Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira abashoramari mpuzamahanga kuza mu Rwanda kuko ngo uhashoye imari aba yizeye ko amafaranga ye abungwabungwa mu gihugu kirimo umutekano usesuye.
Abayobozi mu nzego zitandukanye hamwe n’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’uturere (Joint Action Development Forum/JADF), bari gushaka ibisubizo ku makimbirane arangwa mu baturage akunze no kuvamo kwicana yagaragajwe mu kwezi kw’imiyoborere, ahanini ashingiye ku butaka.
Ubuyobozi bwa Union Wood Manufacturing and Supply LTD bwakoraga imirimo ijyanye n’ububaji mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye kujyana mu nkiko ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango nyuma y’uko busenye inyubako zayo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yanenze intara y’Uburengerazuba kuba ikiri inyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, aho akarere gafite abaturage benshi bamaze gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kari ku kigero 61%.
Abanyamabanga nshingwabikorwa batatu bahize abandi mu kwesa imihigo mu karere ka Gicumbi bashimiwe kuko ngo bafashije ako karere kuva ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 ubu kakaba karaje ku mwanya wa 14.
Umukecuru witwa Nyiraminani Marie uri mu kigero cy’imyaka 65 yatahutse mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 /10/214 avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ariko yaje atorotse umugabo we kuko yari yaramubujije gutaha.
Muri iki gihe cyahariwe imiyoborere myiza, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon n’intumwa yari ayoboye basuye umurenge wa Muhanda, abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza niba hari ibibazo bibaraza ishinga habura n’umwe, ubwo babasuraga kuri uyu wa kuwa gatanu tariki ya 17/10/2014.
Umugore witwa Twizerimana Agnesw’imyaka 27 utuye mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, amaze imyaka itanu yarabuze umugabo bashakanye none arasaba koroherezwa kubona ubutane kugira ngo yishakire undi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke butangaza ko bugiye kujya bugira gahunda yihariye ku biganiro bya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo Ubunyarwanda burusheho gushimangirwa mu barutuye kurusha uko bajya bibona mundorerwa y’amoko n’ubwo bidakunze kuhagaragara.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye uruhare rw’Abunzi mu guteza imbere umuco w’amahoro wo gukemura amakimbirane aba hagati y’abaturage aboneraho gusabye inzego z’ibanze kutivanga mu mikorere yabo, nk’uko basanzwe babyinubira.
Polisi y’igihugu yatangaje ko umupolisi warashe umusore ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 17/10/2014 i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali yabikoze yirwanaho ubwo uwo musore yari amubangamiye mu gikorwa cyo kubabuza gucururiza mu kavuyo.
Umufaransa Hugues Nouvellet, ushinzwe tekiniki mu iterambere ridaheza kandi rigera kuri bose ku cyicaro cy’umuryango Handicap International, avuga ko abafite intege nkeya n’abafite ubumuga bakwiye gukanguka bakitabira kubyaza amahirwe batangiye kubona kugira ngo batere imbere.
Nyuma y’uko komisiyo y’Inteko Ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’imali n’umutungo bya Leta (PAC), tariki 16/10/2014, itumije ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza ikabunenga amakosa mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Izabiliza Jeanne nawe (…)
Umuryango w’Abibumbye (UN) uratangaza ko uburyo u Rwanda rukoresha buri munsi mu gucyemura ibibazo no gutera imbere butera ishema ibindi bihugu bya Afurika kandi bukaba urugero rwiza Afurika ikwiye kugenderaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo aratangaza ko leta y’u Rwanda igiye gukora iperereza ku mpamvu BBC yahitishije filime irusebya ikanapfobya Jenoside, nyuma y’uko leta ikomeje kwakira ibirego by’Abanyarwanda basaba ko BBC yasaba imbabazi.
