Abanyarwanda 59 bagarutse mu Rwanda bavuye mu duce dutandukanye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, aho bavuga ko ubuzima butari buborohereye ariko kubera kubura amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda bagahitamo kunambira muri icyo gihugu.
Abasanzwe ari abakiriya ba Equity Bank mu karere ka Rubavu bavuga ko batunguwe no kubona iyi banki igiye kumara iminsi itatu ifunze imiryango idakora, kuko bizatuma abadafite amakarita ya ATM batazashobora kubona amafaranga.
Mu karere ka Nyanza hashyizweho uburyo bushya bwo kunoza serivisi z’abakorewe ihohoterwa hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, mu rwego rwo kurwanya serivisi mbi zahabwaga rimwe na rimwe abakorewe ihohoterwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahagurukiye abakozi bakorera muri ako karere batujuje ibyangombwa ku buryo bitarenze ukwezi kwa 11/2013 umukozi uzaba ataruzuza ibyangombwa bisabwa azahagarikwa ku kazi.
Aba banyarwanda bageze mu nkambi ya Nyagatare bavuga ko bafashe umugambi wo kugaruka mu gihugu cyabo, nyuma yo kumva amakuru meza y’uko igihugu cyabo kirimo umutekano n’ubutabera busesuye.
Umwe mu mu barwanyi ba FDLR batashye mu Rwanda bagize uruhare mu mirwano ya Kanyarucinya na Kanyamahura bavuga ko M23 itariyo yarashe mu Rwanda na Goma, ahubwo ko byakozwe n’abasirikare ba Congo bakoranaga na FDLR.
U Rwanda ruritegura kwakira inama mpuzamahanga izaba igamije gushyiraho amahame mashya mu kugorora abagororwa. Inama izaba guhera tariki 25-26/11/2013.
Mutwarasibo Ernest, umushakashatsi mu kigo kigamije gukemura amakimbirane (Center for Conflict management), avuga ko iyo abakoze Jenoside baza kwibaza ku buzima buzakurikiraho nyuma yo kuyikora, ndetse bakanibaza ku buzima bateganyiriza abana babo, batari kwica.
Nyuma y’itabaruka ry’umubyeyi wa nyiri kampani ya Capital Express itwara abagenzi mu muhanda Kigali-Karongi, kuri uyu wa 15/11/2013 mu mujyi wa Karongi hari ikibazo cy’ibura ry’imodoka kubera ko abakozi ba Capital bose bagiye gutabara umukoresha wabo.
Babitewemo inkunga n’umuryango w’Abanyamerika USAID, umushinga International Alert, Urugaga Imbaraga na Pro-femme Twese Hamwe, batangiye umushinga w’ubufatanye mu iterambere binyujijwe mu muco w’amahoro.
Impuguke z’imiryango mpuzamahanga zaje mu Rwanda kuganira ku nkomoko y’amabuye y’agaciro acukurwa mu bihugu by’akarere k’ibiyaga bigari, zavuze ko ubwinshi bw’ibirombe mu Rwanda, uburambe no gukoresha uburyo bugezweho, byakuraho ibirego bishinja u Rwanda gucuruza amabuye y’agaciro ava muri Congo.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, arasaba urubyiruko gatorika ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kugira inzozi, icyerekezo cyangwa se ikifuzo gikomeye cyane umuntu aba afite ku mutima kuko kuko aricyo kiyobora inzira anyuramo buri munsi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge aravuga ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” atari gahunda nshya kuko ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’inyigisho, bigamije gukiza ibikomere ibikomere Umunyarwanda yaciyemo maze yiyubake.
Abakozi n’abakorerabushake 28 b’umuryango utabara imbare Croix-Rouge y’u Rwanda bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu bari kwigishwa guhangana n’ingaruka z’ibiza no kubikumira.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, yamenyesheje abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge ndetse na ba perezida b’inama njyanama kuri izo nzego ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda igomba kugera kuri buri muturage wo mu karere ayoboye.
Nyuma y’amezi atandatu abakozi bemejwe n’inama njyanama y’akarere ka Ruhango bari mu igeragezwa ry’akazi, kuri uyu wa Kane tariki ya 14/11/2013 nibwo barahiriye ko babaye abakozi bemewe na Leta.
