Intumwa yihari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Senateri Russ Feingold, yatangaje ko u Rwanda rudakwiye gushyikirina na FDLR ahubwo igomba kurwanywa kandi mu gihe cya vuba amahoro akagaruka mu karere.
Urubyiruko rwibumbiye mu rugaga rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, ruravuga ko rwiteguye gukoresha imbaraga rufite kugirango ruzamure iterambere ry’igihugu, kandi ngo ibyiza ruteganya kugeraho rwiteguye kubisangiza Abanyarwanda bose.
Nzabonimana Guillaume Serge ni we watorewe kuba Perezida w’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana (PL) mu Ntara y’Iburasirazuba, mu matora ya komite nyobozi y’iri shyaka yabereye mu karere ka Rwamagana kuri iki Cyumweru, tariki ya 9/03/2014.
Intumwa yihariye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Senateri Russ Feingold, aratangaza ko hagiye kongerwa ingufu mu bikorwa bigamije kugarura umutekano muri Kongo cyane cyane kwambura intwaro umutwe wa FDLR watumye impunzi z’abanyecongo bari mu Rwanda bava mu byabo.
Abayobozi bo mu ishyaka PSD ku nzego z’ibanze zo mu karere ka Rwamagana baratangaza ko amahugurwa mu bya politiki atuma basobanukirwa byinshi bijyanye na politiki y’igihugu kandi bakabishishikariza abayoboke b’ishyaka ku rwego rwo hasi kugira ngo batange umusanzu uhagije mu kubaka igihugu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu mutwe w’ingabo z’Afurika zibungabunga amahoro muri gihugu cya Centrafrique ku wa gatanu tariki 7 Werurwe 2014 zasangiye amafunguro n’imiryango itishoboye yo mu ifasi ya gatanu ya Bangui, Umurwa mukuru w’icyo gihugu.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore uba buri tariki ya 8 Werurwe, mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma wijihijwe imiryango 91 yabanaga bitemewe n’amategeko isezeranira mu ruhame kuzabana akaramata.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bari mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje gufatwa neza n’Abanyarwanda baje basanga ubwo birukanwaga nabi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’Igihugu bari kumwe nawe mu mwiherero i Gabiro, gusobanura impamvu ituma ibyagiye byemezwa bitagerwaho na nyirabayazana wabyo (ugomba kuba umuntu umwe atari muri rusange); kuko ngo igipimo cy’ubukungu kitazamutse nk’uko byemejwe ubushize.
Bamwe mu Banyarwanda batahutse bagera kuri 39 biganjemo abagore n’abana, bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo basigaye muri Congo kubera impungenge bafite zo kugaruka mu igihugu cyabo.
Mu gihe kuri buri mwaka tariki 8 ukwezi kwa Gatatu, Abanyarwanda bizihiza umunsi wahariwe abagore, uwitwa Anitha Ntakirutimana we avuga ko ahangayikishijwe no kuba afite abana benshi badahuje ba se bababyara kuko yababyariye mu buraya.
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/03/2014, abayobozi bakuru b’igihugu bagiye mu mwiherero ngarukamwaka uzamara iminsi itatu. Umweherero w’uyu mwaka uzabera i Gabiro mu karere ka Gatsibo tariki 08-10/03/2014.
Komiseri Mukuru mushya w’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro (RRA), Richard Tusabe, aratangaza ko azihatira kongera umubare w’abasora atari ukubandika gusa mu buyobozi bw’imisoro ahubwo no kubakurikiranira hafi bagasora neza.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore uba buri tariki 8 Werurwe, bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bavuga ko umunyarwandakazi yateye imbere kubera ko atakubaho nka mbere aho wasangaga bavuga ko uretse imirimo yo mu rugo nta kindi umugore ashoboye.
Nyuma y’uko basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi, mu Mujyi wa Kigali, urubyiruko rwaturutse mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bituriye ibiyaga bigari (CEPGL), ruratangaza ko noneho babonye impamvu nyayo yo guharanira amahoro no kurwanya amacakubiri.
