Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko abunzi babafasha cyane mu kubakemurira ibibazo ndetse no kubunga kuburyo bikwiye ko bajya bahabwa insimburamubyizi mu gihe bagiye mu kazi kabo.
Protais Murayire wari umuyobozi w’akarere ka Kirehe mu Ntara y’uburasirazuba amaze kwegura ku mirimo ye kuri uyu mugoroba wo kuwa 13/10/2024. Yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere no ku mwamya w’ubujyanama muri njyanama y’akarere.
Bamwe mu banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bo mu kagari ka Cyamunyana mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, baravuga ko birukanwa mu mazu bakodesherejwe n’ubuyobozi kuko ba nyirayo batishyurwa.
Ubuhamya Kigali Today ikesha Abanyarwanda bari bamaze ukwezi kurenga bafungiwe muri Kongo i Goma muri gereza yitwa T2, bavuga ko bamwe mu Banyarwanda bafatirwa mu mujyi wa Goma bajyanwa kwicirwa mu birindiro bya FDLR.
Nyuma y’imyigaragambyo abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bwongereza n’amashyirahamwe y’abarokotse Jenoside bagiriye aho inyubako ya Radio-Televiziyo y’abongereza (BBC) ikorera mu mpera z’icyumweru gishize; banasohoye inyandiko yamagana filimi ivugwa ko ipfobya Jenoside yakorewe abatutsi yasohowe n’icyo gitangazamakuru.
Abahoze babarizwa mu mutwe wacungaga umutekano w’abaturage witwa Local Defense bo mu murenge wa Ruheru mu karereka Nyaruguru bahawe ibyemezo by’ishimwe, bashimirwa uburyo bafashije mu gucunga umutekano.
Abanyamakuru bo mu bitangazamakuru bitandukanye mu gihugu batangaza ko hari amakosa bakoraga mu gihe cyo gutara no gutangaza inkuru zirebana n’abana bitewe n’ubumenyi buke ariko ngo ntazongera ukundi.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umukobwa mu karere ka Bugesera, tariki 11/10/2014, inzego zitandukanye zasabwe gufatanya maze hagakumirwa inda zitateguwe mu bana b’abakobwa.
Bamwe mu batuye akarere ka Gisagara baratangaza ko kugira ngo ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa ricike burundu hakenewe uruhare rw’ababyeyi, ariko kandi n’urubyiruko rw’abahungu ruvuga ko rufite inshingano zo kurwanya ihohoterwa rikorerwa bashiki babo bitabira kurigaragaza mu buyobozi igihe ribonetse.
Iyo winjiye mu mujyi wa Nyamagabe, ku muhanda wa kaburimbo munsi y’ahahoze isoko rya Nyamagabe, ubona iseta ry’abagabo baba bicaye iburyo n’abagore bicaye ibumoso bwabo kandi ugasanga abenshi muri bo nta suku bafite.
Abanyamuryango ba koperative dutabarane yo mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi baravuga ko batishimiye kuba imodoka baguze ngo ijye ibatabara mu gihe bagize ibyago byo gupfusha bagiye kujya bayishyura.
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burazenguruka imirenge yose busuzuma imikorere y’utugari tugize iyo mirenge. Mu tugari tumaze gusurwa, abayobozi ngo bagerageza gushyira mu bikorwa inshingano zabo, gusa ngo hari ahakigaragara intege nke.
Ababyeyi batuye mu kibaya cya Bugarama baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda batwara inda zidateganyijwe kandi batarageza igihe cyo kubyara. Aba baturage bavuga ko ikibitera ari ubukene n’irari ryo gukunda amafaranga.
Ikigo UAE Exchange gitumikira abohererezanya amafaranga hirya no hino ku isi kirizeza Abaturarwanda ko mu bihe biri imbere kigiye kujya cyakirana ‘Na Yombi’ abashaka kohereza no kwakira amafaranga hagati y’ibihugu ku buryo bunoze kandi bubangutse kuruta abandi bose baba muri uwo mwuga.
Sosiyete ya KivuWatt yashinzwe imirimo yo kubyaza amashanyarazi gazi yo mu Kiyaga cya Kivu iravuga ko aya mashanyarazi atazaboneka mbere y’ukwezi kwa 3/2015, mu gihe byari byitezwe ko bitazarenga ukwezi gutaha kwa 11/2014 aya mashanyarazi amaze imyaka ategerejwe yabonetse.
