Bamwe mu batuye santere ya Rwanza mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, hamwe mu hazaba hagize umujyi wa Gisagara barishimira ibikorwa bari kugeraho ndetse bakanizera kuzakuza imikorere yabo bivuye ku kwaguka kwa santere yabo.
Bamwe mu bakora umurimo wo kuvunja amafaranga ku mupaka w’Akanyaru ugabanya u Rwanda n’u Burundi baravuga ko bagenzi babo bakorera hakurya i Burundi bakora mu kajagari bigatuma abakora uyu murimo mu Rwanda batabona abakiriya.
Komanda Kojera Kwinja Musanganya Jean Pierre wo mu ngabo za Kongo (FARDC) hamwe na Samuel Konji Bilolo bari mu Rwanda kuva taliki ya 29/8/2017 aho bahagaritswe bambutse umupaka w’u Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko.
Nk’uko bigarukwaho n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga, urubyiruko rw’abakobwa ngo nirwo rwibasiwe n’ibishuko birushora mu busambanyi, akaba ari narwo ruvamo abakobwa bagurishwa hanze kubera irari ryo gukunda ibintu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwemeza ko gahunda ya VUP igamije gufasha abatishoboye kuva mu bukene hari abatayumva neza bigtuma hazamo imbogamizi mu kugaruza amafaranga yabaga yatanzwe mu nguzanyo, kuko ngo hagiye habamo na ba bihemu.
Kwicisha bugufi, gutega amatwi no gukemura ibibazo by’abaturage nibyo byasabwe abayobozi bo mu karere ka Nyagatare hari mu nama njyanama yateranye kuri uyu wa gatanu 5/9/2014.
Kuri uyu wa 5 Nzeri 2014, Mu ishuri rya IPRC West mu Karere ka Karongi batangije itsinda ryagutse (Cellule Specialisée) ry’Umuryango wa FPR Inkotanyi rigizwe n’abanyamuryango bakora muri IPRC West, kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014.
Ahagana mu masaa yine z’amanywa yo ku wa gatanu tariki 5/9/2014, inzu y’uwitwa Uwamahoro Innocent utuye mu kagali ka Kigembe umurenge wa Gacurabwenge, mu karere ka Kamonyi, muri senteri Rugobagoba, yafashwe n’inkongi y’umuriro. Nta muntu wayihiriyemo, ariko hahiriyemo ibikoresho byinshi.
Abagore bari mu buyobozi mu karere ka Gakenke n’abagize inama y’igihugu y’abagore mu mirenge igize aka karere, bahawe amahugurwa agamije kubongerera ubumenyi ku gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina, mu mahugurwa y’umunsi umwe yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014.
Raporo y’ibanga ishami ry’umuryango w’Abibumbye (Monusco) rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko rwinshi mu rumogi rucuruzwa mu Burasirazuba bwa Congo ruhingwa n’inyeshyamba za FDLR mu duce twa Ikobo, Lusamambo, Bukumbirwa, Buleusa, Miriki, Luofu, Lusogha, Kanandavuko,Lueshe, Mirangina, (…)
Umutahira mukuru w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, abwira abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ko ibikorwa byiza bazakora ndetse n’imyitwarire myiza bazagaragaza bari ku rugerero ari byo bizahindura imyumvire y’Abanyarwanda bityo bakubaka Ubunyarwanda bugakomera.
Nyuma yo kubona ko akarere ka Gicumbi kugarijwe n’ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gusoroma icyayi ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwafashe ingamba zo gukora ubukangurambaga ku ma koperative y’ubuhinzi bw’icyayi kureka kujyana abo bana muri iyo mirimo byakwanga bakitabaza inzego z’ubutabera bagahanwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mareba mu karere ka Bugesera buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’abana bata ishuri mu maguru mashya kandi abo bana bagahita basubizwa mu mashuri bari baravuyemo.
Bamwe mu basore n’abagabo bakora imirimo isaba ingufu mu Mujyi wa Musanze, Umurenge wa Cyuve ariko bakorera amafaranga atari menshi, barya imbada aho gufata amafunguro ya saa sita asanzwe kuko ngo barazirya bakumva barahaze bakabona n’imbaraga zo gukomeza akazi nta kibazo.