Hagiye kujyaho urwego rw’Inkeragutabara rwa Polisi y’igihugu rugizwe n’abapolisi bashoje akazi kabo ariko baritwaye neza, bakazajya bifashishwa na Polisi mu gihe habaye akazi kenshi cyangwa bakoherezwa mu butumwa hanze y’u Rwanda.
Hashize igihe kinini imodoka z’amakamyo ziparika rwagati mu mujyi w’akarere ka Rusizi. Izi modoka ahanini zabaga zizanye ibicuruzwa zibivana mu bice bitandukanye ariko nyuma yo kubipakurura zikahaguma mu gihe zitegereje ibindi.
Abarwanyi ba FDLR basanzwe baba mu nkambi ziterwa inkunga n’imiryango nka OXFAM na Solidalités international ikorera mu gace ka Masisi, bavuga ko abakozi b’iyi miryango bagira uruhare mu kubuza Abanyarwanda bari mu nkambi gutaha kubera ibikorwa bakorana nabo.
Uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Dukuze Christian, tariki ya 15/10/2014 yasezeye ku mirimo ye nyuma y’uko hari hashize ukwezi abaturage bavuga ko atabegera ngo akemure ibibazo byabo.
Ku isaha ya saa kumi z’igicamunsi cyo kuwa 15/10/2014 nibwo imodoka yo mu bwoko bwa Benz yari yaciye ikiraro cya Rwabusoro ikagwa mu ruzi rw’Akanyaru yarohowe mu mazi.
Polisi y’igihugu icumbikiye abagabo 11 barimo abafatiwe mu cyuho bashaka gutanga ruswa ku bapolisi bashinzwe umutekano wo ku muhanda, abandi bakaba barafashwe ngo bahererekanya impushya mpimbano zo gutwara ibinyabiziga.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro kuva ku mudugudu kugeza ku rwego rw’umurenge bagiranye ibiganiro hagamijwe kwibukiranya amahame remezo y’umuryango ndetse biyemeza guharanira kuwubaka kurushaho.
Abaturage b’umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare bavuga ko barembejwe n’abajura cyane ab’amatungo. Ibi ngo bituma hari n’abagore barara hanze barinze amatungo yabo.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface arasaba urubyiruko kugendera kure ibikorwa byo kwigurisha kuko ari bwo buryo bwiza bwatuma rugira ubuzima bwiza rukazagirira akamaro u Rwanda n’Abanyarwanda.
Mu gihe kitageze ku cyumweru, Umunyarwanda wa cyenda mu bafungiye muri gereza yitwa T2 iri mu mujyi wa Goma yabashije kugaruka mu Rwanda taliki ya 13/10/2014 nyuma yo kumara amezi abiri yaraburiwe irengero.
Ubwo yari mu nteko ishinga amategeko kuri uyu wa 14/10/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanangirije abarwanya ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 20 ishize, ko ibyo bavuga ngo bitera imbaraga aho guca intege Leta ayobora.
Umuyobozi mukuru w’Inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Israel, Ronen Plot hamwe n’abo bari kumwe bari mu Rwanda kuva ku cyumweru tariki 12/10/2014, kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 basuye ingoro ndangamurage z’u Rwanda ziherereye mu Ntara y’Amajyepfo mu rwego rwo kwagura umubano ushingiye ku muco w’ibihugu byombi.
Senateri Bernard Makuza kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 atorewe kuba Perezida wa Sena akaba asimbuye Dr Jean Damascene Ntawukuliryayo weguye kuri uwo mwanya tariki 17/09/2014.
Karerangabo Antoine na Nkurikiyimana Ladislas bagiranye amakimbirane ashingiye ku bukode bw’urukero rusatura ibiti mu gihe kirekire, baratangaza ko ubu ari inshuti magara biturutse ku bunzi bo mu kagari batuyemo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Murambi bavuga ko kwegerezwa abunzi byagabanyije amakimbirane n’igihe batakazaga basiragira mu nkiko, dore ko muri uwo Murenge abunzi babashije gukemura ibibazo birenga 630 mu myaka ine gusa.