Perezida Kagame atangaza ko gukora umuganda ku Banyarwanda bisobanura ko hari aho bifuza kuva bakagera mu iterambere, babyigiriyemo uruharare ku buryo n’izindi ncuti z’u Rwanda ziza gufasha zisanga hari aho ba nyir’ubwite bageze.
Ubwo hasozwaga igihembwe cya kabiri cy’urugerero mu karere ka Nyamaga kuwa 28/03/2014, ababyeyi bashimiye ibikorwa abana babo bari ku rugerero bakoze haba iwabo mu miryango ndetse n’ibifite inyungu rusange.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yungutse abajyanama bashya ubwo kuwa 28/03/2014 yakiraga madamu Uwineza Béatrice na Ntakirutimana Josée batowe mu cyiciro cy’abahagarariye abagore na Rutayisire Rulinda Jean uhagarariye icyiciro cy’abikorera muri iyo nama.
Umunyamategeko w’Umunyarwanda witwa Evode Uwizeyimana wari umaze iminsi atahutse mu Rwanda yahawe akazi ko gukora muri Komisiyo y’u Rwanda yo kuvugurura Amategeko, aho azaba yungirije umuyobozi wayo bwana John Gara.
Imibare mishya yashyizwe ahagaragara irerekana ko abantu miliyoni imwe n’ibihumbi magana atatu na mirongo itandatu na bine n’abantu makumyabiri (1.364.020) aribo bishwe hirya no hino mu gihugu mu gihe cy’amezi ane Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze.
Isesengura ryakozwe na minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi mu Rwanda (MIDIMAR) riremeza ko Abaturarwanda 16 bitabye Imana, naho abandi 26 barakomeretse n’amazu agera kuri 371 arangirika cyane kubera imvura nyinshi ivanze n’umuyaga n’urubura.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) kiravuga ko hari abantu benshi bagira impanuka y’ibinyabiziga cyangwa bagahohoterwa n’inyamaswa, ariko bakaba batavurwa cyangwa ngo bishyurwe ibyo bangirijwe. SGF ikaba isaba inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugihagurukira.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko abagore n’abagabo kwiga gutanga icyo muri iki gihe bita “care” (kwita kuri mugenzi wa we) kugira ngo ubuzima bwiza n’umudendezo bisagambe mu ngo zabo.
Abagize Inteko Nshingamategeko ya Koreya y’Epfo bashimiye ko inkunga igihugu cyabo gitera u Rwanda ikoreshwa mu bikorwa byiza biteza abaturage imbere ubwo basuraga akarere ka Nyamagabe kuwa 27/03/2014 bakirebera ibikorwa iki gihugu gitera inkunga muri ako karere.
Ubushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere myiza mu mwaka ushize bwashyizwe ahagaragara kuwa 27/03/2014, buragaragaza ko abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye imikorere y’ubuyobozi bwabo n’ubwo hari ahakwiye kongerwa imbaraga ngo birusheho kuba byiza.
Abadepite bashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ngo bagiye gukora iperereza banakurikirane abafite uruhare mu kuba porogaramu ya mudasobwa yitwa Oracle yaraguzwe miliyoni y’amadolari ariko ikaba itarakoreshwa mu myaka ine imaze ngo inoze icungamutungo mu kigo EWSA.
Mujawamariya Elizabeth Johnson, umunyarwandakazi utuye mu ntara ya Colombie Britanique mu gihugu cya Canada, avuga ko Abanyarwanda bo muri Diaspora bakwiye kugira uruhare runini mu kugaragaza isura nyakuri y’u Rwanda ku baturage bo mu bihugu batuyemo.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abateye ibisasu bya grenades bari mu maboko y’ubutabera, bakaba ngo ari nabo ubwabo bahamya ko ababatumye gutera ibisasu ari abo mu mashyaka ya RNC, FDLR n’abo bafatanyije.
Ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FARG) n’indi miryango itandukanye barasaba Abanyarwanda kwitabira gufasha no kuba hafi inshike n’abarokotse Jenoside bageze mu za bukuru badafite amikoro.
