Bamwe mu bikorera bashyira ibyapa ku muhanda Muhanga-Ngororero bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura biba ibyapa byabo, kandi bituma babona abakiriya
Umushumba wa Kiriziya Gatolika Papa Francis yakiriwe Perezida Uhuru Kenyatta ku isaha ya saa kumi n’iminota 50 zo muri Kenya.
Mu rugendoshuri bagiriye mu Karere ka Nyanza, abadepite bagize Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu cya Ghana bashimye uko umutungo wa Leta ukoreshwa.
Kubwimana Emmanuel ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho kunyereza ifumbire.
Ababyeyi bafite abana mu kigo ngororamuco cya Nyagatare barasabwa kubasura kuko bibarinda kwigunga no kwiyumva bameze nk’ibicibwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abafite amasambu bahingamo mu mujyi wa Musanze kubireka kuko biteza akajagari n’isuku nke.
Abanyanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari bashyikirijwe terefoni zo mu bwoko bwa “smartphones”, bahamya ko zizabafasha kwihutisha gutanga amakuru ajyanye n’akazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko muri Miliyoni 280 zanyerejwe muri gahunda ya VUP hamaze kugaruzwa izigera kuri ebyiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Rusizi bamaze imyaka itatu bishyuza umurenge amafaranga yabo ariko amaso yaheze mu kirere.
Nikuze Vestine wigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Murama mu murenge wa Musasa mu karere Rutsiro arwaye impyiko 2 ubu agiye kuzivuriza mu Buhinde.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba abaguze ubutaka kwihutira gukora ihererekanya bubasha kugirango hirindwe amakimbirane hagati y’abaturage.
Nyuma y’aho bigaragariye ko hari abaturage bakorewe akarengane mu kubimura ku bw’inyungu rusange, mu karere ka Nyaruguru hashyizweho itsinda ryo gusuzuma ako karengane.
Abakozi ba Entreprise Seburikoko banze gutanga ibikoresho byayo byatejwe cyamunara n’urukiko ahubwo bahitamo gufatira abari baje kubitwara.
Hakizimana Tharcisse uyobora urwunge rw’amashuri rwa Mungote mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kunyereza ibikoresho by’ishuri.
Abaturage bo mu murenge wa Kitabi, basanga iyo ubuyobozi bubakemuriye ibibazo ari nk’umuti, kuberako haba hari ibibazo byinshi biba byarananiranye.
Nangwahafi Consolée wo mu kagari ka Muhamba umurenge wa Gahara ababazwa n’ubumuga bw’umwana amaranye imyaka 10 bukaba bwarananiye n’abavuzi.
Ghana yahagaritse gusaba Abanyarwanda viza batemberera muri icyo gihugu, kugira ngo yubahirize igikorwa Leta y’u Rwanda yakoze yo gukuriraho visa Abanyafurika.
Umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, urasaba ababyeyi guhagurukira ikibazo cyugarije urubyiruko cyo kutamenya imyororokere yabo, kuko kenshi bipfira hasi.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke barasabwa kugendana n’igihe, bakareka imigenzereze ya kera, bakava mu bujiji, bihatira kugira isuku kandi bizigamira.
Abapolisi bakuru 60 bo muri bimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015 batangiye icyiciro cya kane cy’amahugurwa yo kubungabunga amahoro ku isi.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, yasambuye amashuri inasenyera abaturage 13.
Inkuba yakubise mu rugo rw’umuryango wa Nzitibanje Theoneste, tariki ya 21/11/2015, umugore we Mukandayisenga Jeannette ahita yitaba Imana, abana barahungabana.
Ambasaderi Fatuma Ndangiza akaba n’umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB aratangaza ko ukwezi kw’imiyoborere kuzibanda ku bibazo by’abaturage bamburwa ibyabo.
Abaturage b’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, barishimira imiyoborere u Rwanda rufite kandi bakavuga ko ukwezi kw’imiyoborere kubakemurira ibibazo.
Komisiyo y’Abakozi ba Leta yatangaje kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015, ko 13% by’abashaka akazi muri Leta binubira ruswa iba mu itangwa ryako.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro rishyira uyu wa 23 Ugushingo, yasenyeye abaturage 10, isenya n’inyubako z’ishuri mu Murenge wa Ngera.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Karongi barasabwa gukora ibishoboka, icyumweru cyahariwe imiyoborere kigasiga ibibazo bikigaragara mu baturage byakemutse.
Abarokotse Jenoside batishoboye batuye mu Karere ka Gicumbi barasaba gusanirwa amazu yabo muri ibi bihe by’imvura kuko amwe bayagiyemo ataruzura.
Never Again Rwanda yaganirije urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye uburyo bwo kubaka amahoro arambye mu Rwanda.
Bamwe mu bayobozi b’ishyaka PL riharanira ukwishyira ukizana baragaragaza ko kuba urubyiruko rukomeza guhura n’ubushomeri, ari ikibazo gihangayikishije kibangamiye iterambere.