Ubwo yatangaga ikiganiro ku mateka y’u Rwanda ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Karongi muri gahunda yo kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, tariki 15/03/2014, Ambasaderi Polisi Denis yasobanuye uburyo abanyapolitiki bagiye boreka u Rwanda mu macakubiri kugera ubwo ava mu moko akagera no mu turere.
Mukangango Beretilida utuye mu Karere ka Huye, avuga ko hari umuntu wari mu bitero byashakaga kumwica mu gihe cya Jenoside yajyaga abona agahahamuka; Ariko ngo nyuma yo kumushaka akamubwira ko nta mutima mubi amufitiye, ubu asigaye atuje no guhahamuka byarakize.
Umusirikare wa Congo wa 14 wafatiwe mu Rwanda yahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko yashyikirijwe itsinda ry’abasirikare bashinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (Extended Joint Verification Mechanism: EJVM) kuri uyu wa gatandatu tariki 15/03/2014.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko (FFRP) bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kobongerera ubumenyi ku kwinjiza ihame ry’uburinganire mu gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari.
Umuryango uharanira iterambere ry’umogore no kurwanya ihohoterwa mu karere k’ibiyaga bigari “COCAFEM,” urishimira uko abagore barimo guharanira kwiteza imbere, bakaba basaba n’abandi bogore guhindura imyumvire bakareka guhora bateze amaboko abagabo.
Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade ya Sweden mu Rwanda, Col. Leif Thorin Carison, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zikora akazi gakomeye mu butumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, hakaba hari byinshi bakwigira ku Rwanda.
Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, atangaza ko ibiganiro bya gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" atari iby’ubwenge gusa ahubwo ari ibyo gufasha mu kubohora imitima.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Sudani y’Amajyepfo mu mujyi wa Juba, kuva taliki ya 12/3/2014, zatangiye igikorwa cyo gutabara abaturage bugarijwe n’ibiza by’amazi menshi yabasanze aho bari bacumbitse.
Ministeri ishinzwe umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC) irasaba Abanyarwanda aho baba bari hose kumva ko bahuje isanomuzi, kandi ko Ubunyarwanda burenze imipaka y’u Rwanda.
Mu isoko rirema mu ri santere ya Gakenke uhasanga ubucuruzi butandukanye dore ko abantu baba baturutse impande zitandukanye bitewe n’uko iri soko rirema kabiri gusa mu cyumweru.
Ku nshuro ya mbere, hagiye kubaho Iserukiramuco ry’abari n’abategarugori mu rwego rwo kumurika bimwe mu bikorwa bagezeho mu myaka 20 ishize Jenoside ibaye mu Rwanda.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rufite ibitekerezo by’iminshinga itandukanye ariko rukabura abarutera inkunga kugira ngo rutangize iyo mishinga yarwo bigatuma rurushaho kuba mu bukene.
Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro gereza izajya ifungirwamo abagore gusa mu ntara y’Iburasirazuba, abagore bemerewe ko nibita ku isuku bashobora kuzajya batunga imisatsi mu gihe ubundi uwageragamo yahitaga yogoshwa umusatsi wose.
Itsinda rishinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (Extended Joint Verification Mecanism) kuri uyu wa kane tariki 13/03/2014 ryashyikirijwe Kaporari Ntungamihigo Zakayo wo mu ingabo za Congo wari warafatiwe mu Rwanda yambutse mu buryo budakurikije amategeko.
Abapolisi 74 barimo ba Komiseri ba Polisi babiri, ba ofisiye bakuru na ba ofisiye bato basezerewe muri Polisi y’u Rwanda. Abo ba Komiseri basezerewe harimo Komiseri wa Polisi (CP) Steven Balinda, na Komiseri wungirije wa Polisi (ACP) Yoweri Ndahiro.
