Umurambo wa Jeanne Mukantegano wari utuye mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, wabonetse kuri uyu wakane mu nzu yabanagamo na bene wabo ariko uwo munsi yari yayirayemo wenyine.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku binyabiziga gikomeje kwishyura abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera bahohotewe n’inyamaswa z’iyo Parike, haba mu buryo bwo kubangiriza imitungo, kubakomeretsa cyangwa kubicira ababo.
Abaturage batandatu bo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Girinka bituye bagenzi babo, naho abandi bagera kuri 25 nabo bagabirwa inka muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2013.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, arahamya ko kugira ngo ubuzima bw’abaturage bugende neza ari akazi gakomeye kagomba gukorwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Bamwe mu bakunze kuganira ku bibazo by’abashakanye, batangaza ko bimaze kugaragara ko benshi mu bashakanye bashakana bakundanye ndetse bagakomeza kubana muri duke bafite mu mahoro ariko ngo iyo bamaze gutera intambwe batangira kubipfa.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete, n’umuyobozi wa delegasiyo y’Abongeleza basinyanye amasezerano yemerera u Rwanda inkunga ya miliyoni 32 z’amapawundi ugereranyije mu manyarwanda arenga miliyari 32 yo guteza imbere imishinga yo mu byaro bikiri inyuma.
Abakozi ba ambassade y’Igihugu cy’Ubwongereza mu Rwanda bashima uko inkunga batanga mu karere ka Ngororero zikoreshwa muri gahunda y’iterambere n’uburenganzira bw’abaturage.
Umwana w’umuhungu witwa Twizeyimana Claude ufite imyaka 13 uvuga ko iwabo ari mu murenge wa Rurenge, akagari ka Gitaraga, umudugudu wa Rujambara ho mu karere ka Ngoma ubu arabarizwa mu karere ka Ngororero aho avuga ko yatawe na se umubyara.
Mu gutangiza gahunda yiswe ‘Ndi Umunyarwanda’, Perezida Kagame yavuze ko bizaruhanya gukemura ibibazo by’urusobe biri mu Banyarwanda, barimo abatagira ukuri, abakigaragaza ko babonye uburyo bakwica abandi, n’abatiyakira uko baremwe; ariko ngo hari n’abarenze ibyo bakwiye gutanga isomo.
Abagore bo mu karere ka Rusizi bakoze igitaramo cyiswe umugoroba w’ababyeyi hagamijwe kurebera hamwe no kwishimira ibyo bagezeho birimo kugarura indangagaciro n’umuco mu muryango nyarwanda, guhuza ingo zibanye mu makimbirane n’ibindi ibikorwa by’iterambere bamaze kugeraho.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda arasaba abapolisikazi bari mu mahugurwa yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, i Nkumba mu karere ka Burera, gushyira mu bikorwa ibyo bari kuhigira kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda ricike burundu.
Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze yacyo bamaze gutanga amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 190 z’amafaranga y’u Rwanda kuva ikigega Agaciro Development Fund cyatangizwa muri Kanama umwaka wa 2012.
Nyuma yo kwitabira inama mpuzamahanga y’ikoranabuhanga mu buhinzi, itsinda ry’abanyamahanga bakomeje gusura ibikorwa bitandukanye bifite aho bihuriye n’ubuhinzi. Ubwo basura BDC y’Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 08/11/2013 bashimye uruhare igira mu guhugura abahinzi no kubafasha kumenya amakuru ajyanye (...)
Abatuye umudugudu wa Karimbu akagali ka Mutendeli mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma basabye misa bashima Imana kuko ikibazo cyari kibakomereye cyo kuvoma kure cyakemutse maze bakegerezwa amazi iwabo mu mududgudu.
Umugore witwa Mukandinda Francine wari utuye mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero yiyahuye yinigishije umwenda yari yambaye ubwo yari muri kasho ya polisi mu karere ka Ngororero akurikiranyweho kwica umugabo we.
Nyuma y’uko bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyome umurenge wa Gatumba bakomeje gukimbirana n’abakozi b’ikompanyi yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) icunga umutekano muri GMC (Gatumba Mining Concession) polisi yafashe icyemezo cyo gushyira abapolisi kuri GMC mu rwego rwo gukumira ayo makimbirane.
