Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’umuryango ureberera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi (IBUKA) muri aka karere, bavuga ko kugeza ubu nta warokotse Jenoside utishoboye utarubakirwa inzu yo guturamo.
Abaturage batuye Akagari ka Bweramvura mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’inzara bagiye kumarana hafi amezi 2 batewe n’imvura irimo amahindu yaguye mu gace kabo ikangiza imyaka yose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko bwahagaritse abakozi 6 bakora mu nzego zinyuranye kubera kwitwara nabi mu kazi bari bashinzwe.
Itsinda ry’abarimu n’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya St Andrews mu Bwongereza ariko baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku isi, babwiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabakiriye, ko mu byo bagiye kubwira amahanga harimo ko abanyarwanda bacyifuza gukomeza kuyoborwa nawe, na nyuma ya manda ya kabiri izarangira muri 2017.
Ihuriro ry’abagore bo mu bihugu by’ibiyaga bigari by’u Rwanda, u Burundi na Congo Kinshasa, COCAFEM, ngo ririshimira intambwe umugore amaze kugeraho muri aka karere ariko bagasaba za Leta z’ibihugu byabo ko uburinganire bwarushaho kwitabwaho no mu myanya ifata ibyemezo.
Uwahoze ari umurwanyi wa FDLR akaza kujyanwa Kanyabayonga na Kisangani yatorotse inkambi yiyizira mu Rwanda tariki 15 Werurwe 2015, kubera ko yajyanyweyo ku gahato nyuma y’uko abayobozi be bamenye ko ashaka gutaha mu Rwanda.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irasaba abakozi b’uturere bashinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango, n’abakozi b’inzu z’ubufasha mu mategeko (MAJ) bashinzwe kurwanya ihohoterwa, kujya kwigisha abaturage uburyo bakwirinda ibibazo bitandukanye bigaragara mu ngo.
Abarokokeye mu Bisesero batangaza ko badateze kwibagirwa uburyo ingabo z’Abafaransa zabasabye kuva mu bwihisho, ariko bamara kwigaragaza zikabasiga mu bitero by’interahamwe ari naho haguye benshi muri bo.
Nyuma y’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa gatanu tariki 20 Werurwe 2015, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame igafata ibyemezo binyuranye, Abaminisitiri batandukanye bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku wa mbere tariki ya 23 Werurwe 2015 kugira ngo babasobanurire iyo myanzuro bayigeze ku banyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo arakangurira abayobozi b’ibitangazamakuru n’abanditsi bakuru kugira ubushishozi mu gihe batunganya inkuru zigenewe abasomyi babo, kugira ngo babagezeho amakuru y’ukuri kandi yujuje ibisabwa byose.
Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Uwumusebeya mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru baturiye ishyamba rya Nyungwe baravuga ko inyamaswa zitwa “Ibihinyage” zituruka muri iri shyamba zikaza kubonera, kandi ntibishyurwe.
Abakecuru b’incike umunani baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Kamonyi babana mu nzu bubakiwe mu Mudugudu wa Munyegera, Akagari ka Bugarama, ho mu Murenge wa Kayenzi, barishimira uko babayeho kuko mbere bagiraga ikibazo cyo kuba bonyine.
Bagirinshuti umusaza utuye i Jenda mu Karere ka Nyabihu, kimwe na bamwe mu baturage bo muri ako karere, aravuga ko abavutse mu gihe cya Jenoside na nyuma yaho gato na bo ngo bakeneye gushimira Perezida Kagame ibyo yabakoreye n’aho abagejeje bamutora cyane ko ngo ari bwo bageze mu myaka yo gutora.
