Abanyeshuri 1442 basoje amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyamasheke ni bo bategerejwe mu Itorero ryo ku Rugerero mu rwego rw’aka karere riteganyijwe kuzatangira tariki 29/11/2013.
Abahagarariye ibihugu 20 bigize imiryango ya SADC n’ihuriro ICGLR ry’ibihugu byo mu karere basabye bakomeje ko ingabo za LONI muri Kongo zibumbiye mu mutwe wa MONUSCO zafatanya n’umutwe wihariye bakanatsimbura imitwe yindi yitwaje intwaro ifite ibirindiro muri Kongo.
Abagenzuzi bigenga bashinzwe kugenzura uburyo ikigo cy’amahoro (Rwanda Peace Academy) gikoresha inkunga kigenerwa n’ikigo cy’Abadage gishinzwe iterambere (GIZ), baravuga ko iki kigo gikwiye kugenerwa inkunga ndetse ikiyongera kugirango kirusheho kwesa imihigo.
Mu gihe byari biteganyijwe ko abarwanyi ba FDLR 43 bamaze iminsi mu kigo cya MONUSCO i Goma bagaruka mu Rwanda, ku isaha ya 15h15 ubuyobozi bwa Congo bushinzwe abinjira n’abasohoka bwabangiye kugaruka mu Rwanda buvuga ko ari benshi batashobora kubabarura.
Ishyirahamwe ry’inzego zishinzwe gukumira no kurwanya ruswa mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAAACA), ryemeranya n’abavuga ko ibihugu bigize uwo muryango biri mu bifite ruswa yo ku rwego ruhanitse ku isi, aho ngo riteganya gufata ingamba zikomeye zo gukaza ibihano ku bahamwa n’icyo cyaha.
Taliki ya 2/11/2013 mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo, abasirikare batatu ba Congo bigabye mu murima w’umuturage kwiba ibirayi abaturage barabatesha.
Abayobozi bakuru b’igihugu bagomba kugira imyumvire imwe ku bibazo bituruka ku macakubiri yabibwe mu Rwanda kugira ngo bafashe abaturage mu kwiyubakamo Ubunyarwanda.
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Shororo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru amaze amezi arenga abiri ari mu karere ka Rutsiro ashakisha uwamuteye inda.
Mu nama yahuje Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwari na mugezi we w’intara ya Kirundo mu Burundi, Nzigamasabo Leverien, hemejwe ko Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu Burundi bafite ibyangombwa ndetse n’abandi bari kubishaka bamaze kubibona bashobora gusubira mu buzima bwabo.
Abantu 47 bakomoka mu Karere ka Gakenke birukanwe na Leta ya Tanzaniya mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka hari gahunda yo gusuzuma ubufasha bakeneye ngo babugezweho mu minsi iri imbere.
Ubwo umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’umutekamo mu gihugu, Ambasaderi Munyabagisha Valens, yasuraga gereza ya Nyanza tariki 2/11/2013 yagaragaje ko isuku yaho n’abaho ikwiye kuba yafatwaho icyitegererezo.
Imiryango y’abanyeshuri n’abarangije kwiga barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, AERG na GAERG, iravuga ko isabukuru yayo igeze batakiri impfubyi, ahubwo ubu ngo bashoboye kwishakira ikibatunga, bamwe bakaba ari ababyeyi mu ngo zabo.
Bamwe mu banyururu bafungiwe ibyaha bya Jenoside n’ibindi byaha by’ubugome n’ubujura buremereye, bari bategereje ko bashobora kuzafungurwa by’agateganyo kubera baba baritwaye neza babwiwe kubyibagirwa kuko itegeko ry’u Rwanda ritabyemera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko abaturage bari batuye mudugudu wa Gakagati ya kabiri mu murenge wa Rwimiyaga bumvise inama z’ubuyobozi mbere bimutse naho abinangiriye aribo basenyewe, kuri ubu bakaba ntaho bafite bikinga.
