Mu murerenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi havumbuwe umurima uteyemo ibishyimbo bivanze n’urumogi rwinshi. Aho uyu murima uri mu mudugudu wa Rushakamba buri munsi haba hari abasore bahanywera urumogi.
Abasore batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa urumogi ubwo bari barutwaye kuri moto bari kurunyuza mu karere ka Musanze bagerageza kwerekeza mu mujyi wa Kigali.
Ubwo mu karere ka Rusizi hakorwaga umukwabu ku mugoroba wo kuwa 07/10/2013, hafashwe abantu 49 harimo uwafashwe arimo gutobora inzu afite n’imyenda yari amaze kwiba.
Ngendahayo Emmanuel wo mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Ngoma, mu murenge wa Nyamiyaga; yatewe icyuma na Niyonshuti ukora akazi ko kubaga inka, nyuma yo gushyogoranya bapfa umugore utuye mu mudugudu wa Buhoro.
Umugabo witwa Nkuriza Laurent ukomoka mu murenge wa Murambi ho mu karere karere ka Rulindo yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe aho yakoraga akazi ko gucukura amabuye y’agaciro tariki 07/10/2013 saa tatu za mugitondo.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu kagari ka Rwinume mu murenge wa Juru arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata kuva tariki 07/10/2013 nyuma yo gukuramo inda yari atwite ifite amezi atanu.
Nzabonimpa Emmanuel wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afungiwe kuri stasiyo ya polisi ya Rukara, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umuntu bikamuviramo gupfa kubera amafaranga 50 y’u Rwanda.
Ku biro bya polisi yo mu mujyi wa Butare hafungiye ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAB 138W, izizwa kuba yikoreye umutwaro muremure cyane waje no guca insinga z’amashanyarazi zambukiranya umuhanda ahitwa mu Gako ho mu Karere ka Huye.
Kubwimana w’imyaka 26 y’amavuko wo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba akaba yacuruza inzoga itemewe ya kanyanga yaguye mu gihugu cya Uganda ubwo yari agiye kurangura iyo azana mu Rwanda.
Abacuruzi bacururiza ahitwa mu Gitega no mu tundi duce tw’ubucuruzi two mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bukorwa n’abana bato bataye ishuri birirwa bazerera kuri utwo dusantere.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite purake RAC 788 K, yari itwawe na Hategekimana Jacques, yabuze feri igonga umukingo ikomeretsa Mutangana Aloys ari nawe nyirayo ku mugoroba wa tariki ya 06/10/2013.
Ibigo by’abikorera ndetse n’ibya Leta bikorera mu karere ka Gicumbi birashaka kwishyira hamwe bikagura kizimyamwoto nini igendera ku modoka igurwa 50.000.000frs yo kubafasha igihe habaye impanuka y’inkongi y’umuriro.
Police y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umugabo witwa Nzamurambaho Jean Damascene Ufite imyaka 28 wemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 4 tariki 05/10/2013.
Ndaruhutse Jean Nepomuscene ari mu maboko ya police mu karere ka Ngoma akurikiranweho kwica umwishywa we Ngenzi Jean Paul w’imyaka 19 yareraga kuva akiri umwana kuko ababyeyi be bitabye Imana.
Abasore babiri bakorera ibitaro bya Kabaya mu karere ka Ngororero bafungiye kuri polisi ikorerera ku Kabaya bakurikiranyweho gufata ku ngufu umwarimukazi ukorera muri uwo murenge.
Nyuma y’iminsi mike umugore wo mu Burundi yoherejwe iwabo n’akarere ka Rusizi kubera uburwayi bwo mu mutwe afite, abaturage batunguwe no kubona agarutse avuga ko intego yari yamuzanye itararangira.
Emmanuel Sibomana ufite imyaka 30 y’amavuko uvuka mu karere ka Rusizi na Aniceth Nsanzumuhire w’imyaka 25 wo mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri Polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakurikiranywe ho kwiba moto mu mujyi wa kIgari bakza kuzigurisha mu karere ka Ngororero.
Mu kagari ka Gasura, umurenge wa Bwishyura akarere ka Karongi, imbere ya kariyeri y’abashinwa bakora umuhanda, hari ikibazo cy’isuku n’umutekano mucye biterwa n’utubari tuhacururiza urwagwa n’umusururu bikurura n’uburaya.
Inka y’umuturage witwa Muvunandinda Bernard utuye mu mudugudu wa Rugarama mu Kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yakubiswe n’inkuba irayihitana tariki 3/10/2013 ahagana saa munani z’amanywa.
Umugore witwa Akimanizanye Pelagie utuye mu Mudugudu wa Murambi, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke yarwanye n’umugabo we amuruma ugutwi kwenda kuvaho amushinja ko amuca inyuma.
Ndayishimiye Theophile w’imyaka 28 wo mu kagari ka Rwinyana umurege wa Bweramana mu karere ka Ruhango, yatawe muri yombi aha umupilisi ruswa y’ibihumbi 22 tariki 03/10/2013, kugirango bafungore muramu we.
Inka y’umuturage witwa Sebarobyi Daniel utuye mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bayitemye ukuguru, umwe mu bakekwaho kugira uruhare muri urwo rugomo akaba yarahise atabwa muri yombi.
Abagizi ba nabi bishe batemaguye umugore witwa Mukampore Margueritte w’imyaka 32 wo mu kagari ka Dihiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera ndetse banakomeretsa umwana we yari ahetse ufite umwaka umwe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana icumbikiye abantu 62 bafatiwe mu nkengero z’umujyi wa Rwamagana, bakekwaho kugira uruhare mu byaha birimo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura n’ubwambuzi, uburaya no gushora urubyiruko mu busambayi.
Abanyekongo 5 n’Umunyarwanda umwe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 2/10/2013 bashaka guha ruswa Polisi icunga umutekano wo mu mazi (Marine) mu karere ka Nyamasheke kugira ngo ibasubize imitego itemewe yari yabafatanye.
Mu ijoro rishyira tariki 3/10/2013, abajura bataramenyekana bateye kuri Paruwasi ya Ngamba iherereye mu murenge wa Ngamba bahiba amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 200 baniba imyenda ifite agaciro k’ibihumbi 250 mu nzu y’ubudozi y’ishyirahamwe ry’abajyanama b’Ubuzima.
Imwe mu ihoteri ikomeye yo mu mujyi wa Nyanza “Dayenu Hotel” mu rukerera rwa tariki 3/10/2013 ahagana saa cyenda z’ijoro yatewe n’abajura yibwamo ibintu bitandukanye birimo inzoga zihenze n’ibindi bintu by’agaciro.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi yabaye tariki 01-10-2013, abayobozi b’imirenge yose uko ari 13, kwikubita ahashyi bagahagurukira amarondo kuko bimaze kugaragara ko henshi batezutse bikaba ari imwe mu mpamvu zituma havugwa umutekano muke ushingiye ku rugomo n’ubusinzi.
Ntawurwubakarumwe Boniface w’imyaka 46 yishe umugore we witwaga Maniraguha Claudine w’imyaka 32, amutemye ijosi akoresheje umuhoro, nawe ahita afata umuti witwa kiyoda aba arawunyoye.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe baratangaza ko abajura babamereye nabi kuko batakigira ubwoba cyangwa isoni kuko ngo basigaye birirwa barwana n’abaturage bavuga ko bari kwishakira ikibatunga.