Ibigo nderabuzima bya Kabuye, Gashongora, Nasho, Murindi, Musaza na Ntaruka mu karere ka Kirehe byahawe ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 700 ngo kuko bitwaye neza muri gahunda yiswe iyo kuzamura ireme ry’ubuzima, mu mihango yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014.
Mu nama yahuje abayobozi bagize umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), Perezida Kagame yasabye ko abarwanyi ba FDLR bashaka gushyira imbunda hasi bafashwa gutaha mu gihugu cyabo, naho abatabishaka hagashyirwaho ubufatanye bwihuse mu bya gisirikare mu kubarwanya.
Umuyoboro w’amashanyarazi wa Musha muri Rwamagana utegerejweho kongera umuriro w’amashanyarazi agera ku baturage kandi ukagabanya gucikagurika kwa hato na hato watashywe kuwa 25/03/2014, ukaba wari umaze imyaka 3 uvugururwa ku nkunga ya leta y’Ubuyapani.
Mu Banyarwanda 32 batahutse tariki 24/03/2014 bava muri Congo harimo abagore 13 batashye basize abagabo babo kuko ngo barambiwe gukomeza kuzerera no kurorongotana mu mashyamba ya Congo kandi mu gihugu cyabo cy’amavuko ari amahoro.
Impamvu itera urubyiruko rw’abakobwa rwiyandarika ntivugwaho rumwe kuko bamwe bashinja abakobwa kwiyandarika, abandi bakavuga ko bashukwa n’abagabo.
Abayobozi b’ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza (PSD) bahagarariye abandi kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere barasabwa kwima amatwi no kwirinda abasebya gahunda ya ndi umunyarwanda bayivuga uko itari.
Abaturage b’akarere ka Nyamagabe ngo barishimira uburyo bahabwa serivisi mu nzego z’ubuyobozi mu karere kabo nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’umuryango uharanira kwimakaza uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa (Initiative pour la Participation Citoyenne).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, hamwe n’abandi bayobozi b’ibihugu bigize umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bitabiriye inama y’iminsi ibiri idasanzwe ibera i Luanda muri Angola.
Kuba Umutwe w’Inkeragutabara warubakiye abarokotse Jenoside bo mu turere twa Nyaruguru na Gisagara amazu n’ibindi bijyana nayo, ngo bizafasha utwo turere kugira imigendekere myiza yo kwibuka ku nshuro ya 20, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri 30 biga mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnique barahiriye ko ku bwende bwabo biyemeje kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakaba ngo biyemeje gukurikiza amahame, amategeko n’amabwiriza by’uwo muryango.
Abapolisi b’igitsinagore mu Rwanda barishimira ko ubu polisi yabemereye kujya bakorera akazi hafi y’ingo zabo, kuko ngo bizabafasha gukora akazi neza badahangayikiye kuba kure y’ingo zabo ndetse ntibice n’akazi kabo.
Mu giterane gisoza umwiherero w’iminsi itatu abashumba bakuru bo mu itorero ADEPR bakoreye mu karere ka Rwamagana, umuvugizi w’iryo torero, Pasitori Sibomana Jean yavuze ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” baganiriyeho izatuma amacakubiri yaranzwe mu itorero ADEPER avugutirwa umuti.
Senateri Niyongana Gallican, umwe mu bagize biro politiki y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD), aratangaza ko kuva iri shyaka ryashingwa mu mwaka wa 1991 ryaharaniraga ubumwe bw’Abanyarwanda bose, agasaba abayoboke baryo gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Mu nama z’inteko rusange bita Kongere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakorete mu mirenge yose igize akarere ka Karongi kuwa 23 Werurwe 2014, abayobotse uyu muryango n’abaturage benshi bamuritse ibyo bagezeho mu bice bitandukanye by’ubuzima bwabo bwa buri munsi harimo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori, imihigo yo (…)
Mu midugudu yegereye umupaka wa Congo ariyo Gasutamo n’Iyobokamana mu kagari ka Mbugangari umurenge wa Gisenyi, taliki 22/3/2014, hagaragaye impagarara n’abasirikare benshi ku ruhande rwa Congo bavuga ko u Rwanda rwigabije ubutaka bwabo.