Abanyarwanda birukanywe mu guhugu cya Tanzania bakaza basize imitungo yabo, barishimira uko babayeho ngo nubwo ari igisebo kuri Tanzania yabirukanye izi ko bagiye gupfa.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Kigali, kuwa gatatu taliki 12/03/ 2014, basuye imiryango 142 y’Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari kwitegura gutuzwa mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kirehe bayishyikiriza inkunga zifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni.
Sosiyete SAFKOKO yatsindiye kubaka imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) irimo Gisenyi-Goma, Rusizi-Bukavu hamwe na Bukavu- Bujumbura iragawa ko itihutisha ibyo bikorwa.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga iby’ubuvuzi bw’abantu mu gihugu cya Sudan babinyujije mu mu muryango wabo ARMS (Association of Rwandese Medical Students in Sudan), mu mpera z’icyumweru gishize bahuguye abanyeshuri bagenzi babo 60 mu bijyanye n’ubutabazi bw’ibanze (First Aid) muri kaminuza mpuzamahanga y’Afurika (IUA) (…)
Ishyirahamwe ry’imijyi n’uturere (RALGA) irasaba abanyamuryango bayo muri Nyamasheke gufata iya mbere bagatanga ibitekerezo ku bikorwa n’imiyoborere ya RALGA mu myaka itanu iri imbere mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere yayo.
Intore z’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Comities) ziri mu iterero i Nkumba mu karere ka Burera, zirasabwa gukurikirana neza amasomo zizahabwa muri iryo torero kugira ngo azabongerere ubumenyi mu gukumira ibyaha bigenda bihindura uburyo bikorwamo.
Ubumwe nyarwanda bw’abatabona (RUB) bwakiriye igihembo gitangwa n’ikigo mpuzamahanga giharanira uburenganzira bw’abanyantege nke cyitwa Leitner Center, nk’ikimenyetso kibwira Leta y’u Rwanda ko iri mu nzira nziza yo guha uburenganzira bwinshi abafite ubumuga, kuko yashyizeho amategeko n’ibikorwa byo kubashyigikira.
Bamwe mu bafatanyabikorwa ba Leta bashatse uburyo abana b’abagore bafungiye muri gereza ya Muhanga bafatwa neza aho kugirango bakomeze kubana na ba nyina amasaha yose.
Immaculee Mukambabazi; ukomoka mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 afungiye muri gereza ya Muhanga akaba avuga ko ababazwa n’uko umuryango we wamutereranye kuva yagafungirwa muri iyi gereza mu mwaka wa 2004.
Umwuga wa Polisi ni umwuga w’ishema utuma amategeko yubahirizwa, bityo abawukora na bo barasabwa kuwukorana ubunyamwuga buhanitse barangwa n’ubunyangamugayo ndetse n’Ubunyarwanda kugira ngo babere abandi urugero rwiza.
Imvura nyinshi yaguye tariki 7 Werurwe 2014 ivanze n’umuyaga ukomeye byashenye inkambi z’impunzi binangiza ibikoresho mu nkambi irinzwe n’ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni muri Sudani y’Epfo.
U Rwanda nirwo rwakiriye inama Nyafurika yizihiza isabukuru y’imyaka 10 muri Afurika hatangijwe gahunda y’imiyoborere myiza. N’ubwo u Rwanda rushimirwa intambwe rugezeho, rwo rusanga hakiri byinshi bikenewe gukorerwa abaturage mu buyobozi.
Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu washojwe kuri uyu wa mbere tariki 10/03/2014, wafatiwemo ingamba zo kongera umusaruro, gushyigikira no guteza imbere ishoramari; ku buryo urwego rwa Leta ruzateza igihombo umushoramari rugomba kubyirengera.
Abagore bo mu nkambi ya Kigeme icumbikiye Abanyekongo baratangaza ko bamaze gusobanukirwa n’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore, ndetse n’uruhare rwabwo mu iterambere ry’ingo.
Abanyamahanga baba mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 10 Werurwe, batangiye kubarurwa no gufotorwa kugira ngo bahabwe icyangombwa kibemerera kuba mu Rwanda (Green Card).