Uhagarariye igihugu cy’ubuyapani mu Rwanda, ambasaderi Kazuya Ogawa, tariki ya 06/03/2014, yasuye inkambi y’abanyekongo ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kureba ibikorwa igihugu cye cyateye inkunga ndetse no kubitaha ku mugaragaro.
Inama yateguwe ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Budage; ikazahuza impuguke n’abayobozi bagera kuri 500 baturutse mu bihugu birenga 20 byiganjemo ibya Afurika; bazaba baje kwiga ibijyanye n’imiyoborere hamwe na gahunda yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage.
Mvejuru Jean Pierre wayoboraga ikigo cy’amashuri abanza cya Mujebeshi giherereye mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro hamwe n’umwalimukazi witwa Uwamaliya Augusta na we wigishaga kuri icyo kigo bamaze kwitaba Imana, mu gihe abandi barimu babiri bo bakomeje kuremba bikaba bikekwa ko barozwe.
Senateri Jean Damascene Bizimana, ukuriye komisiyo y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, aratangaza ko u Rwanda rufite ububasha bwo gukurikirana ibyaha urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rutaburanishije ku bo rwaburanishije.
Nyirandepandance Ephaniya w’imyaka 25 utuye mu kagari ka Hehu umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu kuva taliki ya 4/3/2014 yatawe muri yombi n’ingabo za Congo nta mpamvu kugira ngo umuryango we ushobore gutanga amafaranga.
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Donald Koran, ngo afite ikizere ko impunzi z’abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi ko zizahindura ubuzima nyuma yo kujya gutuzwa muri Amerika.
Imodoka zitwaye imfashanyo n’ibicuruzwa bigenewe abaturage ziherekejwe n’ingabo z’u Rwanda zivuye ku mupaka wa Cameroun zashyitse amahoro mu murwa mukuru wa Centrafrique, Bangui, mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 4 Werurwe 2014.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu tariki 05/03/2014 yakiriye anagirana ibiganiro n’umuyobozi w’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abakuru ba Polisi k’isi (IACP), bwana Yousry Zakhary.
Abasenateri bo mu Rwanda barasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gushyiraho ikigega kizagenerwa Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakananenga amwe mu makosa yagiye agaragara mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR).
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, arihanangiriza bamwe mu banyamabanga Nshingwbaikorwa b’utugali two muri aka karere bijandika mu byaha bya ruswa n’ibindi bifitanye isano nayo ngo kuko kuri we ikosa araryihanganira ariko akaba ntaho yahera yihanganira uwo icyaha cyagaragayeho.
Abayobozi ba Polisi z’ibihugu bya Afurika baravuga ko bunguranye uburyo bwo gucunga neza umutekano mu nama bagiriraga i Kigali, ndetse ko bagiye kongera imikoranire no kwigana ibyo abandi bakora, birimo gukorana n’abaturage (Community Policing) bigiye ku Rwanda.
Umugabo witwa Habyarimana Sipiriyani w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yatwitswe n’umugore we amumennyeho amazi ashyushye mu ijosi no mu gituza cye hahinduka ubushye.
Mu bagororwa 8 bafungiye muri Gereza ya Nyakiriba iri mu karere ka Rubavu bari basabiwe imbabazi, umwe ni we wafunguwe nyuma yo gusanga ariwe wujuje ibyangombwa nkuko byemejwe n’inama y’abaminisitiri yabaye mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa mu muryango uhuza Polisi y’ibihugu by’i Burayi, (Europol), Michel Quill, yemereye abayobozi ba Polisi bo mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara gukomeza ubufasha uwo muryango usanzwe uha Polisi zo mu bihugu bya Afurika.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana mu bihe bitandukanye yakiriye bamwe mu bayobozi bagera ku 10 baje bahagarariye Polisi z’ibihugu byabo, kugirango baganire ku bibazo birebana n’umutekano.