Imurikagurisha rya munani rizagaragaramo udushya turimo n’inyamaswa zizamurikirwa abazaryitabira; nk’uko bitangaza n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rutegura iri murikagurisha riba buri mwaka.
Imigabane 80% ya Banki y’Ubucuruzi y’u Rwanda (BCR) yari ifitwe na Actis, yaguzwe na banki yo muri Kenya yitwa I&M Bank Limited, ikigo cy’ishoramari cyo mu budage cyitwa Proparco n’icyo mu Bufaransa cyitwa DEG.
Kompanyi y’Umunyarwanda yitwa “Norlega Rwanda” itunganya ibiva ku gihingwa cya Macadamia, yahawe ishimwe ry’imikorere myiza muri Gabon inemererwa amasoko muri Gabon, ihita yiyemeza kwagura imikorere yayo mu kongera umusaruro w’iki gihingwa.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, aravuga ko ikigero cy’ikawa u Rwanda rwohereza ku isoko mpuzamahanga kikiri hasi, ugereranyije n’ibindi bihugu byo muri aka karere aho Uganda ariyo iza ku isonga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ibaruramari (iCPAR) kirahamagarira Abanyarwanda bakora umwuga w’ibaruramari kukigana bakaba abanyamuryango bakanoroherezwa gukorera mu bihugu byo hanze.
Icyiciro cya kabiri cy’umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage cyatashywe ku mugaragaro tariki 10/07/2012 mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi. Ibyiciro by’uwo mushinga wose uko ari bitatu bizarangira bigejeje amazi meza ku bantu basaga ibihumbi 15 mu Ntara y’Uburengerazuba.
Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Ben Kagarama, arashimira imikoranire myiza iri hagati y’abikorera bo mu karere ka Rusizi n’ikigo ayobora.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye abatwara abagenzi kuri moto kumenya amategeko agenga koperative ndetse no gutekereza ku kindi bakora kitari gutwara moto gusa.
Nyuma y’umwaka n’amezi 4 habaye ubufatanye mu buhahirane hagati y’u Rwanda na Gabon, Abanyarwanda bafunguye amarembo yo kwereka Abanya-Gabon ibikorerwa mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhangana n’abantu bose bafite ibikorwa byo kwiharira no gusahura imitungo ya za koperative, mu gihe n’ubwo inyinshi zikomeje guteza imbere ba nyirazo hari izikirangwamo imicungire mibi y’imitungo bihombya abanyamuryango.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye ku mugaragaro uruganda East African Granite Industries (EAGI) rukora amakaro, ruherereye ahitwa Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, mu Karere ka Nyagatare.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kayonza yibanze ku Mirenge ya Nyamirama na Murama ikennye kurusha iyindi. Ibibazo birimo kutagira amazi meza iyo mirenge ifite byasumbaga kure iby’iyindi mirenge.
Umukozi ushinzwe imisoro n’amahoro mu karere ka Gakenke, Rurindabagabo Etienne atangaza ko umusoro ku bukode bw’amazu udatangwa neza kuko amazu 28 gusa ari yo yabutanze mu mazu arenga 400 yabaruwe.
Mu gihe twizihiza imyaka 18 ishize Abanyarwanda bibohoye, abaturage bo mu byiciro bitandukanye bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko hari aho bageze batera imbere mu bukungu no mu mibereho myiza.
Isoko ry’imboga n’imbuto rya Bumazi ryuzuye mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke rizazamura ubwiza n’ubuziranenge bw’imboga n’imbuto kuko zizaba zicururizwa ahantu hatunganye ugereranije n’uko mbere zacururizwaga hanze no ku mihanda.
Ingengo y’imari akarere ka Nyamasheke kazakoresha muri uyu mwaka wa 2012/2013 yagabanutseho 2% ugereranije na miliyari 12 miliyoni 669 ibihumbi 473 n’amafaranga 823 akarere kari kakoresheje umwaka ushize.
Kwizigamira biguha icyizere ko witeguye guhangana n’ibyo utateganyije nko kwibwa, inkongi y’umuriro cyangwa impanuka. Ibyo ni ibikubiye mu butumwa isosiyete ya Legacy XP igenda itanga ku baturage ibakangurira umuco wo kwizigamira.
Nyuma y’igihe gito hirya no hino mu gihugu humvikana inkuru y’uko Bralirwa igiye kugabanya ibiciro by’inzoga, Bralirawa yateye utwatsi abakunzi b’agatama ko nta na rimwe yigeze itangaza ibiciro bizagabanuka.
Raporo y’igenzura yakozwe na banki y’isi ku iterambere rya gahunda za Leta muri 2011 yahaye u Rwanda amanota 3.8 mu bihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Iki gipimo u Rwanda ruriho ni cyiza nk’uko byari bimeze muri 2010.
Abakiriya na barwiyemezamirimo ntibabona kimwe umuco wo kwaka avance mbere yo gukorerwa serivise kuko bikunda kuvamo guhemukirana.
Abaturage bo mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bakora mu mushinga wa LWH ucukura amaterasi y’indinganire mu karere ka Nyanza bahisemo gukora bataha ahantu haciriritse kugira ngo bizigamire amafaranga bazajyana iwabo umushinga nirangira.
Imiryango itagengwa ba Leta (sosiyete sivile) 22 muri 84 ikorera mu karere ka Rulindo izongera amafaranga miliyari imwe na miliyoni 700 mu ngengo y’imari y’ako karere y’umwaka 2012/2013.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yemeza ko n’ubwo nta nyigo ihamye irakorwa, gahunda yo korohereza abakozi mu ngendo yatangiye mu mwaka w’2005, itanga inyungu y’amafaranga arenga miriyari ebyiri n’igice buri mwaka.
Abanyabukorikori bitwaye neza mu marushanwa ya Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi muri gahunda yayo yise Handcraft Excellency Award Program, barasabwa kugaragariza ubuhanga bwabo mu bikorwa bakora, banateza imbere igihugu.
Ba rwiyemezamirimo baturutse mu turere twa Ruhango, Nyanza na Nyamagabe bari mu mahugurwa i Nyanza, kuva tariki 25-28/06/2012, bigishwa uburyo bwo kunoza neza imirimo bakora.
U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na Banki y’Isi cyasohotse muri Kamena 2012. U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na (...)
Mu nama yahuje abakozi ba za Ministeri z’ubucuruzi z’u Rwanda na Uganda kuri uyu wa mbere tariki 25/06/2012, bagaragaje ko imbogamizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi zigihari cyane cyane ku ruhande rw’Ubugande.
Raporo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagejeje ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi tariki 22/06/2012, igaragaza ko hari amafaranga yo mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yaburiwe irengero kuko atagaragazwa uko yakoreshejwe.
Akarere ka Huye karifuza kongera gutangira kuvugurura umujyi no kwita ku bikorwa by’iterambere mu cyaro, nk’uko umuyobozi wako yabisobanuriye Inama Njyanama, nyuma y’uko gahawe ingengo y’imari igera kuri miliyari icyanda na miliyoni 670.
Hafi 76% by’ingengo y’imari y’akarere ka Ruhango kemerewe, bizakorehswa mu buhinzi n’ubworozi hakurikireho ibikorwaremezo birimo imihanda no gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi.