Bamwe mu baturage batuye mu midugudu yegereye umugezi wa Yanze mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bafite ikibazo cyo kutagerwaho n’amazi n’amashanyarazi bikabaheza mu bwigunge, ku buryo hari n’imirimo imwe n’imwe batabasha gukora.
Kuri uyu wa kane tariki 09/10/2014, Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yemeye icyaha cyo kwica umugore we asabirwa igifungo cya burundu.
Kuba akarere ka Huye gakwiye ibindi bitaro, uretse ibya Kabutare na byo bikwiye kuvugururwa, byagaragajwe n’abagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa sena, ubwo bagendereraga ibi bitaro tariki 09/10/2014.
Abanyarwanda umunani bari bamaze ukwezi barafashwe bugwate n’ingabo za Kongo bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko bishwe n’inzara bigatuma ingabo za Kongo bibafungura aho bari bafungiye muri gereza yitwa T2 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero baranengwa kudafata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi aribo bifitiye akamaro, ariko nabo banenga ubuyobozi kubaturaho ibikorwa remezo bimwe na bimwe batabanje kubagisha inama ngo barebe ko bikenewe.
Bamwe mu bakora akazi k’ubunyonzi bakorera muri koperative “Koranumwete Gakenke” babangamiwe n’amafaranga ubuyobozi bw’iyo koperative bubaca kuko ngo barengeje umuvuduko nyamara nta byuma bipima umuvuduko bugira kandi ngo abanyamuryango bavuga ko batazi aho ayo mafaranga arengera.
Ibiro by’ubutaka by’akarere ka Muhanga (Muhanga one Stop Centre) bifite abakozi batatu gusa mu gihe ngo bakagombye kuba 12, ibi bigatuma umukozi umwe akora aha bane mu gihe mu mirenge naho aba bakozi batarahagera.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo witwa Habiyaremye François.
Dr. Mukabaramba Alvera, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), yemereye inkunga ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda koperative ebyiri z’abafite ubumuga bo mu karere ka Burera kugira ngo izabafashe guteza imbere ibikorwa byabo.
Nyuma yuko Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bajyanywe mu turere dutandukanye, aboherejwe mu murenge wa kigabiro mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe amazu atandatu.
Mu kagari ka Mahoko, umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 34 witwa Munyarukumbuzi Godfrey yishe nyina Nyirabakwiye Marie Gorette hamwe n’umwishwa we witwa Iradukunda abatemaguye.
Umunyamakuru, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo akomeje kubabazwa n’abantu banyuranye bakomeje kugenda bamutera urubwa kubera gutandukana n’uwari umukunzi we Producer David.
Abantu 10 bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barashakishwa bakurikiranweho guteza ubushyamirane hagati y’abaturage n’abashinzwe kurinda ikivu muri iki gihe gifunzwe.
Mu biganiro abahagarariye ibigo by’ubuvuzi mu karere ka Huye bagiranye n’abagize komisiyo y’imibereho y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa Sena, ku itariki ya 8/10/2014, hagaragajwe ko itegeko rigena ibijyanye n’ubwishingizi ku mwuga w’ubuganga ritarubahirizwa uko ryakabaye.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative ya COPRORIZ Ntende, baremeza ko uburyo bushya bwo guhinga kijyambere hakoreshejwe imashini zabugenewe bizatuma umusaruro wabo wiyongera ndetse n’ibikorwa byabo by’ubuhinzi bikihuta.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangaza ko bitandukanye na mbere y’umwaka wa 1994 aho Leta yahamagarira abanyabwenge gukora ikibi, ubu Leta ibahamagarira gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyabo bashyira imbere gukora icyiza aho gukora ikibi.
Umusore witwa Bimenyimana Jean Paul wo mu murenge wa Bwira, mu karere ka Ngororero avuga ko atunzwe no gusharija za terefoni ndetse n’amabatiri abika umuriro yifashishwa n’abantu biganjemo urubyiruko mu gucuranga amaradiyo.
Urukiko rukuru rwa gisirikare ruri i Kanombe rwavuze ko urukiko rw’ibanze rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rutibeshye ku kuba rwarakatiye igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abasirikare bakuru ari bo Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Sgt François Kabayiza.
Ikigo cy’Imari iciriritse cyitwa RIM ishami rya Rubavu cyibwe amafaranga 6971320 mu ijoro rishyira kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko abajura bagiteye bakaboha umuzamu usanzwe akirinda.
Mu rwunge rw’Amashuri rwa Rwanamiza (GS Rwanamiza) ruri mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barataka ikibazo cy’ibura ry’amazi bavuga ko ari kimwe mu bigangamiye gahunda yo kugaburira abana ku ishuri.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu karere ka Musanze buratangaza ko impanuka zagabanutse mu buryo bugaragara nyuma y’ingamba zafashwe mu guhangana nazo.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Sosiyete ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitwa Rwanda RUDNIKI, yahawe igihe cy’amezi atatu ngo ibe yarangije gutunganya ikirombe icukuramo amabuye y’agaciro bigaragara ko kidakoze neza.
Minisititi w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwegera abaturage babakemurira ibibazo kuko kudakemura ibibazo by’abaturage bidindiza iterambere bigatuma icyerekezo cy’iterambere u Rwanda rwihaye cya 2020 kitagerwaho neza.
Abanyamuryango b’impuzamakoperative y’abarobyi bakorera mu kiyaga cya kivu mu karere ka Rusizi bongeye gutora Ugirashebuja Remy wari usanzwe abayobora nyuma y’amezi 6 bavugwamo amakimbirane ashingiye ku kurwanira ubuyobozi.
Abahinzi bakorera mu kibaya cya Bugarama giherereye mu karere ka Rusizi by’umwihariko abo mu murenge wa Muganza, baravuga ko biteze impinduka igaragara mu musaruro wabo kuko urugomero rwa Katabuvuga rwasanwe nyuma y’imyaka ibiri rwarangiritse bikadindiza umusaruro wabo.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere, ubukungu n’imari baherekejwe n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kuri uyu wa 8 Ukwakira 2014 basuye ingomero za Rukara I na Rukarara ya II bashima uruhare zirimo kugira mu kongera ingufu mu gihugu.
Abashoferi bakoresha umuhanda Kigali-Nemba baravuga ko babangamiwe no kuba uyu muhanda nta byapa by’aho bashyiriramo no gukuriramo abagenzi biwurimo, ku buryo usanga bibateranya n’abagenzi mu gihe babarengeje kandi ngo abapolisi bakabanira guhagarara nabi mu buryo budasobanutse.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo batumiza ibicuruzwa hanze y’igihugu baravugwaho kugira imyitwarire itari myiza, aho bakora amakosa ku bushake bagamije gutubya umusoro cyangwa amahoro ya gasutamo bagomba gutanga hagendewe ku ngano y’ibicuruzwa batumije.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bagana ikigo nderabuzima cya Shyorongi, baratangaza ko iki kigo nderabuzima kibafatiye runini mu bijyanye no kwivuza n’ubundi bujyanama ku bijyanye n’ubuzima.
Perezida Paul Kagame uri muri Uganda aho yitabiriye inama ya 7 ku muhora wa ruguru, kuri uyu wa 8 ukwakira 2014 yifatanyije na Perezida Museveni wa Uganda hamwe na Salva Kiir wa Sudani y’Epfo batangiza igice cya mbere cy’umuhanda wa gari ya moshi biteganyijwe ko uzagera mu Rwanda.
Abahanzi bagize itsinda rya CNIRBS ryo mu Budage bazataramira muri Kigali Serena Hotel ku cyumweru tariki 12/10/2014, aho kwinjira bizaba ari ubuntu ku bantu bose.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyafatiriye imitungo y’umushoramari witwa Aboyezantije Louis, ngo ufitiye Leta ibirarane by’imisoro ingana n’amafanga miliyoni 222, akaba ari we nyir’isoko rya Kabeza, mu murenge wa Kanombe, mu mujyi wa Kigali.
Mu gihe mu karere ka Nyabihu hakibarizwa imiryango myinshi ibana mu buryo butemewe n’amategeko kuko itasezeranye, gusezeranya iyi miryango byagizwe umuhigo mu mirenge yose igize aka karere muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza.
