Kubera ihungabana ry’ubukungu ryari rimaze igihe ryibasiye isi, inkunga ibihugu bikize byageneraga ibikennye yaragabanutse cyane mu mwaka ushize wa 2011. Ni ubwa mbere bibayeho mu myaka 15 ishize.
Mu ntara y’Iburasirazuba, imishinga 70 niyo yatoranyijwe muri gahunda yiswe HANGA UMURIMO igamije gufasha abaturage bafite imishinga myiza yakunguka ariko badafite ingwate n’igishoro.
Si ngombwa kugira amafaranga menshi kugira ngo utangize umushinga, ahubwo uhera kuri make ufite kugira ngo n’umuterankunga azakunganire afite aho ahera; nk’uko bitangazwa n’abanyamuryango ba Koperative “Sagamba Rusake” ikorera mu murenge wa Rubavu akarere ka Rubavu.
Kuva tariki 2 kugeza 6/04/2012 muri Hotel Dayenu i Nyanza harabera amahugurwa ku buryo bwo gutegura imishinga yafasha abaturage gutera imbere mu turere twa Rutsiro, Ngororero na Nyanza.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko iminzani ikoreshwa n’abacuruzi baza kurangura imyaka mwisoko rya Ngororero, batayizera kuko babona ba nyirayo baba barayitekinitse.
Banki ya Kigali (BK) yashyize ahagaragara inyungu y’umwaka ushize wa 2011, igera kuri miliyari 8.7 z’amafaranga y’u Rwanda ivuye kuri miliyari 6.2 muri 2010. Ababitsa n’inguzanyo zitangwa byiyongereye biri mu byatumye iyi banki yunguka, nk’uko ubuyobozi bwayo bwabitangaje.
Abanyamuryango basaga 200 barimo abagore 169 bo mu mpuzashyirahamwe ABAGENDANA yo mu karere ka Bugesera biyubakiye uruganda rw’imigina y’ibihumyo rwa miliyoni 52 ahitwa Nyabagendwa mu murenge wa Rilima.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kiravuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero kiri hagati ya 7.5 na 8% mu myaka ibiri iri imbere.
Leta irateganya gutera inkunga inganda zo mu gihugu ku buryo muri 2020 zizaba zinjiza 26% by’umutungo w’igihugu. Ubu inganda zo mu Rwanda ni cyo gice kinjiza amafaranga make kuko zinjiza 7% gusa by’umutungo w’igihugu.
Intumwa y’ikigega mpuzamahanga cy’imari (FMI) iherutse mu Rwanda yishimiye aho u Rwanda ruhagaze mu rwego rw’ubukungu.
Sosiyete ikora ibikorwa by’ubwishingizi n’ n’imicungire y’umutungo, UAP , irateganya gutangiza ibikorwa byayo mu Rwanda mbere y’uko uyu mwaka wa 2012 urangira; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wayo, James Muguiyi.
Entreprise Urwibutso izwi mu bikorwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi, yahawe igihembo cyitwa The new Era Award for Technology, Quality and Innovation kubera ikoranabuhanga mu guhanga udushya n’ubwiza bugaragara mu bikorwa bitandukanye byayo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, asanga mu myaka 5 ishize abaturage n’abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba batarakoresheje amahirwe n’umutungo bafite ngo biteze imbere uko bikwiye, bikaba byarateye icyo minisitiri yise kugwingira mu iterambere.
Mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 27/03/2012, habereye igikorwa cyo guhitamo imishinga 50 izaterwa inkunga muri hangumurimo, gahunda ya Minisiteri y’Ubucuruzi igamije guhanga imirimo itari ubuhinzi n’ubworozi ku bantu benshi no gutera inkunga imishinga mito ibyara inyungu.
Minisiteri y’ubucuruzi, inganda n’amakoperative na Banki Nkuru y’igihugu ku nkunga ya sosiyete Visa Inc batangije igikorwa cyo gukangurira abantu kumenya ibigendanye n’ubucuruzi, hagamijwe guha Abanyarwanda ubushobozi bwo kubasha kwicungira umutungo wabo.
