Kamonyi: Umugabo yateye undi icyuma bapfa umugore utari uwabo
Ngendahayo Emmanuel wo mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Ngoma, mu murenge wa Nyamiyaga; yatewe icyuma na Niyonshuti ukora akazi ko kubaga inka, nyuma yo gushyogoranya bapfa umugore utuye mu mudugudu wa Buhoro.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Ngoma, Gatete Fidele, aravuga ko ibi byabaye ahagana mu masaa mbiri z’ijoro ryo kuwa mbere tariki 7/10/2013, ubwo Ngendahayo yari kumwe na mugenzi we witwa Ndayambaje bageze hafi y’urugo rw’umugore ufite umugabo ufunze, utuye i Buhoro.
Ngo Niyonshuti ukora akazi ko kubaga inka kuri santeri ya “Plage” yaje afite icyuma atongana na Ngendahayo, arangije akimutera munsi y’urushyi rw’akaboko, ahita yiruka.
Uwatewe icyuma yahise ajayanwa ku Kigo Nderabuzima cya Nyamiyaga, naho uwakimuteye yakurikiranywe, afatwa n’Inkeragutabara mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 8/10/2013, ajyanywa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mugina.
Marie Josee Uwiringira
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Ibyo byose biterwa nirari cyangwa numuco utari mwiza,ubundi umuntu ubaga nokwica yumva arinko kubaga’gusa ahanwe kuko guterana icyuma si igisubizo
ABO BANTU BAHANWE KUKO UWO SUMUCO NYARWANDA
NTAGO BUBAHIRIJE ZA KIRAZIRA , KIRAZIRA KWIFUZA UMUGORE W’UNDI MUGABO ,KIRAZIRA KIKANAZIRIRIZWA HANO MURWANDA. KD NKUMUNYARWANDA UFITE AGACIRO NTIYABIKORA,KIRAZIRA KWITESHA AGACIRO URUMUNYARWANDA.