• Abagore nabo bari benshi cyane bitabiriye umunsi mukuru wa Idil Fitr.

    Umuyisilamu muzima ngo arangwa n’urukundo

    Kubahana, kurangwa n’urukundo n’ubusabane no guharanira icyateza imbere abanyagihugu nibyo bikwiye kuranga umuyisilamu muzima; nk’uko byagarutsweho n’abayisilamu bo mu karere ka Nyagatare ubwo hizihizwaga umunsi wa Idil Fitr usoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan.



  • Umuyobozi w

    Rubavu: Abasilamu bashima ubuyobozi bwabahaye agaciro

    Ubwo abayislamu bo mu mujyi wa Gisenyi bizihizaga umunsi mukuru wa Eid El Fitr kuri uyu wa 28/07/2014 bahuriye kuri Stade Umuganda ahabereye amasengesho, bashima ubuyobozi bw’igihugu bwahaye abasilamu bo mu Rwanda agaciro.



  • Abagize itsinda Elayo rikora umurimo wo kwigisha ijambo ry

    Nyamasheke: ADEPR yatangije uburyo budasanzwe bw’ivugabutumwa mu bakozi

    Itorero rya ADEPR muri paruwasi ya Nyamasheke ryatangije uburyo butari busanzwe bwo kuvuga ubutumwa biciye mu bakozi bakora akazi bahemberwa ku kwezi.



  • Uyu murima uhingwa n

    Rulindo: Umurima watijwe abasigajwe inyuma n’amateka ntuvugwaho rumwe

    Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Base mu kagari ka Rwamahwa ngo bahangayikishijwe n’uko abayobozi bashaka kubambura umurima bavuga ko bari barahawe n’uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa wayoboraga umurenge wa Base, ubu akaba yarimuriwe mu wundi murenge.



  • Abajyanama b

    Abaterwa inkunga na USAID barishimira ibyo bamaze kugeraho

    Abaterwa inkunga n’ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) barishimira ibyo bamaze kugeraho babikesha iyo nkunga; babigaragaje ubwo USAID yabasuraga mu rwego rwo kureba uko abo ifasha babayeho, ibyo bakora ndetse n’icyo inkunga yahawe yabamariye mu mibereho yabo.



  • Umuyobozi w

    U Rwanda nta wundi turusiganya - Murenzi Abdallah

    Mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi wabaye tariki 26/07/2014 umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Murenzi Abdallah yabwiye abari muri uyu muganda ko bagomba kwita ku iterambere ry’igihugu ngo kuko nta wundi rireba usibye Abanyarwanda ubwabo.



  • Abamotari bari biyicariye kuri moto zabo nta bikoresho by

    Nyagatare: Abasiba umuganda bagiye kujya bahanwa

    Ubuyobozi bw’akagari ka Nyagatare mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo cyo gukora amakarita y’abitabira umuganda hagamijwe kumenya abatawitabira bigafasha mu kubagenera ibihano biteganywa n’itegeko ry’umuganda.



  • Amazu yubakirwa abirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya.

    Mayange: Bagiye kuzuza amazu 15 yubakirwa Abanyarwanda birukanwe Tanzaniya

    Igikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batujwe mu karere ka Bugesera kirarimbanyije, mu murenge wa Mayange harimo gusozwa kubaka amazu 15 abo banyarwanda bazatuzwamo.



  • Abayobozi b

    “Umutungo kamere u Rwanda rufite ni jye nawe”- Ministiri Kaboneka

    Ministiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahaye ikaze abaturage birukanywe muri Tanzania barimo abari kubakirwa, abasaba gufatanya n’abandi mu iterambere ubwo bazaba bamaze kumenyera ubuzima busanzwe, kuko ngo nta wundi mutungo kamere u Rwanda rufite atari abaturage.



  • Kamonyi: Bahangayikishijwe no kudatunga ibyangombwa by’ubutaka

    Bamwe mu baturage b’akarere ka Kamonyi batarabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, batangaza ko bagihura imbogamizi zituma batabihabwa, bakaba nta n’icyizere cyo kubibona bafite kuko batujuje ibisabwa.



  • Umunyamabanga nshingwabikorwa w

    Rwimishinya: Abaturage n’ubuyobozi baritana ba mwana ku butaka leta yisubije

    Bamwe mu baturage batuye ahitwa i Nyarunazi ho mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bari baratijwe ubutaka na leta kuva mu mwaka wa 2010 kugira ngo babuhingeho kawa, ariko mu minsi ishize barabwambuwe buhabwa amakoperative y’abagore.



