Rusizi: Umukwabu wafatiye umujura mu cyuho yiba imyenda

Ubwo mu karere ka Rusizi hakorwaga umukwabu ku mugoroba wo kuwa 07/10/2013, hafashwe abantu 49 harimo uwafashwe arimo gutobora inzu afite n’imyenda yari amaze kwiba.

Bamwe mu bafashwe nta byangombwa bari bafite mu gihe abandi bari babifite ariko bagakekwaho ibikorwa byo kubuza abaturage umutekano kubera ko nta kazi bakorera muri uyu mujyi.

Umukwabu wamufashe arimo kwiba.
Umukwabu wamufashe arimo kwiba.

Ibi biri muri bimwe aba basore bakekwaho gukora kuko abaturage batuye muri uyu mujyi no mu nkengero zawo birirwa bataka kubera ikibazo cy’ubujura, abafashwe bose bajyanywe mu murenge wa Gashonga mu kigo gishinzwe kugorora inzererezi.

Abafashwe abenshi ni abo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke , gusa ubwo bafatwaga abaturage batangaje ko bituma bagira agahenge aho bifuza ko ngo ibisambo ruharwa bajya babijyana iwawa kugirango bakomeze kugira umutekano.

Bose uko ari 49 bafatiwe mu mukwabu mu karere ka Rusizi.
Bose uko ari 49 bafatiwe mu mukwabu mu karere ka Rusizi.

Umujyi wa Rusizi ukunze kubaho umikwabo nk’iyi ndetwe rimwe na rimwe hari igihe abaturage bibwira ko abajura barangiye ariko ngo nyuma y’igihe gito ntibamenya aho abandi baturutse.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nonese bagufashe wenda abajura bamaze kugutwara ibyangombwa,cg warabitaye,n’uwo nawe arafungwa?yafungurwa hakozwe iki?

Jean yanditse ku itariki ya: 9-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka