Visi perezidante wa Sena y’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanne d’Arc Gakuba, tariki 28/06/2014, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu muganda wo kubakira umusaza Gakunzi Abdou w’imyaka 81 y’amavuko wirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga ku bijyanye n’imiyoborere myiza n’iterambere rirambye ibera mu Rwanda, ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyahuguye abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Byumba IPB (instutit Polytechnique de Byumba) ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Abagore bo mu Rwanda baracyabangamiwe n’ubukene n’ubumenyi bucye bwo kwiteza imbere, n’ubwo ku rundi ruhande bishimira intambwe bateye mu zindi nzego zirimo guhabwa imyanya mu buyobozi no kuba abenshi basigaye basobanukiwe n’uburenganzira bwabo.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yateranye tariki 27/06/2014, yasabye ko mu mezi atatu ikibazo cya farumasi y’akarere ndetse n’icy’ishuri GS Bukomero bigomba kuba byacyemutse.
Abagabo 347 bahoze bacuruza, batunda ndetse bananywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu karere ka Burera bazwi ku izina ry’Abarembetsi, barahiriye imbere y’umuyobozi w’akarere ka Burera ko baretse ibikorwa byose by’uburembetsi.
Urubyiruko 600 rwavuye mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru na tumwe two mu Burengerazuba rwitabiriwe ibiganiro by’iminsi itatu byiswe “kwibohora 20” rurasabwa kutaba ibikoresho by’abantu bashaka guhungabanya umudendezo w’u Rwanda no gusenya ibyiza byagezweho.
Mu muganda wo kuri uyu wa 28/6/2014, Abayobozi bakuru b’igihugu batashye amazu bubakiye abatishoboye biganjemo abarokotse Jenoside i Rushehe mu karere ka Kicukiro.
Ingengo y’imari y’akarere ka Burera y’umwaka wa 2014-2015 yagabanutseho amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 300 ugereranyije n’iy’umwaka ushize wa 2013-2014.
Amashyirahamwe y’abafite ubumuga bwo kutumva(RNUD) abagore n’abari batumva ntibavuge(RNADW), hamwe n’abafite ubumuga bwo kutabona (RUB), arasabira bagenzi babo bakomatanya ubwo bumuga bwose cyangwa uburenzeho, kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko; mu rwego kugabanya ikigero cy’ihezwa ribakorerwa.
Akarere ka Gasabo kemeje ingengo y’imari kazakoresha umwaka utaha igera kuri miliyari 15 na miliyoni 468, amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu mibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza ndetse n’ibikorwa by’iterambere.
Urubyiruko rurasabwa gushingira ku mahirwe yo kugira igihugu cyiza maze bakayakoresha biteza imbere, mu rwego rw’ibiganiro bitegura isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abasore n’inkumi bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’ab’Iburengerazuba bagera kuri 600 bari mu biganiro byateguwe mu ntumbero gutegura urubyiruko kugira ngo ruzizihize imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nta macakubiri ababoshye.
Mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke bibumbiye mu rugaga rwitwa JADF, bakoze inama yo kumurika ibyo bagezeho n’ibyo bazakira umwaka utaha barasabwa guhiga ibyo bashobora kuzahigura aho guhiga byinshi bakazakora bike.
Musabyimana Jean Claude amaze gutorerwa umwanya w’umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere mu matora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 27/06/2014.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru, hagamijwe guha imbaraga itangazamakuru ryubaka iterambere rirambye, abayobozi n’abanyamakuru basabwe kunoza ubufatanye birinda ko buri ruhande rushaka gusenya urundi.
Mu rwego rwo gutegura igikorwa cyo kwita izina ingagi kizabera mu karere ka Musanze mu Kinigi kuwa 1 Nyakanga 2014, mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Basumba, hatashywe ikigo cy’amashuri abanza cya Basumba, rwego rwo gusaranganya n’abaturage inyungu ziva kuri Pariki y’ibirunga baturiye.
Itsinda ry’urubyiruko rw’Abafaransa na bagenzi babo bo mu Burayi bari mu ruzinduko mu Rwanda barasaba ko hagaragazwa ukuri ku ruhare rw’Ubufaransa na bamwe mu bari abayobozi babwo muri Jenoside yakorwe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, arasaba abakuru b’imidugudu 317 igize aka karere ka Kamonyi kugira imyumvire myiza kuri gahunda za Leta, maze imikorere ya bo ikabafasha gutera imbere, kandi bakagira uruhare mu kubungabunga umutekano w’igihugu.
Intore 940 zasoje urugerero zari zimazeho amezi arindwi mu karere ka Rulindo, umuhango ukaba wabereye mu murenge wa Buyoga tariki 24/06/ 2014.
Ba rwiyemezamirimo batandukanye n’abahagariye ibigo by’imari n’amabanki bikorera mu mujyi wa Kigali, bahuye bacoca ibibazo hagati yabo, aho bamwe bashinja abandi kubarushya mu kubaha inguzanyo mu gihe abandi nabo bavuga ko abacuruzi batanyurwa n’ibiciro babaheraho.
Abatishoboye biganjemo abakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barimo kwiyandikisha ngo bazahabwe amafaranga y’ingoboka azatuma bava mu bukene bakagera ku buzima bwiza bukwiye umunyagihugu w’umunyarwanda, nk’uko biri muri gahunda y’igihugu yo kuvana abaturage mu bukene izwi ku zina rya VUP (vision (…)
Uruhare rw’imikorere inoze n’urubyiruko mu iterambere rirambye niyo nsanganyamatsiko nyamukuru igiye kwigwa mu nama mpuzamahanga u Rwanda ruzakira mu ntangiriro z’icyumweru gitaha igamije gushaka umuti w’imiyoborere myiza.
Abakozi bakora mu ruganda rw’isukari rwa Kabuye Sugar Works SARL bemerewe kuzamurirwa umushahara bahembwaga ho 25%, nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’iki kigo gisanzwe gifitwe na Sosiyete yitwa Madhvani Group yo mu Buhindi.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Ikiraro gishya na One Stop Border Post biri kubakwa ku mupaka wa Rusumo ngo bizaba igisubizo ku mbogamizi zibangamiye ubwikorezi muri Afrika y’Uburasirazuba nk’uko byemejwe utsinda ryarimo Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba n’intumwa z’igihugu cy’ubuyapani ubwo basuraga uyu mupaka kuri uyu wa 24/06/2014.
Abanyarwanda 33 batahutse kuri uyu wa kabiri tariki 24/06/2014 bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko kuba bataratahukiye ku gihe kandi igihugu cyabo kirimo umutekano ngo akenshi biterwa na bagenzi babo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bababuza gutahuka bababwira ko ibyo bahunze bitararangira.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Young Generation Forum, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu karere ka Karongi rugamije kwigira ku butwari bwaranze Abasesero maze runaha abagizwe incike na Jenoside bo mu Bisesero inka ebyiri zifite agaciro k’amafaranga 600,000Rwf.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barashima ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) cyatangijwe kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 na gereza ya Nyanza ngo kizarangira hubakiwe abatishoboye amazu 10 yo kubamo nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iyo gereza.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba na Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, bari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ibikorwaremezo no muri EWSA basuye umushinga wa KivuWatt basaba ko utakomeza guhindura igihe cyagenwe mu masezerano yo kubyaza gaz methane mo (…)