  • Bimwe mu bikoresho bizimya umuriro basabwe kugura.

    Bugesera: Mu bigo 20 byasuwe kimwe nicyo cyasanzwemo ibikoresho bizimya umuriro

    Itsinda rishinzwe kureba ibijyanye no gukumira inkongi z’umuriro mu karere ka Bugesera mu minsi ishize ryakoze igenzura mu bigo bigera kuri 20, harebwa niba bafite ibikoresho bizimya inkongi z’umuriro, ariko basanze ikigo kimwe gusa aricyo gifite ibyo bikoresho.



  • Abaturage bishimiye ko begerejwe amazi meza bagaca ukubiri n

    Nyamagabe: Abatuye Cyeru baruhutse kuvoma mu kabande

    Abaturage bo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Gakanka ko mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko bashimishijwe no kuba baregerejwe amazi meza bagaca ukubiri no kuvoma mu kabande amazi adatunganyije neza kandi bayakuye kure.



  • Gitau yatangaje ko bishimira ko intambwe u Rwanda rugezeho bayigizemo uruhare.

    World Vision irishimira imyaka 20 imaze ifatanya n’u Rwanda mu rugamba rwo kwibohora

    Umuryango wa gikirisitu ukora ibijyanye no gufasha abaturage batishoboye, World Vision, urishimira ko hari byonshi wafatanyije n’u Rwanda mu rugendo rwo kwibohora, aho mu myaka 20 washoboye gufasha abaturage benshi kuva mu bukene no mu bujiji.



  • Abakozi ba MTN bageze kuri site ya Marongero ahazubakwa amazu 19 azatuzwamo Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya.

    Intego ya MTN ngo si ubucuruzi gusa

    Uretse ubucuruzi ngo sosiyete y’itumanaho ya MTN ngo inakora ibikorwa bifasha mu iterambere ry’Abanyarwanda. Kuri uyu wa 25 Nyakanga iyi sosiyete yashyikirije akarere ka Nyagatare inkunga y’amafaranga miliyoni 5 azifashishwa mu kubakira imiryango y’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya.



  • Umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n

    Rusizi: Abakoresha umupaka wa Ruhwa barishimira uko serivisi zihuta

    Abakoresha umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n’u Burundi bava cyangwa bajya muri ibyo bihugu byombi barishimira ko kuva aho hahurijwe imikorere kuri uwo mupaka byihutishije serivisi ku buryo ubu nta serivisi ikirenza umunota umwe iyo umuntu ahaciye yujuje ibisabwa.



  • Gutahiriza umugozi umwe nibyo bizubaka umuryango nyarwanda - Perezida Kagame

    Ubwo yasozaga ku mugaragaro itorero ry’Urubyiruko rw’Abanyarwanda biga n’ababa mu mahanga ku nshuro yaryo ya karindwi ryiswe “INDANGAMIRWA”, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yabasabye gutahiriza umugozi umwe kuko ari byo bizafasha mu kubaka Umuryango Nyarwanda.



  • Bamwe mu bayobozi bari muri iyi nama nyunguranabitekerezo hagati y

    Nyanza: Abanyamakuru n’abayobozi biyemeje gushyiraho imikoranire ihamye

    Abakora umwuga w’itangazamakuru n’abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’Intara y’Amajyejyepfo biyemeje gushyiraho uburyo buhamye bwo kunoza imikoranire hagati y’izi nzego zombi.



  • Abana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva barererwa mu kigo Fair Children Youth Foundation (FCYF).

    Musanze: Abana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bahawe ibikoresho by’imyuga

    Umushinga wita ku bana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, Fair Children Youth Foundation (FCYF) ukorera mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, tariki 23/07/ 2014 washyikirije abana 9 ibikoresho by’imyuga bize bifite agaciro gasaga gato amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 257.



  • Amakinamico ni yo bibandaho mu gutanga inyigisho.

    Ngororero: Bakoresha ibihangano mu kurwanya amakimbirane aturuka ku butaka

    Mu karere ka Ngororero batangiye gahunda yo gukora ubukangurambaga bwo kurwanya amakimbirane akomoka ku butaka hifashishijwe ibihangano bitandukanye, harimo indirimbo, imivugo, amakinamico magufi, ibishushanyo n’ibindi.



  • Ministiri w

    Ministiri w’intebe Murekezi ngo yizeye inkunga ya Perezida Kagame n’abandi mu mirimo yashinzwe

    Ministiri w’Intebe mushya, Anastase Murekezi yiyemeje kujyana n’icyerekezo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahaye u Rwanda, kandi ngo yizeye kuzahabwa inkunga y’ubujyanama bwe ndetse n’iva mu gukorana umwete kw’abandi bayobozi n’Abanyarwanda muri rusange.



