Rusizi: Nyuma y’iminsi mike yaroherejwe iwabo kubera uburwayi yongeye kugaruka

Nyuma y’iminsi mike umugore wo mu Burundi yoherejwe iwabo n’akarere ka Rusizi kubera uburwayi bwo mu mutwe afite, abaturage batunguwe no kubona agarutse avuga ko intego yari yamuzanye itararangira.

Uyu mugore witwa Mariya abenshi bavuga ko ufite uburwayi bwo mu mutwe agenda abwira abantu ngo nibihane kuko ngo bafite ibyaha. Hari abavuga ko ababuza umutekano kuko ngo hari igihe abakubita urushyi abaturutse inyuma ababwira ko ashaka kubabwira ngo nibihane.

Uyu mugore ufite umwana w’uruhinja yabanje kujyanwa mu bitaro bya Gihundwe kugirango bamufashe mu bijyanye n’uburwayi bwe hanyuma abona koherezwa mu gihugu cye.

Uyu mugore ukomoka mu Burundi yiritwa mu karere ka Rusizi abwiriza abantu ngo nibihane.
Uyu mugore ukomoka mu Burundi yiritwa mu karere ka Rusizi abwiriza abantu ngo nibihane.

Igikomeza gutera benshi impungenge n’uko uyu mwana w’uyu mugore ufite uburwayi ahora azererana kandi akiri muto ngo yahura n’ibibazo bikaba byamuvutsa ubuzima bwe.

Ubwo twasangaga Mariya ku muhanda tariki 05/10/2013 yari aryamye hasi avugavuga amagambo menshi icyakora hari abavuga ko Mariya ari muzima kuko ngo mu magambo ye adatukana kandi ntibazi ikimubeshejeho kuko adasabiriza.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nonese nimutubwire Abavuzi b’IGIHUNWE basanze nta burwayi afite bwo mu mutwe? nonese atunzwe niki ko adateka,ntasabirize?uwomwana atungwa niki?ararahe n’uwo mwana?nonese afite umugabo? ntasshobora guhohoterwa n’abagabo cg abasore bibigoryi bari hano hanze?uwaba azi bimwe mubitekerezo mbajije yambwira.

aimable yanditse ku itariki ya: 7-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka