Kijabuzima Simon wo mu mudugudu wa Bubare akagali ka Nyarurema umurenge wa Gatunda avuga ko Nyiramariza Patricia batigeze basezerana byemewe n’amategeko n’ubwo byabaye, ubuyobozi bukaba buvuga ko bugiye kwifashisha inzego z’ubutabera kugira ngo uyu mugore arenganurwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiratangaza ko igipimo cy’amazi cyari gitegerejwe ngo urugomero rwa Nyabarongo rubashe gutanga ingufu z’amashanyarazi cyageze mbere y’igihe cyari giteganyijwe kandi imashini zose ziri mu mwanya wazo, hakaba hategerejwe inzobere zigomba kuza kugira ngo igerageza ritangire gukorwa.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA), Imena Evode aravuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu bucukuzi bw’amabuye.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa 7 Ukwakira 2014 basuye abaturage batuye umurenge wa Gasaka mu rwego rw’imiyoborere myiza aho baganiriye n’abaturage uko imibereho myiza, ubukungu ndetse n’umutekano uko byifashe.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda(CLADHO) iratangaza ko mu igenzura iherutsemo ku mirambo yatoraguwe mu kiyaga cya Rweru kigabanya u Rwanda n’u Burundi ngo yasanze abaturage bo ku ruhande rw’u Rwanda nta makuru bazi kuri izo mpfu.
Bamwe mu bagore bitabiriye inama mpuzamahanga isuzuma uruhare rw’umugore mu kurangiza intambara no guteza imbere amahoro na demokarasi ku mugabane wa Afurika; bavuga ko bashobora gufatira imyanzuro abagabo n’abana babo bishora mu ntamabara.
Kwirinda inda nini, kwegera no gukemura ibibazo by’abaturage no guharanira ko batera imbere nibyo byasabwe abayobozi kuva ku rwego rw’akarere kugera ku mudugudu mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 07/10/2014, ubwo minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yifatanyaga nabo mu nteko rusange y’akarere.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu baratangaza ko bafitanye n’ingabo z’igihugu igihango gikomeye kibatera kwambara imipira yanditseho amagambo azishimira agira ati "Bato batari gito #Inkotanyi".
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri (Federation Rwandaise du sport scolaire) burasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kuba umusemburo w’impinduka nziza igihugu gikeneye cyane cyane mu miryango babamo, binyuze muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda”.
Abaturage baturiye ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu bavuga ko bari mu gihirahiro aho bamaze imyaka 10 babwiwe ko bazimurwa ariko iki gikorwa kikaba kitarakorwa.
Umuyobozi w’u Bwongereza ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Iburasizuba (British Peace Support Team) Col. Richard Leakey arashima intambwe imaze guterwa n’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) mu gihe gito rimaze rivutse.
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ubumenyi n’ubushakashatsi ari byo byari inzira yonyine yo gufasha u Rwanda kugaruka mu murongo w’ubukungu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko inzego zose zari zasenyutse igihugu nta murongo kigenderaho.
Mu isengesho ngaruka kwezi mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe ryabaye kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014, hagaragaye abantu batatu batanga ubuhamya ku byababayeho kubera iri sengesho harimo n’uwakize uburemba.
Imiryango umunani yakoreraga ubuhinzi mu mudugudu wa Gakagati ya 2 akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare ikaza kwimurwamo kubera kudakoresha ubutaka icyo bwagenewe ivuga ko kugeza magingo aya itari yasubizwa amafaranga yabo yatanze nyamara benshi barayabonye.
Kabera Antoine w’imyaka 110 y’amavuko utuye mu kagari ka Nyakarekare umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, arashimangira ko n’ubwo ashaje yumva neza gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, agasaba abandi kuyumva neza kuko izatuma abanyarwanda bamenyekana nk’abanyarwanda aho kwitirirwa ibindi.
Inteko rusange y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 05/10/2014 mu karere ka Kirehe aho urubyiruko rwishimiye inyigisho rwahawe zijyanye no kwihangira imirimo ku buryo bafashe ingamba zo kurwanya ubushomeri.
Abayobozi b’imidugudu n’utugari bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko imihigo basinyana n’ubuyobozi bw’imirenge yabo ibaha imbaraga, maze bakabasha kugera kuri byinshi baba biyemeje.
Umushinga Rwanda Peace Education Program (RPEP) uharanira kubaka amahoro Education Program (RPEP) urasaba abo wahuguye mu karere ka Muhanga kuba intumwa nziza mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge aho batuye n’aho bagenda.
Abasheshe akanguhe batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko bafite amasaziro meza kubera ko bafite ubuyobozi bwiza bubitaho bukabaha inkunga y’ingoboka ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, avuga ko izina “Abashigajwe inyuma n’amateka” ryagakwiye kuvaho abaryitwa bagakomeza kwitwa Abanyarwanda nk’abandi.
Umubare munini n’ubwiyongere bw’abaturage batuye mu kirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera uteye inkeke aba baturage, kuko bahura n’ikibazo cyo kubura ubutaka bahingaho bikaba intandaro yo kutagira imibereho myiza.
Minisitiri w’Umutekano, Mousa Fazil Harelimana, atangaza ko gereza igiye kubakwa mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba ari andi maboko abaturage bahawe, akabasaba kuzakorana neza n’abahagororwa kugira ngo bazabafashe mu bikorwa by’iterambere.
Abakozi bubaka hoteli y’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa na rwiyemezamirimo wabakoreshaga ndetse bakaba batakihamubona kuko haje abandi, bakaba batazi uburyo bazabona amafaranga yabo.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baravuga ko hari indwara zimwe na zimwe zaterwaga n’umwanda, zirimo inda n’amavunja, zibagiranye nyuma y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero Nyiraneza Clotilde arasaba abagore n’abakobwa guhagarika icyo yita kwihohotera babyarana n’abagabo batashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abaturage 600 bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga mu materasi bavuga ko yitwa Rev. Pasteur Ntakirutimana Florien wa company ECOCAS, bavuga ko batorohewe n’ubuzima nyuma yo kwamburwa bamukoreye amezi atandatu ntibishyurwe.
Abaturage barema isoko rya Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, barasaba ko ubwiherero bw’isoko ryabo bwajya bukorwa mo isuku ihagije byaba ngombwa bakishyuzwa uko babugiyemo ariko ntibabure aho bajya kwiherera nk’uko bibagendekera.
Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no kuba bacibwa amafaranga yo kugura inzu ikorerwamo n’ihuriro ryabo kuko batabigishijweho inama ariko ubuyobozi bwabo bwo buvuga ko bwubahiriza imyanzuro yavuye mu nama rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye gusenya inyubako bwakoreragamo hakubakwa indi nyubako igezweho izaba ari etaje ikazubakwa n’ubundi aho ishaje yari yubatse.
Abaturage b’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu bizihije umunsi wahariwe gukunda igihugu uba buri tariki ya 1 Ukwakira bagenera impano ingabo zari iza APR ubu akaba ari RDF kubera ubutwari zagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.