Capt Kayitana wari umuyobozi wungirije muri CRAP itsinda rishinzwe iperereza muri FDLR riyobowe na Col Ruhinda muri Nyiragongo na Goma, taliki ya 3/9/2014 yiciwe ahitwa Rusayo n’umwe mu bamurinda.
Ahagana mu ma saa moya z’iki gitondo cya tariki 05/09/2014, FUSSO yari ipakiye imbaho igonze taxi mini bus yari iturutse i Runda mu karere ka Kamonyi itwaye abana baje kwiga i Kigali abari bicaye inyuma barakomereka gusa nta witabye Imana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Amb. Smaïl Chergui ndetse n’intumwa nshya y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari, Said Djinnit, bose bashimangiye ko FDLR igomba kurwanywa n’idashyira intwaro hasi.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Abakozi bakorera sosiyete yitwa One star Ltd irimbisha umujyi wa Ruhango baratabaza akarere kubishyuriza amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabahaye akazi ngo kuko baheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatanu, none ubu bamwe bakaba barimo gusohorwa mu mazu abandi bakabura uko bivuza.
Minisitiri muri Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucura impunzi (MIDIMAR) ari kumwe n’umuyobozi w’ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Rwanda basuye inkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo gushakira umuti bimwe mu bibazo iyo nkambi ifite kugirango abayinyuramo (…)
Ku wa 25/08/2012, abatuye akarere ka Ngororero babonye ikiraro cy’abanyamaguru gihuza imirenge ya Bwira na Gatumba hafi y’imbibi z’iyo mirenge n’uwa Muhororo yose yo mu karere ka ngororero. Iki kiraro cya metero 50 cyubatswe ku mugezi wa Kibirira cyakuyeho imfu za hato na hato zaterwaga n’amazi y’uwo mugezi ndetse kigabanya (…)
Mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe, mu karere ka Rusizi, isanzwe yakira by’agateganyo impunzi z’abanyarwanda zitahuka, hageze impunzi z’abanyarwada 36 ziturutse muri zone ya Masisi no ku Idjwi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, kuri uyu wa gatatu tariki ya 3/9/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 03/09/2014, intumwa z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) zasuye akarere ka Kirehe zigirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abakozi n’abahagarariye ibigo binyuranye bikorera muri ako karere, hagamijwe kunoza intego z’icyerekezo 2030 isi yifuza kugenderaho.
Ntagozera Joseph wo mu Kagari ka Cyogo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, atangaza ko kwitwa inganzwa n’abaturanyi n’abandi bagifite imyumvire ikiri hasi kubera gufasha umugore we imirimo yo mu rugo ntacyo bimutwara, kuko afite icyerekezo cyo gufatanya n’umugore we imirimo yose kugira ngo umuryango wabo utere imbere.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Burera buhamya ko Abahwituzi bafite akamaro gakomeye kuko aribo bifashishwa mu kugeza ku baturage gahunda za Leta zitandukanye mu buryo bwihuse bigatuma abo baturage bazishyira mu bikorwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hakenewe amafaranga agera kuri Miliyoni 40 kugira ngo gashobore kubakira abanyarwanda kakiriye birukanywe muri Tanzaniya.
Minisitiri w’ingabo General James Kabarebe, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu muri guverinoma, yashimiye abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu kubera umuhate bagira mu kongera umusaruro uva mu byo bakora, bitandukanye n’amateka yigeze kuranga uyu murenge mu gihe cy’intambara y’abacengezi.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rusizi bagifite ingeso yo gusabiriza barasabwa kuyicikaho, bagafatanya n’abandi kwibumbira mu makoperative kugira ngo babashe kugerwaho n’ubufasha baba bakeneye bitagoranye.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ruzwi mu rurimi rw’icyongereza nka “Young Volunteers” rurakangurirwa kugira uruhare mu kubaka igihugu ariko ibyo bazabigeraho nibabanza guhinduka bo ubwabo, kandi bagashyira imbaraga nyinshi mu guhindura aho batuye by’umwihariko bagenzi babo kugira ngo igihugu kibe cyiza (…)
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke, tariki 02/09/2014, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Dr Nzahabwanimana Alexis, yasabye ko ahantu hatanoze mu iyubakwa ry’umuhanda uva Nyamasheke ugana i Karongi, hakosorwa kugira ngo inenge zashoboka zibashe (…)