Ahagana mu ma saa cyenda n’igice z’umugoroba wo kuwa 09/10/2014, mu mirenge ya Nzahaha na Rwimbogo yo mu karere ka Rusizi haguye imvura nyinshi yiganjemo inkubi y’umuyaga n’urubura rwinshi maze yangiza inyubako n’imyaka by’abaturage.
Nyuma y’uko abakora akazi ko kubaza no gusudira bimuriwe mu gakiriro gashya kubatswe mu karere ka Ngororero mu murenge wa Ngororero, abatuye umujyi wa Ngororero bishimiye ko umwanda n’urusaku byagabanutse, cyane cyane ku masaha ya kumanywa.
Umufasha w’umukuru w’igihugu, Madame Jeannette Kagame, arasaba Abanyarwanda gutekereza ku kintu gishobora guca burundu ubucuruzi bw’abana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikorerwa cyane cyane abakobwa aho usanga bashorwa mu buraya.
Abanyarwanda umunani bari bamaze ukwezi barafashwe bugwate n’ingabo za Kongo bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko bishwe n’inzara bigatuma ingabo za Kongo bibafungura aho bari bafungiye muri gereza yitwa T2 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Bamwe mu bakora akazi k’ubunyonzi bakorera muri koperative “Koranumwete Gakenke” babangamiwe n’amafaranga ubuyobozi bw’iyo koperative bubaca kuko ngo barengeje umuvuduko nyamara nta byuma bipima umuvuduko bugira kandi ngo abanyamuryango bavuga ko batazi aho ayo mafaranga arengera.
Ibiro by’ubutaka by’akarere ka Muhanga (Muhanga one Stop Centre) bifite abakozi batatu gusa mu gihe ngo bakagombye kuba 12, ibi bigatuma umukozi umwe akora aha bane mu gihe mu mirenge naho aba bakozi batarahagera.
Nyuma yuko Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bajyanywe mu turere dutandukanye, aboherejwe mu murenge wa kigabiro mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe amazu atandatu.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu karere ka Musanze buratangaza ko impanuka zagabanutse mu buryo bugaragara nyuma y’ingamba zafashwe mu guhangana nazo.
Sosiyete ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitwa Rwanda RUDNIKI, yahawe igihe cy’amezi atatu ngo ibe yarangije gutunganya ikirombe icukuramo amabuye y’agaciro bigaragara ko kidakoze neza.
Minisititi w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwegera abaturage babakemurira ibibazo kuko kudakemura ibibazo by’abaturage bidindiza iterambere bigatuma icyerekezo cy’iterambere u Rwanda rwihaye cya 2020 kitagerwaho neza.
Abashoferi bakoresha umuhanda Kigali-Nemba baravuga ko babangamiwe no kuba uyu muhanda nta byapa by’aho bashyiriramo no gukuriramo abagenzi biwurimo, ku buryo usanga bibateranya n’abagenzi mu gihe babarengeje kandi ngo abapolisi bakabanira guhagarara nabi mu buryo budasobanutse.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Mu gihe mu karere ka Nyabihu hakibarizwa imiryango myinshi ibana mu buryo butemewe n’amategeko kuko itasezeranye, gusezeranya iyi miryango byagizwe umuhigo mu mirenge yose igize aka karere muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza.
Kijabuzima Simon wo mu mudugudu wa Bubare akagali ka Nyarurema umurenge wa Gatunda avuga ko Nyiramariza Patricia batigeze basezerana byemewe n’amategeko n’ubwo byabaye, ubuyobozi bukaba buvuga ko bugiye kwifashisha inzego z’ubutabera kugira ngo uyu mugore arenganurwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiratangaza ko igipimo cy’amazi cyari gitegerejwe ngo urugomero rwa Nyabarongo rubashe gutanga ingufu z’amashanyarazi cyageze mbere y’igihe cyari giteganyijwe kandi imashini zose ziri mu mwanya wazo, hakaba hategerejwe inzobere zigomba kuza kugira ngo igerageza ritangire gukorwa.