Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, avuga ko izina “Abashigajwe inyuma n’amateka” ryagakwiye kuvaho abaryitwa bagakomeza kwitwa Abanyarwanda nk’abandi.
Umubare munini n’ubwiyongere bw’abaturage batuye mu kirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera uteye inkeke aba baturage, kuko bahura n’ikibazo cyo kubura ubutaka bahingaho bikaba intandaro yo kutagira imibereho myiza.
Minisitiri w’Umutekano, Mousa Fazil Harelimana, atangaza ko gereza igiye kubakwa mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba ari andi maboko abaturage bahawe, akabasaba kuzakorana neza n’abahagororwa kugira ngo bazabafashe mu bikorwa by’iterambere.
Abakozi bubaka hoteli y’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa na rwiyemezamirimo wabakoreshaga ndetse bakaba batakihamubona kuko haje abandi, bakaba batazi uburyo bazabona amafaranga yabo.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baravuga ko hari indwara zimwe na zimwe zaterwaga n’umwanda, zirimo inda n’amavunja, zibagiranye nyuma y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero Nyiraneza Clotilde arasaba abagore n’abakobwa guhagarika icyo yita kwihohotera babyarana n’abagabo batashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abaturage 600 bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga mu materasi bavuga ko yitwa Rev. Pasteur Ntakirutimana Florien wa company ECOCAS, bavuga ko batorohewe n’ubuzima nyuma yo kwamburwa bamukoreye amezi atandatu ntibishyurwe.
Abaturage barema isoko rya Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, barasaba ko ubwiherero bw’isoko ryabo bwajya bukorwa mo isuku ihagije byaba ngombwa bakishyuzwa uko babugiyemo ariko ntibabure aho bajya kwiherera nk’uko bibagendekera.
Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no kuba bacibwa amafaranga yo kugura inzu ikorerwamo n’ihuriro ryabo kuko batabigishijweho inama ariko ubuyobozi bwabo bwo buvuga ko bwubahiriza imyanzuro yavuye mu nama rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye gusenya inyubako bwakoreragamo hakubakwa indi nyubako igezweho izaba ari etaje ikazubakwa n’ubundi aho ishaje yari yubatse.
Abaturage b’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu bizihije umunsi wahariwe gukunda igihugu uba buri tariki ya 1 Ukwakira bagenera impano ingabo zari iza APR ubu akaba ari RDF kubera ubutwari zagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Abayoboke b’ishyaka ry’ubwisungane bugamije iterambere (Parti de la Solidarite et du Progres/ PSP), rimwe mu mashyaka 11 yemewe na Leta akorera mu Rwanda, bemeza ko mu Rwanda hari ubwisanzure na demokarasi.
Abayobozi batandukanye barimo abakozi b’imirenge bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abafite uburezi mu nshingano zabo hamwe n’abandi bakorera mu bigo nderabuzima, barasabwa kumenya abo abana bari munsi y’imyaka 19 bavuga ko babateye inda ubundi bagakurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano kugirango bashikirizwe ubutabera.
Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yemeza ko igihugu cye gishyigikiye ihagarikwa ry’imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa kongo, by’umwihariko umutwe wa FDLR.
Nyuma yo kugomera uruzi rwa Nyabarongo kugirango urugomero rubashe kubona amazi ahagije azifashishwa mu gutanga ingufu z’amashanyarazi, amazi aragenda agera mu mirima y’abaturage, akangiza imyaka.
Umugabo witwa Bugingo Francois Xavier uvuka mu mudugudu wa Gacumu, mu kagari ka giheta, umurenge wa Munini mu kerere ka Nyaruguru aherutse kwirega ko yasambanyije ku gahato abana b’abakobwa batandatu barimo n’ufite imyaka 3.
Umunyapakistani wita Waseem Sheikh atangaza ko ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba abihoramo ariko by’umwihariko ngo akunda u Rwanda kuko ari igihugu ugenda igihe cyose ntacyo wikanga bitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Karere.
Ahitwa mu Gashikiri mu karere ka Huye haguye ikamyo yari itwaye amavuta ya mazutu irakongoka, abari bayirimo barakomereka bidakanganye ubwo bayisimbukagamo.
Kuva taliki 27/09/2014 abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi ntibabona amazi meza bahabwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi (Water & Sanitation Corporation/WASAC), benshi bakaba bitabaza amazi yo mu bigega by’ubudehe abadashoboye kuyagura bakajya kuvoma amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Nduwamungu Jean Claude w’imyaka 26 urerwa n’umuryango wamutoraguye mu karere ka Nyamasheke avuga ko yayobewe irengero ry’ababyeyi be ndetse akaba atibuka aho bari batuye.
Abanyamakuru bo mu Rwanda bavuga ko imbogamizi ebyiri zibakomereye mu mwuga wabo, ari ukuba hari abakibarushya mu kubaha amakuru hakiyongeraho ko abahembwa byujuje amategeko ari mbarwa abandi nabo ntibanahembwe.
Ikibuga cy’indege cya Kamembe kiri mu karere ka Rusizi kigiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’amezi atanu kugirango gisanwe uhereye tariki yambere z’ukwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2014.
Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 29/09/2014, yasozaga imurikagurisha rya gatanu mu Ntara y’Amajyaruguru Umuyobozi w’iyo ntara yasabye abikorera gutandukana n’imikorere ya gakondo bakagira icyerekerezo cyo kwagura ibikorwa byabo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryngo wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ruratangaza ko rwishimiye cyane ibikorwa bimaze kugerwaho n’urubyiruko rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango. Ikarusaba kwegera n’urundi rubyiruko kugirango narwo rudasigara inyuma.
Abaturage batuye umurenge wa Gashora mu karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu zabasaniye ikiraro gihuza iyo mirenge none kikaba cyongeye kuba nyabagendwa.
Nyuma y’ibibazo by’ubutaka byakomeje kurangwa hagati y’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’abaturage baturanye n’uruganda, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke baratangaza ko byaba bigiye kubonerwa umuti mu gihe ibiganiro bya nyuma n’abaturage byaba bigenze neza.
Mu Rwanda hatangijwe isosiyete yitwa SSIAP (Societe de Securite Incendie et d’Assistance aux Personnes) y’abikorera ishinzwe gukumira, kurwanya inkongi z’imiriro mu nyubako no gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’ibyo byago, kugirango Polisi y’igihugu izajye itabara hatarangirika byinshi.
Nubwo bemeza ko ntako Leta itagize ngo ibakire beza, bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Nyarusange, akarere ka Muhanga, barasaba kubona aho kuba no guhinga kuko nta masambu bagira.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi bo mu ntara y’Uburengerazuba bahaye imiryango 30 yo mu karere ka Rutsiro inka muri gahunda ya Girinka bakaba biyemeje kurandura imibereho mibi.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 27/09/2014 polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage batuye mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza isiza ibibanza by’aho iteganya kubakira abatishoboye amazu yo kubamo.