Nyuma yo gufunguza amakonti muri Equity Bank, abanyamuryango bayo barasaba ko bafungurirwa ishami kugira ngo babone aho babitsa amafaranga kuko bashaka imikoranire myiza n’iyo banki, bityo babone inguzanyo zo kwiteza imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba ko umushinga wa Rukarara wo kubaka urugomero rw’amazi azajya atanga ingufu z’amashanyarazi ushyirwamo imbaraga ukarangira kuko amashanyarazi akenewe.
RWANDAMOTOR Ltd yabonye uburenganzira buyemerera gucuruza imodoka zo mu bwoko bwa TATA zikorerwa mu Buhinde.
Uruganda Inyange rwatangije imashini ishyirwamo amafaranga guhera ku 100 igatanga amata; ndetse rukaba rwazanye amata ashobora kubikwa igihe kirekire n’ubwo nta cyuma gikonjesha yaba abitswemo.
Entreprise Urwibutso yongeye kwakira igihembo cyitwa ‘International Quality Awards’ kubera guhanga udushya, ubuziranenge ikoranabuhanga n’uko iyobowe.
Ibihugu byitabiriye inama ya banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) iteraniye Arusha muri Tanzaniya bisabwa gutanga ubumenyi ngiro bufasha urubyiruko guhanga imirimo no guhangana n’ibiciro biri ku isoko.
Abashoye imari yabo mu buhinzi bw’Icyayi, barimo Umushoramari Pierre Claver Karyabwite, baravuga ko kuba uruganda rutunganya icyayi rwa Gatre rutari kuzura biri kubahombya, kuko bibasaba kukijyana ku rundi ruganda rwa Gisovu ruherereye mu karere ka Karongi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko mu cyumweru cyahariwe kwita ku bidukikije, hazakorwa igenzura ku bacuruzi bagikoresha amasashe kandi bitakemewe.
Abacuruzi b’ifu y’imyumbati bakorera mu isoko rya Ngororero bamaze iminsi binubira igihombo bavuga ko baterwa n’abantu bacururiza ifu ku mbaraza z’amabutiki yabo kandi bitemewe bityo bagahagarika abakiriya ntibinjire mu isoko.
Mugabe Thomas niwe wegukanye tike y’indege hamwe no kurara aho ashatse hose mu Burayi mu gihe cy’iminsi itatu byatanzwe muri promotion ya MTN Mobile Money ku bufatanye na Turkish Airlines.
Bamwe mu bakuriye ibigo byo kubitsa no kuguriza bizwi ku izina rya SACCO bemeza ko ibibazo by’ubushobozi bikigaragara mu mutungo wazo bizibuza gushora imari mu bikorwa bitandukanye byazibyarira inyungu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) iratangaza ko yongereye ibihano bihabwa abakerererwa kwishyura imisoro mu rwego rwo guca umuco wo gucyerererwa.
Isosiyete ya MTN yaje ku mwanya wa 88 mu masosiyete 100 ya mbere akomeye ku isi hakurikijwe ubushakashatsi bwakozwe na sisiyete y’inararibonye mu ikusanya makuru kuri sosiyete zose ku isi yitwa Millward Brown.
Akarere ka Bugesera karateganya kwinjiza amafaranga miliyoni 650 z’imisoro mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2012/2013, mu gihe uyu mwaka uzarangira hinjiye miliyoni 530.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kirasaba ko hashyirwaho itegeko rihuriweho n’ibindi bigo bishinzwe igenzura mu rwego rwo kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
U Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya tiriyali imwe na miliyoni 374 mu mwaka utaha wa 2012/2013, nk’uko bigaragara mu mbanzirizamushinga yayo yamurikiwe Inteko Ishingamategeko imitwe yombi.
ECOBANK yatanze mudasobwa mu mirenge SACCO igize akarere ka Nyanza mu rwego rwo kuzifasha kunoza imikorere yazo no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye impande zombi zashyizeho umukono muri Kanama 2011.
Abaturage bo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero batunguwe no kubona ibagiro ryari muri uwo murenge ahitwa Kucyome ryarafunzwe kandi ryari rihamaze imyaka itari mike.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangije ubufatanye na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) mu rwego rwo gufasha abafatabuguzi bayo kwigurira telefone zigezweho zo mu bwoko bwa BlackBerry (smart phones).
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Abafite inganda mu Rwanda zikora ibicyenerwa mu buzima bwa buri munsi bagiye kujya bahuzwa n’abacuruzi bo mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo gufasha ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kugera ku isoko ryo mu karere.
Guhera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012, igiciro cya lisansi cyavuye ku mafaranga 1000 kuri litiro imwe kijya ku mafaranga 1030. Igiciro cya mazutu cyo cyagumye ku mafaranga 1000 kuri litiro; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM).
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bahangayikishijwe cyane n’izamuka rya bimwe mu biciro by’ibiribwa. Bamwe mu baturage bavugako bafite impungenge z’uko ibiciro bizakomeza kuzamuka bikarenga ubushobozi bafite.
Mu rwego rwo kunezeza ababagana no kunoza imikorere, guhera tariki 10/06/2012 Rwandair izongera ingendo zerekeza Johannesburg muri Afrurika y’Epfo uturutse i Kigali ndetse n’iziza i Kigali uvuye Johannesburg zive kuri enye zibe umunani mu cyumweru.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Nzahabwanimana Alex, tariki 04/05/2012, yasuye ibikorwa byo gukora umuhanda Buhinga-Tyazo mu karere ka Nyamasheke maze abaturage bamutangariza ibyishimo bafite kubera uwo muhanda.