Ibigo bitanga ubwishingizi bikorera mu Rwanda birakangurirwa kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bishora imari mu bikorwa by’iterambere; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi muri Afurika (FANAF).
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bufatanyije na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) barasaba abikorera bo muri ako karere kumenya no kubahiriza itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
MTN Rwanda, sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho rikoresha telefone na Internet, iratangaza ko uyu mwaka iteganya kuzinjiza umutungo ungana na miliyoni 132 z’amadolari y’Amerika angana na miliyari 96 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu nama ya 36 y’inteko rusange y’ihuriro Nyafurika ry’ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali kuva tariki 20-23/2012, byagaragaye ko ubwishingizi mu Rwanda bukiri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu.
Raporo yakozwe na komisiyo y’umuryango w’Abibumbye yita ku bukungu muri Afurika (UNECA) igaragaza ko 50% by’imisoro ibihugu by’Afurika byakagombye kwinjiza igendera muri ruswa.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) kirakangurira abasoreshwa gusorera ku gihe kugira ngo birinde ibihano.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku bukungu bw’Africa muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza (CSAE) avuga ko u Rwanda rukeneye gahunda nshya kugira ngo ruzabashe kugera ku nshingano rwihaye yo kuva mu cyiciro cy’ibihugu bikennye, rukajya mu cy’ibihugu bifite ubushobozi buciriritse (middle – income levels).
Amasoko ya Muyogoro na Sovu yo mu Karere ka Huye amaze igihe gito yubatswe yatumye hafungwa andi abiri ya Matyazo na Gako yari asanzwe akora, kubera ko atitabiriwe nk’uko byari byitezwe yubakwa ahubwo abaturage bakomeza kwiremera ayo bari bamenyereye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye biratangaza ko bwizeye ko amafaranga miliyoni 800 kiyemeje kwinjiza gakuye mu misoro kazayageraho nubwo hari abacuruzi bamwe na bamwe bagiye bareka uwo murimo batinya imisoro mishya akarere kenda gushyiraho.
Leta irateganya gushyiraho imisoro mishya mu rwego rwo kuziba icyuho cy’imisoro yavanywe ku bikomoka kuri peterori mu Rwanda umwaka ushize. Iki cyemezo cyashimwe n’ikigega mpuzamahanga cy’imari (Fond Monetaire International) kubera ukuntu u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka ngo rugabanye kugendera ku nkunga.
Minisitiri w’umutekano yasuye akarere ka Gisagara yungurana ibitekerezo n’abayobozi ku iterambere ry’umurenge wa Save dore ko iri ku mwanya wa nyuma mu iterambere muri kano karere.
Imirimo yo kubaka uruganda rw’ umushinga w’icyayi wa Gatare ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe mu mirenge ya Cyato na Karambi yagomba kurangira mu Kuboza 2012 ariko ngo bishoboka ko rutazaba rurangiye kubera imbogamizi z’umuhanda ndetse n’amashanyarazi.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ikorera mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ariko ifite igishanga bahingamo umuceri mu mirenge ya Kirehe na Ngoma (COOPRIKI-Cyunuzi) imaze kugera kuri byinshi ku buryo ishobora kweza toni 4000 ku mwaka.
Bamwe mu baturage bimuwe ahari kubakwa uruganda Mount Meru Soyco Ltd ruzajya rutunganya soya rukayibyazamo amavuta, imirimo yo kubaka uruganda yarinze itangira batarabona amafaranga y’ingurane bagombaga guhabwa ku masambu ya bo.
Banki ya Kigali (BK) irateganya gutanga inyungu ku bantu bose bafitemo imigabane, nyuma yo kunguka miliyari 8.2 umwaka ushize.
Leta y’u Rwanda igiye kwagura no guha ingufu ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu karere ka Rusizi ku buryo kuzajya cyakira indege nini kurusha izo cyakiraga.
Minisitiri w’Intebe arashima ubushake bw’iteramabere abikorera ku giti cyabo bo mu karere ka Rusizi bagaragaza. Yabitangaje nyuma yo kwerekwa inzu y’ubucuruzi y’amagorofa ane igiye kuzura i Kamembe yubatswe n’abikorera bo muri ako karere nta nkunga batse ahandi.
Uruganda ruzajya rutunganya soya rukayibyazamo amavuta rugiye kubakwa mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ruzagirira akamaro aborozi by’umwihariko kuko rushobora no gutunganya ibyo kurya by’amatungo.
Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko uyu mwaka uzashira ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereyeho 7.6% mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa byo bitazarenza 7.5%.
Abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’uburasirazuba, kuri uyu wa kane tariki 09/02/2012, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzatunganya ibikomoka kuri Soya rwitwa Mount Meru Soyco Ltd. Uru ruganda ruzubakwa mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza.
Utubari dutatu two mu mujyi wa Kayonza ni two twonyine twemerewe gukora amasaha yose, mu gihe utundi tubari dutegekwa gufunga bitarenze saa yine z’ijoro, ndetse hakaba n’udutegekwa gufunga bitarenze saa mbiri z’ijoro iyo tudafite amashanyarazi.
U Rwanda rugiye kujya rukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha ibicuruzwa byinjira mu gihugu n’ibyoherezwa hanze hakoreshejwe ikoranabuhanga ryitwa Electronic Single Window.
Ikigo gishinzwe isoko ry’imibagabane (CMA) kuri uyu gatatu tariki 08/02/2012 cyasinye amasezerano y’ubufatanye na banki nkuru y’igihugu (BNR) mu guhanahana amakuru haganijwe kureba uko ubukungu bwiyongera mu gihugu.
Umuyobozi wa sosiyete yo muri Afrika y’Epfo itwara abantu n’ibintu mu ndege, South African Airlines (SAA), tariki 08/02/2012, yatangaje ko SAA iteganya kongera ingendo ikorera mu Rwanda zikava kuri eshatu zikagera kuri eshanu mu cyumweru.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu murenge wa Gacurabwenge, baratangaza ko imisanzu babaka hatitawe ku mari bacuruza bituma bamwe muri bo bagwa mu gihombo.
Aborozi bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko icyemezo Leta yafashe cyo kugurisha uruganda rw’amata rwitwa Savannah Dairy ruri muri ako karere kizatuma babona amafaranga menshi kuko bazajya bagurisha amata yabo ku ruganda nta wundi banyuzeho.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, aremeza ko izamuka ry’ubukungu mu Rwanda mu myaka 5 ishize ryunguye abaturage, nk’uko ubushakashatsi bwa gahunda zigamije kwikura mu bukene (EDPRS) bwabigaragaje.
Sosiyeti ikora ubushakashatsi n’ubucukuzi ku bijyanye n’amabuye y’agaciro yitwa Desert Gold iratangaza ko ubushakashatsi imaze iminsi ikorera mu Rwanda bwerekanye ko ahitwa Rubaya mu ntara y’amajyaruguru habonetse zahabu.
Kuwa mbere tariki 06/02/2012 ubwo minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philbert yasuraga urubyiruko rwo mu karere ka Burera yarugabiye inka imwe y’inzungu y’ishashi yenda kwima.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba bagiye kubona uruganda rutunganya umuceri ruzabafasha kutazongera guhendwa na ba rwiyemezamirimo babaguriraga umuceri ku giciro gito kubera ko waba udatonoye.