Mu kiganiro yagiranye n’abakozi b’akarere hamwe n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yagaragaje uburyo u Rwanda rwari ruyobowe mbere na nyuma ya jenoside, maze ahamya ko kuva ku bukoloni kugeza kuri Jenoside u Rwanda rwari mu mwijima, naho urumuli rukaba (…)
Padiri Bosco Munyaneza wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Mukarange mu karere ka Kayonza mu gihe cya Jenoside ni umwe mu bapadiri bagize ubutwari bwo gushaka kurokora Abatutsi bari bamuhungiyeho, kugeza ubwo ahitamo gupfana na bo aho kugira ngo yitandukanye na bo.
Ryumugabe Alphonse, Umujyanama uhagarariye urubyiriko mu Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, atangaza ko u Rwanda rufite umutekano uhagije ariko ngo rukaba rugifite urugendo rwo kwigobotora ingoyi y’ubukene kuko ngo iri mu bisigaye ku isonga mu guhungabanya umutekano.
Ngo Kuba u Rwanda rufite aho rumaze kwigeza nyuma y’imyaka 20 ishize Jenoside ibaye, ahanini ni ukubera imiyoborere myiza irimo kwegereza abaturage ubuyobozi, akaba ari nayo mpamvu ibihugu byinshi bya Africa bifashe iya mbere bikza kwigira ku Rwanda iyo politike.
Kabagari Anastase, umwe mu baturage bagize ubutwari bwo kurokora Abatutsi igihe bicwaga bakanatotezwa mu gihe cya Jenoside mu karere ka Rubavu, yashimwe mu ruhame anagabirwa inka na bamwe mu bo yarokoye akabambutsa umupaka abahungishiriza muri Congo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira abagize uruhare mu kurokora bamwe mu Batutsi bari ku rutonde rwo kwicwa mbere y’abandi, mu cyahoze ari komini Gishoma kuri ubu ibarizwa mu karere ka Rusizi.
Senateri Tito Rutaremara yifatanije n’abaturage ndetse n’abanyeshuli bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ndetse n’abo mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare mu ijoro ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo mu mugi wa Butare ryitwa Pillars Youth Association ryateguye imurikamateka risobanura Jenoside n’ingaruka zayo rikaba ririmo kubera mu cyumba cy’inzu mberabyombi y’Akarere ka Huye tariki ya 10-13/4/2014.
Mu karere ka Nyamasheke basanga bidakwiye ko mu gihe abandi bari kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi abaturage bakwigira kubaga inka zabo cyangwa andi matungo bagasanga byaba ari amakosa, kandi ko byaba bihabanye n’umuco nyarwanda.
Capolari Semana John yatashye mu Rwanda taliki 27/3/2014 nyuma yo kwitandukanya na FDLR Foca isanzwe ikorera mu duce dutandukanye twa Kivu y’amajyaruguru, nyuma yo kubona ko kuba muri FDLR ari uguta igihe.
Umuhanzi, umunyamakuru akaba n’umunyamideli Dady de Maximo Mwicira Mitali mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 10/04/2014 yapfushije mushiki we umwe yari afite Clarisse Usanase Mwicira Mitali akaba yari arwariye mu bitaro bya Kibagabaga yari amazemo igihe kirenga icyumweru.
Ubwo yatangaga ikiganiro muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, yasobanuye ko guhagarika Jenoside ari umutima w’ubwitange n’urukundo byo kubohora abaturage atari ubwinshi bw’abasirikare ba RPA.
District Administration Security Support Organ (DASSO) ni urwego rwashizweho n’itegeko ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nyakanga 2013, rukaba rugomba gusimbura urwari rusanzweho ruzwi ku izina rya Local Defence.
Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Geoff Tooth, kuri uyu wa 9/4/2014 yagiriye uruzindiko mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rutare rwo kureba ibikorwa biterwa inkunga n’igihugu ibinyujije mu mushinga wa World Vision.
Undi musirikare wa Congo wari warafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo butemewe n’amategeko, Captain Lupango Rogacien, yashyikirijwe itsinda ry’ingabo zishinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (EJVM) tariki 09/04/2014 ndetse anashimira uburyo yitaweho ari mu Rwanda.
