Rusizi: Umugore yafatanywe udupfunyika 100 tw’urumogi

umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.

Ahagana mu masaha y’Isaa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012, niho uyu mugore nawe wiyemerera ko yari asanzwe akora ubu bucuruzi yaguwe gitumo n’inzego za Polisi zahise zinamujyana kumucumbikira muri gereza.

Mukiganiro yagiranye na Kigalitoday, Furaha yatangaje ko icyamuteye gucuruza ibiyobyabwenge ari uko ngo yabonaga abana be bagiye kwicwa n’inzara kubera ubukene, agahitamo kwishora mu rumogi.

Furaha ari imbere y'ibiyobyabwenge yafatanywe.
Furaha ari imbere y’ibiyobyabwenge yafatanywe.

Avuga ko yaruranguye ku mugabo wo mu murenge wa Mururu urucuruza ku mafaranga ibihumbi 12, aho yari ategereje kungukamo ibihumbi 20, amafaranga atabona mu bundi bucuruzi keretse mu biyobyabwenge bikunzwe cyane n’abasore, nk’uko yakomeje abyivugira.

Udupfunyika yafatanywe.
Udupfunyika yafatanywe.

Ingingo shya y’itegeko rihana abacuruza ibiyobyabwenge ya 593 kugeza kuri 597 mu gitabo cy’amategeko gishya, ivuga ko ufatiwe muri icyo cyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge ahanishwa igifungo kuva kumyaka itatu kugeza kumyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kubihumbi Magana 500 kugera kuri miriyoni eshanu.

Euphrem Musabwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uwo mumama utagiri mpu hwe ushaka gukiza abanabe akica ababandi mufashe nkumurozi .azafugwe burundu murakoze

uwamahoro yanditse ku itariki ya: 17-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka