Kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo, hafungiwe umusore witwa Muhire Jean-d’Amour, wari umupolisi akaza kuvanwa muri uwo murimo kubera gutanga ibyangombwa mpimbano, none nyuma y’aho aviriye muri gereza ngo yongeye gutabwa muri yombi kubera kwiyambika imyenda ya Polisi akanakora uwo murimo.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 06/09/2013, bakurikiranyweho kwenga no gucuruza inzoga z’ibibyabwenge zirimo Kanyanga n’ibikwangari.
Abaturage batuye mu gasantere kitwa Gitarama ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi n’inzego z’umutekano kugira icyo zikora, kugira ngo zihashye agatsiko k’abasore b’amabandi bayogoje ako gasantere n’inkengero z’ako.
Abatuye mu murenge wa Gatumba muri Ngororero ahitwa Cyome y’Epfo baremeza ko isosiyete ikora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa GMC ikomeje ibikorwa by’ubucukuzi kandi yari yahagaritswe gukora ibyo bikorwa n’ubuyobozi bw’akarere kuwa 28/08/2013 kubera ibibazo iyo sosiyeti igifitanye n’abaturage.
Minisitiri w’umutekano mu Rwanda, Sheikh Mussa Fazil Harerimana aravuga ko kuba leta yarubatse uruzitiro rwa Parike y’Akagera ari ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda kuko urwo ruzitiro rwubatswe ngo rujye rukumira inyamaswa za pariki y’Akagera zajyaga zisohoka muri pariki zikangiza imyaka y’abaturage baturiye (...)
Nyuma y’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bugaragara mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, polisi y’igihugu muri ako karere iratangaza ko ifite amakuru ahagije ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo igiye gukoresha amarushanwa agamije gushishikariza abatuye n’abagenda ako karere kwirinda ibiyobyabwenge hibandwa cyane cyane ku rubyiruko kuko rubikoresha kurusha abantu bakuze.
Mu nama abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’inama mpuzamahanga w’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR basoje mu mujyi wa Kampala muri uyu mugoroba basabye ko Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo isubira mu biganiro by’amahoro n’umutwe uyirwanya wa M23 mu gihe cy’iminsi itatu n’ubwo leta ya Congo yo ishaka ko M23 yashyira (...)
Umugore witwa Louise Uwizeyimana w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze azira kugerageza kwihekura, kuko yashatse kujugunya umwana mu musarani ubwo yari akimara kumubyara.
Abagore babiri n’umugabo umwe bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakekwaho gufata bugwate no kwambura amafaranga uwitwa Sengoga Modeste, mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 30/08/2013 rishyira kuwa gatandatu tariki ya 31/08/2013, igikorwa bakoreye mu murenge wa Gisozi, mu kagari Ruhango.
Mu tugali twa Mubuga, Mushirarungu na Runga two mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza haravugwa ubugizi bwa nabi bumaze gufata indi ntera aho mu masaha y’ijoro abantu batambuka bagatemeshwa imihoro kandi ababikoze ntibamenyekane.
Mu mudugudu wa Kirambo akagari ka Gitega mu rugabaniro rwo mu murenge wa Rushaki na Mukarange mu gihe cya saa mbiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 02/09/2013 habonetse umurambo w’umugabo witwa Bukwirwa Tecian uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 50 na 52.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi mu kagali ka Kinyonzo hatoraguwe igisasu cya grenade, tariki 30/08/2013 ahagana mu gicamunsi ikindi gisasu gishaje cyazanye umugese cyatoraguwe muri ako kagari mu mudugudu wa Kibimba.
Umuyaga n’imvura bidasanzwe byisasiye tugari twa Kinyonzo na Birenga ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma tariki 01/09/2013, byagushije insina nyinshi, zimwe zigwana ibitoki byari bicyana.
Ikamyo yo mu bwoko bwa rukururana yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye n’ivatiri yari iturutse i Kigali, maze abantu batatu bari mu ivatiri barakomereka, abari batwaye ikamyo baratoroka.
Bakundukize Zacharie w’imyaka 57wo mu kagari ka Gitwa mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi afunzwe azira kwivugana umwana w’imyaka 15 witwa Niyonsena Regis nyuma yuko amufatiye mu nzu ari kumwiba inkono y’ibiryo.
Abana babiri batakaje ubuzima abandi bantu bane bakomeretswa n’ikiza cy’umuyaga uvanzemo n’imvura cyibasiye umurenge wa Musheri mu karere ka Nyagatare hafi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 30/08/2013.
Hanyurwabake Ibrahim utuye mu mudugudu wa Kanyirahweza, akagari ka Nkora mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibihumbi ijana by’amafaranga y’amakorano tariki 26/08/2013 ubwo yari atangiye kuyakwirakwiza mu baturage, agura na bo ibintu bitandukanye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana icumbikiye umusore w’imyaka 24 ushinjwa kuba yaraye afashe ku ngufu umukobwa w’imyaka 16 wakoraga akazi ko mu rugo akamukomeretsa cyane, nyuma yo kumusambanyiriza ku buriri bwa nyir’urugo.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30/08/2013, mu Kagali ka Bukomane Mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, hafatiwe ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye ibiti byitwa imishikiri.
Imodoka itwara abagenzi izwi nka “Twegerane” yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 817 J yakoze impanuka, abagenzi batatu barakomereka byoroheje, undi agira ikibazo cy’ihungabana.
Niyomugabo Feneyasi yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro mu mpera z’icyumweru gishize azira guteranyiriza abizera bo mu itorero ryitwa Itorero ry’Imana (Eglise de Dieu) iwe mu rugo bakahasengera mu buryo butemewe.
Umusore w’imyaka 26 wo mudugudu wa Gisiza, akagari ka Remera murenge wa Muhanga ho mu karere ka Muhanga afunzwe ukekwaho icyaha cyo gufata ku ngufu umugore w’imyaka 43 ngufu yarangiza agahita amutera icyuma mu gitsina.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, Tuyizere Gervais yaguye mu mugezi wa Nyakina uherereye mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi ho mu Karere ka Gakenke yitaba Imana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amagereza (RCS) kiratangaza ko abanyururu baherutse gutoroka muri gereza ya Huye byaturutse ku burangare n’ubugambanyi bya bamwe mu bacungagereza, ariko ngo hari ingamba zikarishye zafashwe zo guhangana nicyo kibazo.
Ishyamba riherereye ku musozi wa Gashinge ahitwa i Mazi hagati y’imirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro ryatangiye gushya tariki 27/08/2013 mu ma saa tanu z’amanywa rikomeza no ku munsi ukurikiyeho, hakaba hamaze gushya ahagera kuri hegitari 30,5.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Evariste Murenzi, arasaba umuntu wese, nubwo yaba ari umusirikare, ko atagomba kwegera cyangwa gukora ku gisasu gitoraguwe ahantu runaka.
Rwagasore Protais w’imyaka 46 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ryinkuyu akagali ka Bushoga, umurenge wa Nyagatare yagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye yifashishwa mu bwubatsi mu gihe yayacukuraga tariki 26/08/2013 ahita yitaba Imana.
Umugabo witwa Iyamuremye wo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera yakomerekejwe n’ingona ku myanya ndangagitsina, tariki 26/08/2013, akaba arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata.
Bugingo Augustin w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Nyamarebe, akagari ka Gakenke, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatawe muri yombi tariki 26/08/2013 akekwaho kwica umugore we witwa Mukakarangwa nawe w’imyaka 53 amutemye.