Umugore witwa Odette Nyiraneza yahaye imbabazi umugabo we, Vincent Nyarwaya mu ruhame bariyunga, nyuma y’imyaka 8 avuye muri gereza kubera icyaha cya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akinjira undi mugore.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan na Noteri muri ako karere, Kayitesi Judith bamaze kugezwa mu bushinjacyaha bakurikiranyweho ibyaha bya Ruswa.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bakeneye ikindi gikombe cy’imihigo gitaha iwabo i Nyamasheke, dore ko aka karere gaheruka icyo kegukanye mu mwaka w’2010.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kamiro, Akagari ka Bwama, Umurenge wa Kamegeri, Akarere ka Nyamagabe batanze amafaranga ngo begerezwe amashanyarazi barategereza baraheba, bakaba batazi irengero ry’amafaranga yabo.
Mu Karere ka Rulindo mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi uba ku wa 20 Werurwe, batashye imiyobora y’amazi ibiri, umwe wo mu Murenge wa Tumba n’undi wo mu Murenge wa Mbogo.
Umugore witwa Uzamushaka Julienne w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiseke mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza avuga ko imiyoborere myiza yamukijije ihohoterwa yari amaze imyaka irindwi akorerwa n’umugabo we.
Mu gihe bari bafite abana bagera kuri 59 bagaragarwaho n’ibibazo by’imirire mibi, Ubuybozi bw’Umurenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara ndetse n’abahatuye baravuga ko ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi cyarangiye kubera inyigisho bahawe mu gihe umwaka wa 2013 warangiye muri uwo murenge habarurwa abana 59 bafite (...)
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz RAB 851 I-RLO516 Remorque, yageze ahitwa ku kuri 40 mu Kagari ka Munini, Umurenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango mu gihe cya saa munani z’ijoro zo kuri uyu 22 Werurwe 2015, ikatira indi modoka yahapfiriye ifite purake RAB 597 f, irenga umuhanda iragwa.
Abakorerabushake b’Umuryango Mpuzamahanga ‘Save the Children/VSO’, barimo guhugura abanditsi b’ibitabo nyarwanda n’abashushanya barenga 20, k’uburyo bwo kwandika ibitabo by’abana.
Mushimiyimana Jacqueline w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere Nyagatare yitabye yitabye Imana naho batatu barwariye mu Bitaro bya Nyagatare nyuma y’aho kuri uyu wa 18 Werurwe 2015 bariye inka yipfushije bikekwa ko yari irwaye indwara bita ubutaka.
Uko isi igenda iba nk’umudugudu, ni ngombwa ko n’abantu biga indimi nyinshi zikoreshwa cyane ku isi kugira ngo babashe kwibona no kwisanga aho ari ho hose ku isi bajya gushakira amaramuko.
Imbwa zihumurirwa zikamenya aho ibiyobyabwenge bihishe nizo ziri kwifashishwa mu gutahura ibiyobyabwenge mu Karere ka Kirehe.
Bugingo Emmanuel, umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri y’umuco na Siporo (MINISPOC) aratangaza ko umukozi wa Leta utitabiriye Siporo bateganyirijwe kandi atahawe inshingano n’umukoresha we afatwa nk’uwataye akazi.
Imiryango ibiri ituye mu Mudugudu wa Rubaya mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero yubatse ku nkombe z’umugezi wa Giciye, irasaba ubufasha ngo yimuke aho hantu kuko iyo umugezi wuzuye ugera ku mazu yabo.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mirire n’iterambere ry’ubuhinzi (FAO), barimo gufasha imiryango y’abanyarwanda bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo hamwe n’abandi bakene kwiteza imbere babinyujije mu buhinzi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, Sebagabo Jimmy, yatawe muri yombi nyuma y’uko abaturage ku wa 18 Werurwe 2015 bagaragarije mu ruhame ko abarenganya bikabije ndetse akaba arya ruswa.
Abaturage b’Umudugudu wa Rebero, Akagari ka Rugari ko mu Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare barashinja umukuru w’umudugudu wabo, Hamiri Emmanuel gukoresha ikimenyane no kurya ruswa muri gahunda ya Girinka.