Abayobozi bamwe mu tugari two mu mirenge ya Busasamana, Kanama na Nyakiriba mu karere ka Rubavu bigaga mu mujyi wa Goma na Kibumba muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, basabwe guhagarika amasomo yabo muri icyo gihugu ngo kubera impamvu z’umutekano.
Abacuruzi n’abaturage bo mu karere ka Gakenke barinubira ko mu masaha y’umugoroba basigaye bamburwa umuriro w’amashanyarazi, bakavuga ko bibatera igihombo kandi bagasaba ko icyo kibazo kivugutirwa umuti bakabasha gukora neza.
Itsinda rigizwe na bamwe mu bashinzwe ikoranabuhanga mu buhinzi hano mu Rwanda, basuye akarere ka Gisagara banatangaza ko intera igihugu kigezeho haba mu ikoranabuhanga ku buhinzi cyangwa mu iterambere muri rusange ari nziza.
Nyuma y’iminsi 20 abarwanyi bitandukanyije na FDLR bafungiye mu kigo cya MONUSCO kiri Goma barabujijwe gutaha, taliki ya 6/11/2013 bagejejwe mu Rwanda baciye mu karere ka Rubavu.
Mukeshimana Agnes ukomoka mu murenge wa Rwimiyaga arasaba ubufasha bwo kurera abana batatu yabyariye mu bitaro bya Nyagatare kuko ngo atakwishoboza kubarera nkuko bitangazwa na muganga wamubyaje ari nawe ukurikiranira hafi ubuzima bwe n’abo yibarutse.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yatangirije mu karere ka Rutsiro gahunda igamije gufasha urubyiruko ruri mu biruhuko gukora ibikorwa bitandukanye byarufasha guteza imbere ubuzima bwabo n’ubw’igihugu.
Ubwo bagiraga inama yo kumurikira ibikorwa byabo abaturage bo mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 9/11/2013, abayobozi ba EWSA babasabye kuzajya bagaragaza abangiza ibikorwa remezo, cyane cyane by’amashanyarazi, kuko baba bahombya Abanyarwanda bose.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, arasaba abapolisikazi kwiyubaha ndetse no kubahiriza indangagaciro za Polisi y’u Rwanda, kugira ngo bakore umurimo bashinzwe uko bikwiye bihesha agaciro.
Umuyobozi w’Inama njyanama y’akarere ka Ngororero, Emmanuel Bigenimana, avuga ko abantu n’ibigo bitandukanye basaba akarere ibibanza byo kubaka mo bakabihabwa ariko bagatinda kubaka bagiye kubyamburwa akarere kakabisubirana.
Jean de Dieu Ngiruwonsanga w’imyaka 42 y’amavuko avuga ko nubwo afite ubumuga bw’amaso bitamubuza gukora ubucuruzi bw’inanasi bukaba bumutunze we n’umuryango we.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku binyabiziga gikomeje kwishyura abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera bahohotewe n’inyamaswa z’iyo Parike, haba mu buryo bwo kubangiriza imitungo, kubakomeretsa cyangwa kubicira ababo.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, arahamya ko kugira ngo ubuzima bw’abaturage bugende neza ari akazi gakomeye kagomba gukorwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Umwana w’umuhungu witwa Twizeyimana Claude ufite imyaka 13 uvuga ko iwabo ari mu murenge wa Rurenge, akagari ka Gitaraga, umudugudu wa Rujambara ho mu karere ka Ngoma ubu arabarizwa mu karere ka Ngororero aho avuga ko yatawe na se umubyara.
Mu gutangiza gahunda yiswe ‘Ndi Umunyarwanda’, Perezida Kagame yavuze ko bizaruhanya gukemura ibibazo by’urusobe biri mu Banyarwanda, barimo abatagira ukuri, abakigaragaza ko babonye uburyo bakwica abandi, n’abatiyakira uko baremwe; ariko ngo hari n’abarenze ibyo bakwiye gutanga isomo.