Minisiteri y’umutungo kamere (MINIRENA), Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ishyirahamwe rirengera inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA), bikomye Abanyarwanda n’amahanga bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo Abanyarwanda ndetse n’isi yose bibukaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yasobanuye byinshi bijyanye n’amateka ya Jenoside n’ingaruka, aho yagaragaje ko ibyabaye bitajya bihinduka buri wese akaba afite inshingano yo gusobanura amateka uko ateye.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho mu Rwanda, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda muri iki gihe rufite imyumvire isobanutse, bityo rukaba ari icyizere cy’igihugu mu gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka igihugu.
Ubwo yatangaga ikiganiro ku “Gukumira no kurwanya ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi,” mu Karere ka Karongi, Umuyobozi w’inkambi y’impunzi ya Kiziba, yavuze ko abirengangiza imibare nyakuri y’ababpfuye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi na bo baba bayipfobya.
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 utuye mu murenge wa Jenda mu mu karere ka Nyabihu yemera ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ngo yumva uruhare yagize mu gusenya igihugu akwiye kurukuba kenshi mu kucyubaka no guharanira icyateza imbere Umunyarwanda.
Umwe mu musirikare b’Abafaransa bari mu kiswe ‘Operation Turquoise’ mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yatanze ubuhamya bwerekana ko Operation yari igamije gufasha mu kwica Abatutsi mu gihe beshi bari bazi ko igamije kubarinda.
Abayobozi b’igihugu cy’u Bubiligi baje mu Rwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko ubufatanye bw’ibihugu byombi buzahoraho kuko ngo bisangiye amateka ya Jenoside; aho bavuga ko impamvu zatumaga Abatutsi bicwa, ari zo zicishije abasirikare 10 n’abasivili 12 b’ababiligi.
Pasiteri Uwimana Daniel yatanze ubuhamya ku bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Kibuye by’umwihariko kuri Paroisse St Pierre, kuri Home St Jean no kuri Stade Gatwaro yari Stade ya Perefegitura ya Kibuye maze anasobanura ukuntu yarokowe na mayibobo.
Ubuyobozi bw’ikigo cya SOS Village d’Enfants gikorera mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 07/04/2014 cyaremeye abakecuru batanu bagizwe incike na Jenoside kinabashumbusha abana n’abuzukuru bazajya baba hafi. Abana bashumbushijwe abo bakecuru ni abakozi basanzwe bakora muri icyo kigo, naho abuzukuru bakaba ari (…)
Imbere y’imbaga y’Abanyarwanda n’abanyamahanga barimo abanyacyubahiro batandukanye, Umukuru w’igihugu, Paul Kagame yasobanuye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rwari kuba rutakiriho ariko ubu ni igihugu kimwe bitewe no gushyira hamwe kw’Abanyarwanda, kwihitiramo ibibabereye ndetse no kureba kure.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, amaze gushwishuriza ibihugu bitekereza ko ubuhangange bwabyo bwatuma buhindura ukuri ku byaranze Jenoside mu Rwanda, kuko ukuri kutajya gupfa.
Gahunda ya Ndi umunyarwanda izongera ireme ry’uburezi n’uburere mu banyeshuri n’abaturage nk’uko bitangazwa n’abarezi n’abayobozi b’ibigo byo mu murenge wa Gishubi bayihuguweho mbere yo gutangira ibiruhuko by’igihembwe cya mbere.
Imiryango 30 y’Abanyarwanda batahutse kuva 2009-2014 bakaba batuye mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ibikoresho by’ubuhinzi, imbuto y’ibirayi n’ifumbire mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka.
Urubyiruko ruri mu rugaga rw’urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ruhagarariye urundi mu Ntara y’Ubungerazuba kuva kuri uyu wa 5 Mata 2014 rwahuriye mu Karere ka Karongi aho rurimo kuganirizwa mu gihe cy’iminsi ibiri ku ngingo zinyuranye zikangurira urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu no kukibungabungira (…)
Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye tariki 04/04/2014, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yisobanuye ku bihano asabirwa n’umuvunyi aho yagaragaje ko amakosa aregwa atariwe wayakoze ahubwo yakozwe n’abakozi ayobora.