  • Abanyarwanda bazasabwa kujya baha abana babo amazina bakivuka

    N’ubwo ubusanzwe mu muco wa Kinyarwanda bivugwa ko umwana ahabwa izina nyuma y’iminsi umunani avutse, biteganyijwe ko mu gihe kiri imbere Abanyarwanda bazajya basabwa guha abana babo amazina bakivuka.



  • Joseph Habineza yagarutse muri MINISPOC yayoboraga mbere yo kuba Ambasaderi muri Nigeria.

    Abagize Guverinoma nshya igiye kuyobora u Rwanda

    Nyuma yo kugirwa minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Minisitiri Anastase Murekezi yashyizeho abaminisitiri 22 n’abanyamabanga ba Leta icumi bazaba bagize guverinoma nshya igiye kuyobora u Rwanda.



  • Aba bo batanze ubutumwa bukangurira abaturage kwirinda amakimbirane ashingiye ku butaka babinyujije mu bihangano bashushanyije.

    Rutsiro: Biyemeje guhashya amakimbirane ashingiye ku butaka

    Urubyiruko rwo mu karere ka Rutsiro rwiyemeje gufata iya mbere mu gukangurira ababyeyi ndetse n’abavandimwe kuvanaho impamvu zijya ziteza amakimbirane ashingiye ku butaka mu rwego rwo kwirinda ingaruka zirimo n’impfu za hato na hato zijya zivuka zitewe n’ayo makimbirane.



  • Kankendi ati "duharanire amahoro tube mu mahoro".

    Musanze: Haramurikwa ibihangano bikangurira abantu amahoro n’ubumwe

    Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ifatanyije n’umuryango AEGIS TRUST barimo kumurika mu Karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kabiri tariki 22/07/2014 ibihango by’abana n’abantu bakuru bitanga ubutumwa bw’amahoro no kwimika ubumwe mu Banyarwanda.



  • Minisitiri w

    Menya Anastase Murekezi, minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda

    Anastase Murekezi wagizwe minisitiri w’intebe wa 10 ugiye kuyobora guverinoma mu Rwanda ni umugabo w’igikwerere ufite imyaka 62, wari umaze imyaka 10 muri guverinoma y’u Rwanda ubu agiye kuyobora namara kuyishyiraho mu gihe kitarenze iminsi 15.



  • Rwiyemezamirimo wubakaga aya mashuri ngo yananiwe kurangiza imirimo none harashakwa undi.

    Nyamyumba : Bamaze amezi 8 badahemberwa imirimo bakoze ku ishuri

    Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko bafite impungenge zo kutishyurwa amafaranga y’imirimo bakoze ku ishuri ry’imyuga riri kubakwa muri uyu murenge ryatewe inkunga n’uruganda rwa Bralirwa.



  • Aba guide bari muri gahunda ya free being me.

    Aba Guides bo mu Rwanda batangije ukwezi ko kurwanya ihohoterwa

    Urubyiruko rw’aba guide rwatangije ukwezi ko kurwanya ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore mu gikorwa kiswe free being me «kwishimira uwo ndiwe » gahunda iri kwigishwa abana b’abaguides bafite hagati y’imyaka 7 kugera kuri 14.



  • Ibirayi ni kimwe mu bihingwa byera cyane mu karere ka Nyabihu.

    Nyabihu: Hagiye gushyirwa uruganda rutunganya ibirayi

    Ku bufatanye bw’akarere ka Nyabihu na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM), muri aka karere hagiye gushyirwa uruganda rutunganya ibirayi, hagamijwe kongerera agaciro iki gihingwa gifatiye runini abaturage n’ubukungu bw’akarere muri rusange.



  • Iyakaremye yemeza ko agace uruganda ruherereyemo kagenda gahinduka mu majyambere no mu mibereho y

    Kayonza: Uruganda Mount Meru Soyco ngo rwagabanyije ubushomeri nubwo rukinengwa umusaruro

    Abaturage baturanye n’uruganda Mount Meru Soyco rukora amavuta yo guteka bavuga ko rwagize uruhare mu kugabanya umubare w’abashomeri cyane cyane mu karere ka Kayonza ruherereyemo, n’ubwo rutaratangira gukora amavuta menshi nk’uko byari byitezwe rutangira kubakwa.



Izindi nkuru: