Abasirikare 21 baturuka mu bihugu umunani bigize urwego rw’ibihugu byo mu burasirazuba bw’Afurika rushinzwe gutabara aho rukomeye EASF(Eastern Africa Standby Force) bahuriye i Nyakinama mu karere ka Musanze ngo bamare iminsi itanu biga uko batanga ubutabazi mu mazi manini nk’inyanja n’ibiyaga.
Ubwoko bw’ibiryo bumwe na bumwe ngo bufasha abantu kugumana imisatsi myiza kurusha uko bakoresha imiti, amavuta n’ibindi bintu binyuranye abantu benshi bakoresha ngo imisatsi yabo ise neza.
Abahanga mu by’ubuzima bw’imitsi barabasaba abagabo barwara umutwe ukomeye igihe bakoze imibonano mpuzabitsina kutazajya bijundika abo baba bayikoranye kuko ngo atari no ba gitera, impamvu ziri ahandi.
Abanyarwanda bane bakekwaho kwica Dickson Tinyinodi ukomoka mu gihugu cya Uganda wari umuvanjayi ku mupaka wa Gatuna bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rw’Akarere ka Gicumbi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora mu Rwanda, Prof. Kalisa Mbanda, aremeza ko uburyo iyo komisiyo ifasha Abanyarwanda kwihitiramo ababayobora neza mu buryo bw’amatora adafifitse bikwiye kubatera ishema kuko ngo hari ibihugu byinshi abaturage batajya bagira uruhare na ruto mu kwihitiramo ababayobora, ndetse ngo hakaba n’ahandi (...)
Umugore utuye mu karere ka Nyagatare yagiye gusaba icumbi kuri station ya polisi ya Kigabiro mu cyumeru gishize nyuma y’uko kuwa tariki 29/11/2013 yari amaze guha abantu batazwi amafaranga ibihumbi 40 ngo bayamubikire nyuma yo kumubeshya ko inzego z’umutekano ziri gusaka abantu bose mu nzira iva Rwamagana yerekeza i (...)
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Daihatsu yari ipakiye amakara yakoze impanuka mu Kagali ka Munyana,Umurenge wa Minazi mu karere ka Gakenke, abagore babiri barimo barakomereka umwe ku buryo bukomeye.
Itorero “Revival Temple” riri i Remera ku Giporoso rivuga ko imbuga iri imbere y’urusengero yagaragaye mu mabonekerwa ko ari isoko y’amazi ibihugu biza kuvomaho amazi yo gukiza ababituye. Ngo niyo mpamvu habera igiterane ngarukamwaka n’ubu kirimo gukorwa, nk’uko Umuyobozi w’iryo torero yabitangaje.
Nk’umunyamakuru mperutse kugirana ikiganiro n’umugore umwe ntavuze, musabye kwivuga kugira ngo ntibeshya ku mazina ye n’icyo akora ntungurwa n’uko yatangiye yivuga ko agira ati: “ Nitwa madamu.. yongeraho amazina ye ndetse n’icyo ashinzwe mu bijyanye n’akazi”. Ibi byatumye nibaza niba ari ngombwa kwivuga mu ruhame (...)
Umuyobozi wungirije wa Kaminuza ya Kibogora ushinzwe Amasomo, Dr Dariya Mukamusoni, yemeza ko umuganda rusange ari urugero rwiza rutoza abakiri bato gukunda igihugu no kugikorera, bityo urubyiruko rukaba rusabwa kuwitabira.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kumva neza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” n’umutima wabo wose kuko ari ishingiro ryo kwiyubakira igihugu kitarangwamo umwiryane.
Urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye ndetse n’igororamuco rurashimira Perezida Kagame kubera ko babasha kunywa amata bayakesha inka makumyabiri yabagabiye. Izo nka zariyongereye nyuma y’uko zimwe muri zo zabyaye, bakaba bafite inka zibarirwa muri mirongo itatu.
Urukiko rw’i Tokyo ruherutse gusaba ibitaro bimwe byo mu Buyapani kwishyura miliyoni 38 z’amayeni (angana n’amayero ibihumbi 281) y’impozamarira, umugabo w’imyaka 60 kubera ko iri vuriro ryamuhaye ababyeyi b’abakene nyamara we abamubyaye bari abakire.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite ikirango RAC 456 D yari iri gupakira ibiti byo gutera mu muganda wabaye tariki 30/11/2013 mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza yagushije abantu 21, umunani muri bo barakomereka bikabije.
Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Shanita Namuyimbwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bad Black uherutse gufatirwa mu Rwanda yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo abatuye isi yose batangire kwinjira mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunane, abaturage batuye mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare runini mu kwibungabungira umutekano kuko aribwo abagizi ba nabi baba barekereje guhuguza utw’abandi.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo bavuga ko kugira ngo ubumwe n’ubwiyunge bugerweho hakiri byinshi bikwiye kwitabwaho birimo kutishishanya, guhuriza hamwe mu kwiyubakira igihugu, kutiyumvamo ikibazo kijyanye n’amoko n’ibindi.
Muri ibi bihe byegereza Noheli n’Ububanani, ngo buri wese ashobora gufasha abandi gusoza umwaka no gutangira undi neza, agasangira iby’afite n’abatabigira, nk’uko Uruganda rwa Bralirwa rufite ikinyobwa cya Coca-Cola rubisaba.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball ukinwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, yerekeje i Nairobi muri Kenya mu mikino y’igikombe cya Afurika izaba kuva kuwa mbere tariki ya 2-7/12/2013.
Minisitiri w’umutekano, Mussa Fazil Harerimana, arahamagarira abatuye akarere ka Gisagara kwitabira inyigisho ziri muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” zikabafasha kubana no kubabarirana maze amateka mabi yaranze u Rwanda akibagirana bakaba umwe.
Mu mazu mashyashya aherutse kuzuzwa ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), harimo iyagenewe ibiro abayubatse batashyizeho inzira inyurwamo n’amagare y’abafite ubumuga bajya muri etaji. Ubuyobozi bw’ibi bitaro buvuga ko buzabikosora.
Mukunzi Mutabazi w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Tsima mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza yakomerekejwe n’imbogo yo muri Parike y’Akagera mu gitondo cya tariki 30/11/2013.
Nyuma y’uko bivuzwe ko mu karere ka Rubavu hari ibikorwa byo kunyereza abagabo n’abasore, ubuyobozi bw’akarere ka Rubvau buvuga ko abagabo n’abasore batanyerezwa ahubwo hafatwa inzererezi kandi zikajyanwa mu kigo ngororamuco.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bidagaduye, barishima ubwo “Tigo” isosiyete icuruza iby’itumanaho mu Rwanda ndetse n’umushinga “Ni Nyampinga” bajyaga kwerekana bimwe mu bikorwa byabo muri ako gace.
Niyodusenga Placide ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Murama wo mu karere ka Kayonza afungiye i Kibungo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.
Nyuma yo gutsinda Uganda amaseti 3-0 mu mukino wa nyuma w’imikino y’akarere ka gatanu yaberaga i Kigali, u Rwanda rwabonye itike yo gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi mu mukino wa volleyball kuko rwaje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Misiri, naho Kenya ifata umwanya wa gatatu.
Banki itsura amajyambere (BRD) yahaye Minisiteri y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) miliyoni mirongo itatu yo kugura amabati yo kubaka inzu z’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe.
Ubwo yasuraga abaturage bo mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga ku wa 30/11/2013, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yahumurije abaturage ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” itagamije gushyira inkeke ku Bahutu.
Rurangirwa Laurent w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Musasa mu kagari ka Nyarubuye yivuganye Nyirarume witwa Nsanabandi Froduard w’imyaka 61 y’amavuko mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013 bapfuye amasambu y’imiryango yabo batumvikanagaho.
Abasirikare basaga 3.200 bari muri batayo enye basohoje ubutumwa bwabo bwo gucunga umutekano mu ntara ya Darfur, bashimiwe uruhare bagize mu guhindura ubuzima bw’abaturage bacungiraga umutekano babigisha gukora amakara yo gucana.
Umugabo witwa Harerimana Elias w’imyaka 45 y’amavuko wari utuye mu mudugudu w’Uwimpunga mu kagari ka Rwinume mu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Gashanga ubwo yarobaga amafi.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 10.8 yabonye mu mezi icyenda y’uyu mwaka, itanga icyizere kuri iyo banki ko ngo mu gihe gito izaba yabaye ikigo cya mbere mu Rwanda cyunguka kurusha ibindi.
Abajura bateye mu rugo rw’umucuruzi witwa Mvuyekure Ismael maze bamufatiraho imbunda niko guhita bamutwara amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29/11/2013.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kuba bagaragara mu bucuruzi bukoresha fagitiri z’impimbano, nyuma y’uko hashize iminsi mu mujyi wa Rusizi hafatwa ibicuruzwa bituruka muri congo bije kugurishirizwa mu Rwanda.
Jean Havugimana, umuyobozi w’akagari ka Ishwa ko mu murenge wa Nkombo, yongeye gutabwa muri yombi azira gufata ruswa. Iyi ibaye incuro ya gatatu afugwa kandi azira ruswa ituruka mu mitego ya kaningini ifata injanga.
Ikibazo cy’abantu bitwikira ijoro bakamena ibirahuri by’amazu y’abantu mu karere ka Ngoma cyageze mu kagali ka ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo, mu gihe iki kibazo cyari kimaze iminsi kivugwa mu kagali ka Mahango bituranye.
Abasoje amashuri yisumbuye muri uyu mwaka bagera ku 1200 batangiye itorero ry’igihugu mu ishuri rya TTC Mbuga riherereye mu murenge wa Uwinkingi no mu ishuri ry’ubumenyi rya Nyamagabe (ES Nyamagabe) ribarizwa mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Kuri uyu wa gatandatu, u Rwanda rurakina na Uganda umukino wa kane ari nawo wa nyuma mu irushanwa ry’akarere ka gatanu ririmo kubera mu Rwanda, nyuma hakaza guhita hamenyekana amakipe atatu agomba gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Umukuru w’igihugu w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yamaze kugera i Kampala muri Uganda, yitabiriye inama ya 15 y’abakuru b’igihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiga ku bikorwa byihutirwa mu iterambere ry’uyu muryango.
Minisiteri y’Umutekano mu gihugu iratangaza ko mu gihembwe gishize ibyaha bihungabanya umutekano byongeye kugabanukaho kugeza kuri 2,5%, aho abaturage babigizemo uruhare rugaragara mu gitanga amakuru ku gihe.
Kuba abayobozi batanukanye bashyira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kurengera imbehe (Inyungu zabo bwite) ariko anavuga bigafasha Abanyarwanda ku bwiyunge nyabwo ntacyo byaba bimutwaye Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, nk’uko abyitangariza.
Imva ishyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 y’i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yatangiye kwangirika ku buryo hari impungenge ko muri iki gihe cy’imvura amazi yayinjiramo akangiza imibiri isaga ibihumbi umunani iyishyinguyemo.
Euphrem Munyentwari w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Murunda yateraguye ibyuma se witwa Niyitegeka Gallican w’imyaka 46 y’amavuko kugeza ubwo ashiramo umwuka amuhora ko ngo na we yabangamiraga ibikorwa bye by’ubworozi.
Abagize koperative C.T.S.O.R ikora ubucuruzi bw’amata ku isoko rya Base mu karere ka Rulindo tariki 28/11/2013 biriwe mu byishimo aho bashyikirijwe inkunga y’ibikoresho byo kujya babasha gufata neza amata yabo neza bityo akabasha kubonerwa isoko.
Ngirinshuti Leopord w’imyaka 70 wo mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yahuye n’igico cy’abagizi ba nabi baramukubita bamusiga ari indembe ubwo yari avuye gucuruza ahagana saa tatu z’ijoro mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013.
Icyifuzo cy’uko abafite indwara zo mu mutwe bagenerwa ubwisungane mu kwivuza (mituweri) bwihariye cyagaragajwe ubwo abahagarariye inama y’igihugu y’abafite ubumuga, bari kumwe n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima, bagendereraga ikigo kivura indwara zo mu mutwe (caraes) cy’i Huye, kuwa 28/11/2013.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yaritwaje uburwayi bw’uwo babanaga akamwiba amafaranga ataramenyekana umubare, bene umurwayi bavuga ko ari miliyoni imwe n’ibihumbi magana atandatu.
Intumwa za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ziri kumwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 28/11/2013 baganiriye n’abaturage bo mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba batuye ahazubakwa isoko ryambukiranya imipaka rya Rugari maze babasaba kugira uruhare mu kwiyubakira iri soko.
Kuva kuri uyu wa 29 kugeza kuwa 08/12/2013 mu karere ka Musanze hateganyijwe murikagurisha ‘Mini Exposition’ ariko kugeza mu ma saa sita yo kuri uyu wa 29/11/2013, hari hakiri kubakwa ama stands azamurikirwamo, hagikorwa amasuku, ndetse n’amasitandi hafi ya yose ataragezwamo ibicuruzwa.
Umuryango Transparency International Rwanda watangije uburyo bushya bise IFATE bukoresha mu gutanga amakuru kuri ruswa, bwifashisha inzira zose zigize ikoranabuhanga nta kiguzi umuturage atanze.