Umuhanzi wo mu gihugu cy’u Burundi Kidumu azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Mudakumirwa” ya Kamichi kizaba tariki 30.11.2013.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arasaba abayobozi b’amashuri makuru kutihutira kugwiza umubare w’abanyeshuri gusa, ahubwo bagashishikazwa no gutanga ubumenyi busubiza ibibazo, bunafasha abayarangiza kwihangira imirimo.
Ilibagiza Marlene wo mu mudugudu wa Myatano mu kagari k’Urugarama ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza, arakekwaho kwica umugabo we witwaga Kayumba Laurent mu ijoro rya tariki 06/11/2013 afatanyije na murumuna w’umugabo we. Bombi ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara.
Koperative ikora ubworozi bw’inzuki mu Mudugudu wa Ngarama, Akagali ka Nyabikiri, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo yitwa KABACO (Kabarore Abatiganda Cooperative) iratabaza ubuyobozi bw’aka Karere ku gihombo yatewe n’umuntu wayirogeye inzuki.
Gen. James Hoth Mai, Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, aratangaza ko igihugu cye kiteze kwigira byinshi ku gisirikare cy’u Rwanda, nyuma y’uko ibi bihugu byombi byasinyanye kugirana ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.
Abana n’abantu bakuze bagihiga inyamaswa bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko guhiga nta musaruro bikigira uretse kubakiza inyamaswa zibangiriza zona imyaka, zikanica amatungo. Ngo izo nyamaswa bica bazishyira abantu bakora imiti, ariko bamwe mu baturage ntibashira amakenga iyo miti bakeka ko ari amarozi.
Umutahira w’itorero ry’igihugu mu Karere ka Gakenke, Karekezi Joseph yatangaje ko ibikorwa by’iterambere byakozwe n’abanyeshuri bari ku rugerero basaga gato 1100 bifite agaciro ka miliyoni 54 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abacamanza 56 bo mu Rukiko rukuru rwa Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria, bavuga ko umwiherero w’icyumweru bagiriye mu Rwanda, ubigishije uburyo bazajya gukoresha ikoranabuhanga mu nkiko z’iwabo, kugirango bihutishe imanza.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07/11/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yageneye abagize komite z’ibigo nderabuzima mu turere twa Huye na Nyaruguru, aho bazaba bahugurwa ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ndetse n’uburenganzira bw’ibyiciro byihariye.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikiciro cya kabiri cy’amahugurwa mu itunganyamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga, tariki 06/11/2013, abanyabukorikori bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF) basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bazahabwa, bukabafasha kumenyekanisha ibikorwa bakora.
Itangazamakuru ryo mu Rwanda ryeguriwe uburenganzira bwo kwigenzura ku makuru rigeza ku Banyarwanda, nyuma y’uko Leta imaze gusanga ryarakuze mu myumvire, nk’uko bitangazwa na Prof. Anastase Shyaka, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Raila Odinga wahoze ari minisitiri w’Intebe muri Kenya aratangaza ko asanga abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakwiye gushyiraho itsinda ry’abasheshe akanguhe mu bya politiki bakiga uko umwuka mubi ari hagati ya bimwe mu bihugu bigize EAC wahosha bikarinda na EAC ubwayo gucikamo ibice.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo baciriritse bo mu karere ka Muhanga baragaragaza ko bajyaga bakorera mu gihombo batabizi kuko kenshi bakora ubucuruzi nta bumenyi buhagije bafite.
Mu myaka itatu ishize, Umurenge wa Karama wo mu Karere ka Huye ngo wari urimo abana barenga ijana barangwa n’imirire mibi, ariko kuri ubu hasigaye mbarwa. Ibi ngo babikesha ingamba bafashe zo kwita by’umwihariko kuri abo bana.
Iyo ugeze muri parking y’akarere ka Ruhango uhasanga ibimashini bibiri binini by’ubuhinzi byari byaraguzwe kugirango byunganire ubuhinzi bw’aka karere ariko ntibirakoreshwa kuko hari ibyangombwa bitaraboneka kugirango bitangire akazi kabyo.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yakomeje umuvuduko wo kudatsindwa na rimwe kuva umwaka ushize, ubwo yatsinda Kigali Basketball Club (KBC) amanota 77- 49 mu mukino wa nyuma ubanza wa ‘Playoff’ wabereye kuri stade ntoya i Remera ku wa gatatu tariki ya 6/11/2013.
Nubwo benshi bahaga amahirwe ikipe ya Dortmund kubera uko yitwaye umwaka ushize muri UEFA Champions League, ntibyabujije Arsenal kuyitsindira ku kibuga cyayo ku mugoroba wa tariki 06/11/2013.