Sosiyete isanzwe ikora ibikorwa by’ishoramari mu gucukura amabuye y’agaciro mu Rwanda, Simba Gold Corp, yongereye ibikorwa byayo mu mishinga ibiri: Rongi Mining Limited na Miyove Gold Project.
Bamwe mu bakozi ba Equity Bank, banki yo muri Kenya imaze amezi agera kuri 5 itangiye gukorera mu Rwanda batangiye kugaragaza ko batishimiye imwe mu mikoranire y’iyo banki yabahaye akazi.
Mu Rwanda, abaturage baba munsi y’umurongo w’ubukene bavuye kuri 56.7% bagera kuri 44.9% mu myaka itanu ishize; nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku mibereho y’ingo ku nshuro ya gatatu (EICV 3).
Kuba umuriro w’amashyanyarazi udahagije hari abaturage bibangamira mu mirimo yabo cyangwa se mu kwimenyereza ibyo bize, n’ubwo iki kibazo Leta y’u Rwanda yiyenkiri mu byo Leta y’u Rwanda yiyemeje gukemura kugira ngo byongere ishoramari
Ubuhinde bwateye utwatsi icyemezo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) cyo kwishyuza umusoro ibigo by’indege bikorera ku butaka bwa EU kubera ibyuka by’indenge zabo byangiza ikirere cy’uwo muryango.
Ikirango (brand) cya sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho ifite icyicaro muri Afurika y’Epfo, MTN Group, nicyo gikunzwe kurusha ibindi muri Afurika. Ku rwego rw’isi kiri ku mwanya wa 188 nyuma yo kuzamukaho imyanya 12 ugereranyije n’umwaka ushize; nk’uko itangazo MTN yasohoye ribivuga.
Mu ruzinduko arimo mu gihugu cya Turukiya, Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro cy’abacuruzi n’abashoramari b’Abanyarwanda bagiranye n’abo mu gihugu cya Turukiya bagera kuri 200. Yabashishikarije gushora imari mu Rwanda ari nako abereka inyungu zirimo.
Minisitiri Stanislas Kamanzi ufite amabuye y’agaciro mu nshingano ze yasabye abacukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga kuyacukura banubahiriza amategeko agenga uwo murimo.
Umwaka ushize wa 2011, umutungo w’u Rwanda winjizwa na bene gihugu bari mu gihugu (GDP) wiyongereye ku kigero cya 17% bituma ugera ku amadorari y’Amerika miliyari 6.34 (Rwf 3.828 trillion) uvuye kuri miliyari 5.5 z’amadorari y’Amerika (Rwf 3.280 trillion) mu mwaka wabanje.
Ibihugu bikoresha amazi y’uruzi rwa Nil biratangaza ko bidahangayikishijwe no kuba Misiri igenda gahoro mu kwemeranya uburyo bwo gukoresha aya mazi ngo byiteze imbere.
Urugomero rw’amashanyarazi ruri kubakwa ku mugezi wa Nyabarongo mu karere ka Muhanga ruzuzura mu mwaka wa 2014 ni rwo ruzaba rutanga amashanyarazi menshi mu Rwanda hose kuko ruzatanga megawati 28.
Abacuruzi bacururiza mu isoko rikuru rya Ngoma ahatubakiye barinubira ko basora amafaranga amwe n’abacururiza ahubakiye kandi bo banyagirwa ndetse bakanacururiza hasi.
Minisitiri Francois Kanimba asanga abikorera bafite uruhare runini mu gutuma abatuye Afurika bihaza mu biribwa. Yabitangaje tariki 19/03/2012 ubwo yatangizaga inama y’Abaminisitiri b’Ubuhinzi baturutse mu bihugu bitandukanye by’Afurika iteraniye i Kigali.
Kompanyi y’indege ya Rwandair yasinye amasezerano yo gutumiza indege ebyiri zo mu bwoko bwa CRJ900 NextGen muri sosiyete yitwa Bombardier Aerospace. Rwandair izaba ibaye iya mbere gukoresha ubu bwoko b’izi ndege mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba.
Qatar Airways, isosiyeti itwara abantu ikoresheje indege yo muri Leta ya Qatar, yatangiye imyiteguro yo gutangira ingendo zayo za buri munsi mu Rwanda kuva tariki 21/03/2012.