Bamwe mu batuye akarere ka Bugesera baravuga ko kuba mu muryango uhuza ibihugu byo muri Afrika y’ibirasirazuba EAC, East African Communtity bibafite akamaro kanini kuko ngo bizazana impinduka nziza mu Banyarwanda ku mpande nyinshi zirimo nko koroshya ubuhahirane.
Urubanza ruregwamo Lt. Joel Mutabazi wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda RDF, ari hamwe n’abo baregwa ibyaha birimo kugambanira igihugu no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, rwasubitswe kubera ko uregwa ngo atarabona umwunganira mu mategeko, rukaba ruzasubukurwa ku itariki ya 25/11/2013, ubwo Mutabazi agomba kuba yashatse (...)
Umukozi usanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari mu karere ka Gakenke aravugwaho ko ngo yagujije umuturage amafaranga agera ku bihumbi 120 ariko atinda kuyamwishyura ndetse umuturage we abona ko yanze kumwishyura ahitamo gufatira mudasobwa y’akazi uwo munyamabanga yari abikije iwe.
Uwamahoro Dative w’imyaka 30 wo mu murenge wa Musange mu kagari ka Masangano mu mudugudu wa Kibumba ukurikiranyweho kwica umugabo we witwaga Minani François akamuta mu bwiherero hagashira umwaka bitaramenyekana, yageze imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 13/11/2013 aburana ifungwa (...)
Ubwo Ikigega cy’Iterambere ry’igihugu Agaciro Development Fund cyatangizwaga mu mwaka ushize, Abanyagakenke bose biyemeje gutanga umusanzu ungana na miliyoni 414 z’amafaranga y’u Rwanda muri icyo kigega. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Gakenke yatangarije mu nama yabaye tariki 12/11/2013 ko umusanzu (...)
Inka zirenga 500 zimaze kugera mu Rwanda, ngo n’izindi nyinshi ziri mu nzira zihunga ubushimusi buri gukorwa n’ingabo za Kongo zitwa FARDC aho ziri kurya inka z’abaturage mu duce twa Bunagana, Runyonyi na Rumangabo.
Umugabo witwa Ngarambe Clement w’imyaka 37 wigishaga ku kigo cy’amashuri cya Rega mu karere ka Nyabihu, yabonetse ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 11/11/2013 yapfiriye aho yari acumbitse, mu mudugudu wa Kabaya, akagali ka Gisesero, mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze.
Ngo n’ubwo Abanyarwanda badashobora guhindura amateka mabi igihugu cyabayemo, ngo bafite ubushobozi bukomeye mu biganza byabo bwo guhitamo imbere heza no guhitiramo abazabakomokaho icyerecyezo cyiza.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu karere ka Kayonza batarara aho bakorera bahawe icyumweru kimwe cyo kuba bamaze kwimukira mu tugari bayobora, abatabishoboye ngo bagasezera ku kazi. Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kayonza kuva ku rwego rw’akagari (...)
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi yasabye imbabazi “Abatutsi kubera ibyaha bakorewe n’Abahutu”, kugira ngo abakozi ba Ministeri ayobora ya MINIRENA n’ibigo biyishamikiyeho ari byo Ikigo cyo kubungabunga ibidukikije REMA n’icyo guteza imbere umutungo kamere RNRA, nabo babashe gukurikiza iyo gahunda.
Ku rutonde rw’imijyi myiza ikinyamakuru Jeune Afrique gitangaza ko ibereye guturwamo, umujyi wa Kigali usanzwe uri umurwa mukuru w’u Rwanda uri ku mwanya wa kane, nyuma y’imijyi nka Le Cap na Johannesburg yo muri Afurika y’Epfo ndetse na Casablanca yo muri Maroc.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kurwanya ubukene bivuye inyuma nk’uko Ingabo zirwanya umwanzi, kugira ngo babashe kubutsinda batere imbere.
Abayobozi bamwe mu tugari two mu mirenge ya Busasamana, Kanama na Nyakiriba mu karere ka Rubavu bigaga mu mujyi wa Goma na Kibumba muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, basabwe guhagarika amasomo yabo muri icyo gihugu ngo kubera impamvu z’umutekano.
Abacuruzi n’abaturage bo mu karere ka Gakenke barinubira ko mu masaha y’umugoroba basigaye bamburwa umuriro w’amashanyarazi, bakavuga ko bibatera igihombo kandi bagasaba ko icyo kibazo kivugutirwa umuti bakabasha gukora neza.