Amazu 19 harimo ay’abaturage, ibiro by’akagari n’insengero byo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki 05/11/2013 hagati ya saa munani na saa kumi z’igicamunsi.
Sosiyete y’itumanaho ikorera mu Rwanda ya Airtel, kuri uyu wa 06/11/2013, yasusurukije Abanyangoma inamamaza ibikorwa byayo, itangaga ibihembo bitandukanye ndetse inagurisha amaterefone nshya bafite muri promotion.
Umumotari umwe yitabye Imana naho abandi batatu barakomereka bikomeye bitewe n’impanuka yabereye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma tariki 06/11/2013 mu masaha ya saa saba.
Imodoka camion citerne ifite purake RAB 183 Z yahitanye umushoferi wayo, bucyeye isenya inzu y’umuturage, mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, none umuturage asaba ubufasha kugirango abone aho akinga umusaya.
Kuri uyu wa 06/11/2013, Imboni z’ikoranabuhanga mu mirenge 17 igize akarere ka Nyamagabe zasoje amahugurwa y’iminsi ibiri yari agamije kuzifasha gukarishya ubwenge mu ikoranabuhanga, zisabwa gufasha abandi mu mirenge zikoreramo nabo bakarikoresha mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Nkurikiyinka Joseph w’imyaka 48 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Nyakabungo, Akagali ka Kagunga mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yakubiswe n’inkuba ahita apfa ku mugoroba wa tariki 6/11/2013 mu gihe uwo bari kumwe we yashoboye kurokoka.
Ikigega gishinzwe gutera inkunga imyigishirize y’ubumenyi ngiro cyane ku bigo n’abantu bashobora gutanga amahugurwa mu buryo bwihuse (SDF) kuri uyu wa 06/11/2013 cyasuye ibigo, amakoperative, abikorera n’abandi bashobora kwigisha Abanyarwanda imyuga bo mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kubigisha uko bashobora gutegura (...)
Mushimiyimana Lukiya ni umudamu wahisemo ubucuruzi abufashijejwemo n’amafaranga agarizwa n’abanki. Avuga ko atagize amahirwe yo kwiga ngo arangize, ariko kubera ko yatinyutse akagana banki yizera ko abana be bazamwigira amashuri atabashije kwiga.
Nubwo hari abavuga ururimi rw’Icyongereza bita ikiribwa cy’amafiriti french-fries, ririya jambo french ngo abantu bashobora kuba bibwira ko bivuga igifitanye isano n’Abafaransa, si ko biri.
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Bralirwa rubifashijwemo na Polisi y’igihugu rwahuguye abakozi barwo uburyo bakwitwararika mu muhanda, kugira ngo birinde impanuka zishobora gutwara ubuzima bw’abantu.
Umuturage wo mu karere ka Ruhango, Merard Munyaneza, uhagarariye umuryango we uburana n’aka karere ka Ruhango mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, atangaza ko nyuma yo kukageza mu rukiko, kakizana ubuhendabana kugirango babashe kubariganya.
Katy Perry, umuririmbyikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, niwe uza ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’abakurikirwa n’abantu benshi ku rubuga mpuzambaga rwa Twitter kuko akurikirwa n’abantu miliyoni 46 n’ibihumbi 529 n’abantu 319.
Bamwe mu bakoresha imashini zihinga bo mu karere ka Bugesera barinubira ko aba ari nke kandi abazishaka ari benshi bityo bigatuma ibikorwa byabo by’ubuhinzi bitihuta.
U Rwanda rurasaba abapolisi bagiye kuruhagararira mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Mali, kuzatahukana intsinzi iturutse ku gukora neza umwuga bashinzwe, mu myitwarire no gukomeza indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 06/11/2013, mu mujyi w’akarere ka Muhanga habereye impanuka, maze abapolisi n’abari aho batungurwa no kubona imodoka yagonzwe yari itwaye abagenzi bavanze n’inzagwa.
Nyuma y’uko ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC) zifatanyije n’umutwe udasanzwe w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe guhashya imitwe yitwara gisirikare zitsinze urugamba zarwanaga na M23, Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Leta ya Kongo, Lambert Mende atangaza ko bagiye kurwanya FDLR.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05/11/2013 mu Karere ka Gakenke yasambuye amazu 20 mu mirenge itandukanye inangiza inyubako z’utugari n’amashuri abanza.