Kayibanda Mutesi Aurore, Nyampinga w’u Rwanda 2012 akaba na Nyampinga wa Festival Panafricaine (FESPAM) 2013, arahamagarira abana b’abakobwa kudatinya kwitabira amarushanwa ya Nyampinga kuko yabageza kuri byinshi byiza batari kuzabasha kugeraho cyangwa bakabigeraho bibagoye iyo bataba Nyampinga.
Kijabuzima Simon wo mu mudugudu wa Bubare akagali ka Nyarurema umurenge wa Gatunda avuga ko Nyiramariza Patricia batigeze basezerana byemewe n’amategeko n’ubwo byabaye, ubuyobozi bukaba buvuga ko bugiye kwifashisha inzego z’ubutabera kugira ngo uyu mugore arenganurwe.
Umugabo witwa Ruhamya Yohani wo mu kagari ka Nyarurema, umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare arashinjwa kwihakana umukazana we Mutezimana Claudine n’abana yabyaye agamije kwikubira imitungo.
Kuva tariki ya 7-9 Ukwakira 2014 ni icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana. Abaturage mu karere ka Kirehe bakaba basabwa kwitabira iyo gahunda mu bigo nderabuzima binegereye igihe kitararenga.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwaga Niyivugabikaba Josué, wo mu murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi yitabye Imana abandi bantu bo mu muryango we bagera kuri 7 nabo bajya mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Islamique, intandaro y’urupfu rw’uwo mwana n’uburwayi bwabo mu muryango we bagakeka ko baba barariye ubugari (…)
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiratangaza ko igipimo cy’amazi cyari gitegerejwe ngo urugomero rwa Nyabarongo rubashe gutanga ingufu z’amashanyarazi cyageze mbere y’igihe cyari giteganyijwe kandi imashini zose ziri mu mwanya wazo, hakaba hategerejwe inzobere zigomba kuza kugira ngo igerageza ritangire gukorwa.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA), Imena Evode aravuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu bucukuzi bw’amabuye.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa 7 Ukwakira 2014 basuye abaturage batuye umurenge wa Gasaka mu rwego rw’imiyoborere myiza aho baganiriye n’abaturage uko imibereho myiza, ubukungu ndetse n’umutekano uko byifashe.
Uwizeyimana Marie w’imyaka 21 utuye mu kagali ka Teba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro atangaza ko gukora umwuga wo kogosha bitamutera ipfunwe bitewe n’uko ari umwuga nk’uwundi.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda(CLADHO) iratangaza ko mu igenzura iherutsemo ku mirambo yatoraguwe mu kiyaga cya Rweru kigabanya u Rwanda n’u Burundi ngo yasanze abaturage bo ku ruhande rw’u Rwanda nta makuru bazi kuri izo mpfu.
Umugore witwa Mukandayisenga Solange w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho kwica umuwana w’imyaka ine n’amezi atandatu yari abereye mukase.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 7/10/2014 nibwo urukiko rukuru rwa Gisirikari ruherereye i Kanombe rwumvise ubujurire bw’abasirikari bakuru Col Tom Byabagamba, Brig Gen Frank Rusagara utakiri mu gisirikari ndetse n’umushoferi we Sgt François Kabayiza nawe utakiri mu gisirikari ku ifungwa ry’agateganyo bakatiwe n’urukiko (…)
Bamwe mu bagore bitabiriye inama mpuzamahanga isuzuma uruhare rw’umugore mu kurangiza intambara no guteza imbere amahoro na demokarasi ku mugabane wa Afurika; bavuga ko bashobora gufatira imyanzuro abagabo n’abana babo bishora mu ntamabara.
Ngirumukunzi Tharcisse utuye mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke ahitwa ku i Yove, avuga ko yagiye akora ibikorwa byinshi byo kwiteza imbere ariko ubuyobozi bukamubangamira bufatanyije na bamwe mu baturage bafite ishyari ry’uko hari byinshi yamaze kugeraho kandi abikuye mu mutwe we.
Abajyanama bakaba n’abafashamyumvire mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Gatsibo, barasabwa kwiyubakamo ikizere mu kazi kabo ka buri munsi kugira ngo babashe kuzuza inshingano bafite.