Abagore bo mu karere ka Rusizi bakoze igitaramo cyiswe umugoroba w’ababyeyi hagamijwe kurebera hamwe no kwishimira ibyo bagezeho birimo kugarura indangagaciro n’umuco mu muryango nyarwanda, guhuza ingo zibanye mu makimbirane n’ibindi ibikorwa by’iterambere bamaze kugeraho.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda arasaba abapolisikazi bari mu mahugurwa yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, i Nkumba mu karere ka Burera, gushyira mu bikorwa ibyo bari kuhigira kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda ricike burundu.
Koperative ikora ubworozi bw’inzuki mu Mudugudu wa Ngarama, Akagali ka Nyabikiri, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo yitwa KABACO (Kabarore Abatiganda Cooperative) iratabaza ubuyobozi bw’aka Karere ku gihombo yatewe n’umuntu wayirogeye inzuki.
Gen. James Hoth Mai, Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, aratangaza ko igihugu cye kiteze kwigira byinshi ku gisirikare cy’u Rwanda, nyuma y’uko ibi bihugu byombi byasinyanye kugirana ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07/11/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yageneye abagize komite z’ibigo nderabuzima mu turere twa Huye na Nyaruguru, aho bazaba bahugurwa ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ndetse n’uburenganzira bw’ibyiciro byihariye.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikiciro cya kabiri cy’amahugurwa mu itunganyamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga, tariki 06/11/2013, abanyabukorikori bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF) basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bazahabwa, bukabafasha kumenyekanisha ibikorwa bakora.
Itangazamakuru ryo mu Rwanda ryeguriwe uburenganzira bwo kwigenzura ku makuru rigeza ku Banyarwanda, nyuma y’uko Leta imaze gusanga ryarakuze mu myumvire, nk’uko bitangazwa na Prof. Anastase Shyaka, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Amazu 19 harimo ay’abaturage, ibiro by’akagari n’insengero byo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki 05/11/2013 hagati ya saa munani na saa kumi z’igicamunsi.
Umumotari umwe yitabye Imana naho abandi batatu barakomereka bikomeye bitewe n’impanuka yabereye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma tariki 06/11/2013 mu masaha ya saa saba.
Ikigega gishinzwe gutera inkunga imyigishirize y’ubumenyi ngiro cyane ku bigo n’abantu bashobora gutanga amahugurwa mu buryo bwihuse (SDF) kuri uyu wa 06/11/2013 cyasuye ibigo, amakoperative, abikorera n’abandi bashobora kwigisha Abanyarwanda imyuga bo mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kubigisha uko bashobora gutegura (...)
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Bralirwa rubifashijwemo na Polisi y’igihugu rwahuguye abakozi barwo uburyo bakwitwararika mu muhanda, kugira ngo birinde impanuka zishobora gutwara ubuzima bw’abantu.
U Rwanda rurasaba abapolisi bagiye kuruhagararira mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Mali, kuzatahukana intsinzi iturutse ku gukora neza umwuga bashinzwe, mu myitwarire no gukomeza indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro, Karegeya Mathieu n’umucuruzi witwa Simiyoni bakurikiranyweho kunyereza ibiro 250 by’imbuto y’ibigori.
Umutwe wa M23 warwanyaga Leta ya Congo washyize intwaro hasi kuva tariki 05/11/2013 nk’uko bigaragara mu itangazo uwo mutwe washyize ahagaragara.
Mu nama abayobozi ba polisi y’u Rwanda bagiranye n’abayobora polisi y’u Burundi kuri uyu wa 5/11/2013, bishimiye ibyo bamaze kugeraho babikesha ubufatanye, kandi biyemeza gukomeza gufatanya mu gutuma umutekano w’ibihugu byombi urushaho kugenda neza.
Raporo za Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo zigaragaza ko nibura abakozi bagera kuri babiri mu bucukuzi bapfa bazira impanuka ahanini zikomoka ku kazi buri kwezi.