Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imali (FMI), Christistine Lagarde, aratangaza ko hari ibimenyetso bigaragaza ko ubukungu bw’isi bugenda busubira ku murongo nubwo hakiri utubazo.
Umudugudu wa Kinini umaze kuba icyitegererezo mu midugudu igize akarere ka Rulindo kubera uburyo abawutuye bitabiriye ubworozi bw’inkoko, bukabafasha muri gahunda zo kwiteza imbere.
U Rwanda na Tanzaniya byasinye amasezerano yo korohereza abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo ku mipaka ya Tanzaniya n’u Rwanda (simplified trade regime). Abacuruzi bakora ubucuruzi buto kuri uwo mupaka bongerewe amasaha yo gukora ava kuri 12 ajya kuri 16 ku munsi.
Amafaranga aturuka ku musaruro w’ikawa ashobora kuziyongeraho 50% muri uyu mwaka wa 2012 kubera ko umusaruro wabaye mwiza bitewe n’ibihe by’imvura byabaye byiza, bigatuma ubwiza bwa kawa burushaho kuba bwiza.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda irasaba abaguzi kumenya ko bafite uburenganzira kandi ko bakwiye kubuharanira ntibemere ko hari uwabubangamira.
Izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ryagaragaye muri Gashyantare uyu mwaka ryatumye guta agaciro ku ifaranga ry’u Rwanda rigera kuri 7.85 rivuye kuri 7.81; nk’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabitangaje kuri uyu wa ane tariki 15/03/2012.
Leta y’u Rwanda yafashe gahunda yo guhagurukira ikibazo cyo kutakira neza abantu bagana ababaha serivisi (poor customer care). Iki kibazo gifatwa nk’imwe mu nzitizi zikomeye zabangamira abashoramari gushora imari yabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga (NAEB) buratangaza ko uyu mwaka u Rwanda ruteganya kohereza hanze ikawa igera kuri toni 24.000 ivuye kuri toni 16.000 zoherejwe umwaka ushije wa 2011.
Amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda ataboneka ahandi arimo gukorwaho ubushakashatsi bugamije kwerekana ko ayo mabuye koko acukurwa mu Rwanda.
Guhera kuwa Mbere tariki 12/03/2012, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birongera kuzamuka, aho igiciro cya essence na mazout kizagera ku mafaranga y’u Rwanda 1.000, nk’uko itangazo ryashizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Iinganda ribitangaza.
Bus nini za sosiyete itwara abantu KBS zikomeje gutenguha abagenzi mu buryo butandukanye. Uretse ikibazo cyo kutagarurirwa ku bafite amafaranga atavunje, ubu zatangiye kugaragaza ibibazo mekanique.
Sosiyeti itwara abantu mu ndege yo muri Portugal yitwa TAP yasinyanye amasezerano na South African Airways (SSA) yo muri Afurika y’Epfo mu rwego rwo korohereza abagenzi bayo kugera aho itageraga ariko hagerwa na SAA harimo no mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda irateganya ko mu myaka itanu hazaba hari imirimo igera kuri miliyoni 1.7; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 07/03/2012. Muri 2011 mu rwanda habaruwe imirimo ibihumbi 500.
Sosiyete icuruza serivise zo kurinda umutekano yitwa G4S yagurishije ibikorwa byayo mu Rwanda ku yindi sosiyete ikora ako kazi yitwa KK Security.
Carlos Slim, umugabo w’imyaka 72 wo muri Mexique, ku nshuro ya gatatu, yongeye kuza ku mwanya wa mbere mu bantu bakize ku isi. Afite umutungo ungana n’akayabo ka miliyari 69 z’amadorari y’Amerika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buragira inama abaguze amasambu n’abayahawe muri gahunda y’isaranganywa kubegera bakabasubiza amafaranga yabo kuko bashobora kuzabihomberamo.
Abanyarwanda 20% gusa nibo batuye mu mijyi mu gihe u Rwanda ruteganya ko muri 2020 bazaba bageze kuri 30%.
Amafaranga u Rwanda rwakuye mu byo rwohereza hanze mu gihembwe cya kane cy’umwaka ushize yiyongereye ku kigero cya 87.5 % ugereranije n’igihembwe cya kane cy’umwaka wa 2010; nk’uko bigaragazwa n’ ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (National Institute of Statistics of Rwanda).
Akarere ka Nyamasheke karasaba abakoresha kwita ku mibereho myiza y’abakozi babo, baharanira kurengera ubuzima bwabo ndetse no kwita ku mutekano wabo mu kazi bakora ka buri munsi; nk’uko bitangazwa n’ umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Nyamasheke, Nyirabambanza Clémentine.
Akarere ka kayonza kihaye umuhigo wo kubakira biogaz ingo 100 bitarenze ukwezi kwa kamena 2012 ariko bishobora kutagerwaho kubera ko amafaranga abaturage basabwa nta bushobozi bafite bwo kuyabona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro kongera amande acibwa abantu bafatirwa mu bucuruzi butemewe kuko ayo babaca adahwanye n’agaciro k’ibyo baba batanzeho kugira ngo batabwe muri yombi.
Ukuriye urubyiruko mu karere ka Burera arasaba urubyiruko rwo muri ako karere, kwibumbira mu makoperative bakareka amashyirahamwe kuko ari ho bazatera imbere.
Igihugu cy’u Bufaransa kiza mu ruhando rw’ibihugu bitanu ku isi u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa byinshi bikorerwa mu gihugu; nk’uko bigaragazwa n’ikigo cy’igihugu mbarurisha mibare (NISR).
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buratangaza ko abayobozi muri ako karere badafunga inka nk’uko hari ikinyamakuru cyabyanditse.
Leta y’u Rwanda yafashe ingamba n’abafatanyabikorwa bayo batangiye gahunda yo gukangurira abashoramari inyugu zo gushora imari yabo mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda.
Imenyekanishamusoro rigiye kuzajya rikorwa rimwe mu myaka itatu kugira ngo birinde baturage guhora basiragira ku biro bishizwe imisoro n’amahoro.
Abayobozi ba komisiyo zishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba no mu muryango w’Ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADCO), bateraniye i Kigali mu rwego rwo guhugurana, bagamije kunoza akazi bashinzwe.
Abahinzi b’inanasi bibumbiye muri Koperative COOPAF, ihuriyemo abahinzi b’imbuto bo mu murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko kubura isoko rihoraho ry’umusaruro wabo bituma bagurirwa ku biciro bitajyanye n’ingufu bakoresha mu ihinga.
Umuryango ufasha mu bikorwa bigamije iterambere ry’imiturire, Shelter Afrique, uratangaza ko ugiye gushora miliyoni 10 z’Amadolari y’Amerika mu myubakire y’amazu yo guturamo mu Rwanda ashobora gukodeshwa cyangwa kugurwa n’abatari abaherwe (middle income).
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bibumbiye muri Koperative des Mines de Nyamyumba (KOMINYA) mu karere ka Rubavu barasaba Leta kubunganira mu kazi bagakoresha ikoranabuhanga rigezweho mu bucukuzi.