Kuba Abanyenkombo bagifite imico bakomora muri Congo wo guharika, aho usanga abasore bakiri bato bafite abagore barenze umwe, ngo ni imbogamizi ikomeye muri gahunda yo kuringaniza imbyaro muri kuri iki kirwa.
Umushinga mpuzamahanga DOT (Digital Opportunity Trust) uhugura abantu kwibyazamo impano bafite kugira ngo babone imirimo, uratangaza ko abarangiza Kaminuza bagahugurwa nawo, bafite amahirwe yo kubona imirimo ku kigero cya 85%, ugereranyije na 8% by’ababona imirimo batarahuguwe.
Nyuma y’isozwa ry’igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’abakozi ba Leta ku nzego z’imirenge n’utugari, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba abatanga serivisi za Leta ndetse n’abakorera mu nyubako za Leta kuhashyira ibendera ry’igihugu.
Umuryango w’urubyiruko uharanira iterambere rirambye RYOSD (Rwanda Youth for Sustainable Development) n’ubuyobozi bw’intara y’iburasirazuba basuye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babaha ubufasha burimo imyenda n’amasabune.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi burahamagarira abaturage bawutuyemo bajya muri Congo guca ku mipaka izwi kugira ngo bagabanye ihohoterwa riri gukorerwa abaturage basanzwe bicira inzira zidasanzwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Damas Gatare, yatangaje ko uwari umusirikare mu ngabo z’igihugu, Lit. Joel Mbabazi wabaga muri Uganda yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano mu bikorwa byo gutera ibisasu mu Mujyi wa Kigali.
Norbert Shyerezo wari uhagarariye komite y’urubyiruko yo mu karere ka Ngororero yatorewe kuba umuyobozi mukuru w’Inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko (NYC), mu matora yabaye tariki 30/10/2013.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2013 nibwo abatuye mu mujyi wa Ngororero bishimiraga ko batakigendera mu mwijima kubera amatara yashyizwe ku muhanda no mu mujyi rwagati, ariko nyuma y’amezi 4 gusa ayo matara ntacyaka.
Abarwanyi 15 ba M23 hamwe n’abandi Banyecongo 3 bari kwitabwaho n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge nyuma yo kurasirwa mu mirwano yahuje M23 n’ingabo za Congo nabo bari bafatanyije.
Umunyeshuri w’umunyarwanda wiga Goma taliki ya 29/10/2013 yahohotewe n’ingabo za Congo zikorera ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo i Rubavu zimuhora kuba zarabuze abantu benshi ku rugamba zarwanye na M23 i Kibumba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye urubyiruko rwaje mu nama ya ‘Transform Africa’ ruturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ko ubukire n’imibereho myiza bashaka, batagomba kubisaba Leta cyangwa undi wese, ahubwo ko bagomba kwibyazamo impano bafite bakaziteza imbere, kugirango babeho uko babishaka.
Kuva taliki ya 14/10/2013 abarwanyi 25 n’abandi batatu bo mu miryango yabo batatu bafungiye mu kigo cya MONUSCO cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yitwaza intwaro kiri mu mujyi wa Goma hafi y’ikiyaga cya Kivu.
Abanyarwanda 159 bamaze kugera mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cy’Uburundi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda bakibamo ku buryo butemewe n’amategeko.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Tigo bakorera mu karere ka Ruhango, bamaze kwibwa amafaranga asaga ibihumbi 500 mu buryo batari bamenya.
Nyuma y’ibisasu 20 n’amasasu mato menshi yarashwe mu Rwanda n’ingabo za Congo bigahitana ubuzima bw’Abanyarwnda babili naho abandi 9 bagakomereka hamwe n’abanyecongo 7, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bazafata mu mugongo abagize ibyago.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uwabadepite kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ku nsanganyamatsiko ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo iyo gahunda na bo bayigire iyabo.