Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyafashe toni 10 z’ikawa yaguzwe mu Rwanda, ijyanywe mu gihugu cya Ugande mu buryo bwa magendu.
Abatuye ahari gukorwa umuhanda uhuza Utugari 2 mu karere ka Rutsiro batangaza ko batunguwe no kubona umuhanda ukozwe bakarandurirwa imyaka batarabimenyeshejwe.
Nyuma yo guhugurwa mu kwihangira imirimo urubyiruko,mu karere ka Ngoma rutangaza ko hakiri urubyiruko rurangije amashuri rusuzugura imishinga y’igishoro gito.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira ko bamaze kubona amapoto y’umuriro, ariko ngo bifuza kumenya igihe bazacanira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butare mu Karere ka Rusizi Nsengimana Claver nawe yanditse asaba kwegura ku mirimo ya Leta.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi bakorera mu muhanda Dar es-Salaam-Kigali kugabanya umuvuduko wo nyirabayazana w’impanuka zikomeje gutwara abantu.
Kuri uyu wa 15 Ugushyingo abagabo 3 bo mu murenge wa Karama Akarere ka Nyagatare bafunzwe bakekwaho kugaburira abaturage inyama z’imbwa.
Uruganda rushya rw’amazi rwubakwa mu Nzove ndetse no kongerera ubushobozi urwari ruhasanzwe bigiye gukemura burundu ikibazo cy’amazi mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aratangaza ko abatuye uyu mujyi badakwiye guhangayikishwa n’impinduka zihagaragara kuko biri mu biranga iterambere.
Mu gusoza icyumweru cyo kumenyekanisha amahirwe yo kuba muri EAC, abaturiye umupaka wa Rusumo basabwe kuwugirira isuku batera ibiti banabungabunga ibikorwa remezo.
Abaturage baturiye umupaka wa Rusizi ya mbere na Bukavu bakomeje kwibaza impamvu ikiraro gishya gihuza ibihugu byombi kidakoreshwa kandi cyaruzuye.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko abana babo barwara bwaki kubera kutitwabwaho n’ababyeyi bombi.
Abayobozi n’abaturage b’Akarere ka Bugesera barasabwa kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma igera ku ntego zayo.
Ribambere Diel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu Murenge wa Mbuye, yafashwe n’abanyerondo ku wa 14 Ugushyingo 2015, ngo agiye kwiba imyumbati baramukubita kugeza apfuye.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi batangaza ko ubukene ari bwo bubatera kutubaka ubwiherero bwujuje ibisabwa ngo bongere isuku yo mu ngo.
Bibiliya yahoze yanditse mu Kilatini ariko inyandiko "Dei Verbum", yatumye iki gitabo gishyirwa mu zindi ndimi, n’Ikinyarwanda kiboneraho mu 1990.
Kuwa 13 Ugushyingo, imiryango itandukanye n’amatorero bikorera muri Ngororero batangije umushinga witwa SUN ugamije kurwanya imirire mibi muri aka karere.
Nyuma y’imyaka ibiri n’igice ari mu bucuruzi bw’isombe, Uramukiwe Immaculee ahamya bwamugejeje kuri byinshi birimo inzu ya Miliyoni eshanu.
Abatuye mu Karere ka Ngoma bifuza ko buri Munyarwanda akwiye kuba umurinzi w’igihango mu gushimangira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Abayobozi b’ishyaka PL mu Rwanda baributsa abayoboke baryo ko umuco wo gukunda igihugu ari inshingano atari amahitamo nk’uko bamwe babitekereza.
Urubyiruko ruhuriye mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba rwiyemeje kuba umusemburo w’iterambere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yihanganishije imiryango n’inshuti baburiye ababo mu bitero by’ibyihebe byagabwe i Paris mu Bufaransa.
Perezida w’Ubufaransa François Hollande aratangaza ko igihugu cye kinjiye mu cyunama cy’iminsi itatu kubera ibitero byabereye i Paris bagahitana abantu babarirwa mu 120.
BDF ikomeje kongera umubare w’abahuguriwe kwihangira umurimo kugira ngo babe ari bo bazatanga akazi mu rwego rwo kunganira Leta.
U Rwanda rwakiriye Komisiyo yitwa EASTECO y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EAC) tariki 13 Ugushyingo 2015, ikaba ishinzwe guteza imbere ubumenyi(siyansi), ikoranabuhanga n’ubuvumbuzi.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba hari imiryango isigaye ibana neza kandi yararangwana n’amakimbirane ibikesha Abarinzi b’Igihango.
Umuyobozi w’umuryango w’ibihugu by’uburayi mu Rwanda atangaza ko batajya baterwa impungenge n’amafaranga baha u Rwanda kubera icyizere rumaze kubabakamo.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana Abdullah Munyemana ari afunze guhera tariki 10/11/2015, akurikiranyweho ibyaha 3 birimo no kunyereza umutungo wa Leta.