ingano nyinshi kandi nziza kugira ngo amafaranga yaguraga ingano hanze y’u Rwanda, ajye aguma muri abo bahinzi.
Abacuruzi bo mu Mirenge ya Kabarore na Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bavuga ko kutamenya Icyongereza n’Igiswahili zikunze gukoreshwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ari imbogamizi zibakomereye cyane.
Abatuye Akarere ka Gatsibo, mu mirenge ya Kiziguro, Murambi na Kiramuruzi, bavuga ko bagikora hafi ibirometero bitatu bajya gushaka amazi meza.
Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.
Umurenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro, wamuritse isoko rishya rigezweho ryuzuye rigiye gucururizwamo n’abahoze bacururiza mu isoko rishaje rigiye gusenywa, aho akaba ari naho hagiye kubakwa irindi soko najyo rya kijyambere.
Nyuma y’uko umugabo we yinjiye undi mugore akamusigira abana bane babyaranye, Ayinkamiye Clementine utuye mu kagari ka Ruhingo, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro avuga ko yanze gusabiriza no kwandagara ahubwo yiyemeza guhinga no gucuruza isambaza kugira ngo abone ikimutunga.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aravuga ko kuba mu Rwanda serivisi zidatangwa neza uko byakagombye biterwa n’uko mu muco nyarwanda abantu badatozwa uwo muco kuva cyera.
Umuyobozi w’akarere ka gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mujawamariya Therese, yasabye ko nta nkunga y’ubudehe yemerewe gukoreshwa ibindi bikorwa bitajyanye n’icyo yagenewe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (ICPAR), cyahaye impamyabumenyi (ACCA, CPA & ATC) ababaruramari 29 bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga babihuguriwe, mu rwego rwo guharanira ko mu Rwanda haboneka ababaruramari bari ku rwego mpuzamahanga.
Ikiraro gihuza imirenge ya Nyankenke na Manyagiro mu Karere ka Gicumbi cyari cyarabujije ubugenderanire hagati y’abaturage bo muri iyo mirenge nuko abagabo babiri bahitamo kucyiyubakira maze bakirangiza kibatwaye amafaranga miliyoni zirenga 3.
Bamwe mu bakozi bakorera ikompanyi Gitarama Cleaners Services ikora isuku mu bitaro bya Kabgayi barinubira gukoreshwa cyane batakemuriwe ibibazo by’umushahara muto n’ubwishingizi bw’abakozi.
Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, aratangaza ko Minisiteri ayoboye yishimira ibyagezweho mu Rwanda mu gice cy’inganda n’ubucuruzi, kuko inganda n’ibigo by’imari biciriritse ndetse n’ibyoherezwa hanze byiyongereye muri rusange.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusizi baratangaza ko iminsi mikuru isoza umwaka yaje nta mafaranga bafite bityo bakaba batarishimye nkuko bari basanzwe babigenza.
Abagenzi bakunze gutega imodoka za KBS bakorera mu majyaruguru bavuga ko batishimiye uburyo iyi sosiyete ibaha service muri ino minsi kuko ngo baba baraguze amakarita abahesha uburenganzira bwo kugenda mu modoka za KBS nyamara zikabasiga ku muhanda.
Abadozi badodera iruhande rw’abacuruzi b’ubuconsho ndetse n’iruhande rw’abacuruza imyenda mu isoko ryo ku Karambi ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, ngo babangamira aba bacuruzi kandi aribo barishye ibibanza ndetse ngo banabateza abajura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko umwaka wa 2012 utazibagirana kuko usize ubufatanye hagati y’abikorera n’ubuyobozi bw’akarere bwararushijeho kunozwa, ukaba urangiye biyemeje gukora imishinga minini izarushaho guhindura isura y’umujyi wa Nyamagabe.
Abaturage barema isoko ryo ku Karambi mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye bavuga ko bataryohewe n’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani kubera ahanini ubukene batewe no kuba ibiciro by’ikawa byaraguye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abaturage bako barishimira ko umwaka wa 2012 urangiye usize umuhanda wa kaburimbo ari nyabagendwa kandi muri aka karere hakaba haruzuye ibitaro bya Bushenge bizatuma ubuzima bw’abatuye aka karere bwitabwaho uko bikwiye.
Ku baturage ndetse n’akarere ka Nyagatare muri rusange, umwaka wa 2012 bawufata nkutazibagirana cyane mu iterambere ry’akarere kabo bitewe ahanini n’ibikorwa bitandukanye bibyara inyungu byakozwe muri ako karere.
Kuradusenge Mediatrice yabashije kubona amafaranga amurihira amashuri ya kaminuza mu ishuri rikuru rya INES Ruhengeri abikesha ibinyomoro ahinga mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, Niyodusenga Jules, aratangaza ko ingo zirenga 4000 zingana na 80% by’abatuye uwo murenge zizaba zifite amazi meza mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2012-2013.
Mu gihe hari benshi mu rubyiruko rufatirwa mu mijyi nk’inzererezi ruvuga ko rwaje gusha akazi, ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa.
Umugore witeje imbere wo mu karere ka Gicumbi witwa Bayavuge Bernadette yahembwe n’inama nkuru y’igihugu ibihumbi 200 kuko yiteje imbere ahereye ku mafaranga 500 ubu akaba ageze kuri miyoni 4.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imari, Habyarimana Marcel, yasabye abagize inteko rusange y’abagore muri ako karere gushyigikira gahunda ya Hanga Umurimo nk’ imbarutso y’iterambere.
Abakozi b’akarere ka Rubavu bahemberwa muri Banki y’abaturage (BPR) baravuga ko iyi Banki yabarishije imikuru nabi itabagezaho imishahara yabo ariko ubuyobozi bw’iyo banki buvuga ko ikibazo cy’abakozi b’akarere bahemberwa muri BPR cyatewe n’akarere atari banki.
Mu gutaha ku mugaragaro inyubako za SACCO z’imirenge ya Mukingo na Kigoma mu karere ka Nyanza, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, yemeje ko ibi bigo by’imali nta gihombo bizagira kubera uburyo zicunzwemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwateranye tariki 27/12/2012 bwasanze impamvu bagize igihombo mu kwakira imisoro n’amahoro ari ukubera uburyo bwo kwakiramo imisoro bwahindutse.
Abahagarariye abacukuzi b’amabuye mu Ntara y’Uburengerazuba baratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye mu Rwanda bufite intego yo kuzinjiza miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2017.