Ngororero: Abasore babiri bafunzwe bakurikiranywe ho kwiba moto mu mujyi wa Kigali

Emmanuel Sibomana ufite imyaka 30 y’amavuko uvuka mu karere ka Rusizi na Aniceth Nsanzumuhire w’imyaka 25 wo mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri Polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakurikiranywe ho kwiba moto mu mujyi wa kIgari bakza kuzigurisha mu karere ka Ngororero.

Nyuma y’uko abo basore bakekwaga hamwe n’abandi batarabasha gutabwa muri yombi, bagaragaye mu mujyi wa Ngororero bo barafatanywe moto ifite icyapa kiyiranga nomero RC100B, barimo kuyishakira umukiriya mu mujyi wa Ngororero.

Abafashwe bafungiwe kuri polisi ku karere ka Ngororero.
Abafashwe bafungiwe kuri polisi ku karere ka Ngororero.

Kuri ubu, abandi bakekwa ko bafatanya nabo muri ubwo bujura bakaba bagishakishwa, muri abo hakaba harimo uwatorotse inzego z’umutekano ubwo yari kumwe na bagenzi be bakekwaho kuba bafatanyije.

Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Ngororero ikaba ikomeje gushakisha abakekwa, ndetse no gushakisha nyiri moto yafashwe ifite ibiyiranga byavuzwe haruguru kuko itarabasha kubona ibyangombwa byose byayo.

Ernest kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

abo basore nabahigi kbs bazikinnye 4 iyo bayiha boucherieths

rurangirwa methode yanditse ku itariki ya: 6-10-2013  →  Musubize

abagizi ba nabi nka bariya mwatubwiye haruguru ko ari abajura kuki mubatwereka mutabagaragaza mu maso ngo abantu bose babamenye babamagane aho bababonye hose buriya si ukubahishira ngo batamenyekana?

murara Dieudonne yanditse ku itariki ya: 6-10-2013  →  Musubize

Police Ngororero Oyeeeeeeee!!!!!mutsinze igitego.nimukomeze gushakisha izo nyanga birama.

Ruarangirwa Albert. yanditse ku itariki ya: 5-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka