Itumba rimaze guhitana abantu 16 no gusenya amazu arenga 370

Isesengura ryakozwe na minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi mu Rwanda (MIDIMAR) riremeza ko Abaturarwanda 16 bitabye Imana, naho abandi 26 barakomeretse n’amazu agera kuri 371 arangirika cyane kubera imvura nyinshi ivanze n’umuyaga n’urubura.

Iyi minisiteri iravuga ko ibi biza byiyongereye cyane ari nako byangiza imitungo y’abaturage n’imitungo rusange mu gihe itumba rimaze ritangiye. MIDIMAR iremeza kandi ko uturere twa Nyagatare, Rusizi, Huye na Gatsibo aritwo twibasiwe cyane n’ubwo ibi biza bigera mu duce twose tw’u Rwanda.

Igisenge cy'ibiro by'akagari ka Kabirizi murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu byatwawe n'umuyaga muri Gashyantare 2014.
Igisenge cy’ibiro by’akagari ka Kabirizi murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu byatwawe n’umuyaga muri Gashyantare 2014.

MIDIMAR yavuze ko ibyo biza byagize ingaruka zitandukanye kuko muri iki gihe imiryango myinshi yasizwe iheruheru. Bamwe ngo bacumbikiwe mu baturanyi babo mu gihe hagishakishwa uburyo bakongera kubona amacumbi.

Iyi minisiteri yabanje gukora ubutabazi bw’ibanze ku miryango yagezweho n’ingaruka z’ibiza, ku buryo ubu hari gutangwa ibikoresho by’ibanze nk’ibiryamirwa, amahema, ibikoresho byo mu rugo n’iby’isuku, mu gihe hagikusanywa ubushobozi kugira ngo imiryango iri hanaze yongere ibone aho gutura.

Uretse amazu, ibiza byangije n'imyaka y'abaturage.
Uretse amazu, ibiza byangije n’imyaka y’abaturage.

Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi irasaba Abaturarwanda gukomeza kwitabira gahunda yo kwimuka ahantu bashobora kwibasirwa n’ibiza, kuvugurura amazu ashaje, ibisenge bikazirikwa neza kuko byagaragaye ko amazu akunze kwibasirwa ari amazu ashaje kandi yubakishije ibikoresho bidakomeye. Harasabwa kandi kwitwararika gusibura inzira z’amazi na za ruhurura, no gufata amazi yo ku mazu.

Iri sesengura kandi ryagaragaje ko abakunze guhitanwa n’ibiza biterwa n’imvura ari abana kubera ubushobozi buke bwo kwitabara. Ku bw’ibyo, MIDIMAR iributsa ababyeyi kumenya aho abana babo baherereye mu gihe imvura igwa ndetse bakanabakura ahantu hashobora kubateza amakuba.

Ibiza byanangije ibikorwa remezo birimo amateme n'imihanda.
Ibiza byanangije ibikorwa remezo birimo amateme n’imihanda.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka