Norbert Shyerezo wari uhagarariye komite y’urubyiruko yo mu karere ka Ngororero yatorewe kuba umuyobozi mukuru w’Inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko (NYC), mu matora yabaye tariki 30/10/2013.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’umuyobozi wa gahunda ya mudasobwa imwe kuri buri mwana(One Laptop per Child/OLPC) ku rwego rw’isi, Rodrigo Arboleda, bemeranyijwe ko iyi gahunda igiye kwagurirwa mu bindi bihugu by’Afurika, hamwe no gukomeza kuyigeza ku bana bose mu Rwanda.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013, abantu bataramenyekana bagiye mu isambu y’umugore witwa Mukandereya Josephine wo mu kagari ka Nyanjye mu murenge wa Ngororero maze batemagura insina 30 hamwe n’ibigori ku buso bungana na metero kare 24.
Abayobozi batandukanye bashinzwe isuku bavuye muri EWSA bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kuri uyu wa 31/10/2013 bakoreye uruzinduko mu murenge wa Nkombo mu rwego rwo kureba uko kurwanya indwara ya korera imaze iminsi igaragaye muri uwo murenge.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2013 nibwo abatuye mu mujyi wa Ngororero bishimiraga ko batakigendera mu mwijima kubera amatara yashyizwe ku muhanda no mu mujyi rwagati, ariko nyuma y’amezi 4 gusa ayo matara ntacyaka.
Umugabo wari yarigize icyihebe mu Karere ka Gakenke witwa Bapfaguheka Francois bakunda kwita Heka yatawe muri yombi nyuma yo gusanga urumogi iwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31/10/2013
Abarwanyi 15 ba M23 hamwe n’abandi Banyecongo 3 bari kwitabwaho n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge nyuma yo kurasirwa mu mirwano yahuje M23 n’ingabo za Congo nabo bari bafatanyije.
Umunyeshuri w’umunyarwanda wiga Goma taliki ya 29/10/2013 yahohotewe n’ingabo za Congo zikorera ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo i Rubavu zimuhora kuba zarabuze abantu benshi ku rugamba zarwanye na M23 i Kibumba.
Ubushakashatsi bumaze kwerekana ko abaturage bo mu ntara y’Amajyepfo baza ku mwanya wa mbere mu gukenera guhabwa icyubahiro no kwitabwaho kurusha abandi batuye izindi ntara mu Rwanda.
Ama G the Black, umuhanzi nyarwanda mu njyana ya Hip Hop, aravuga ko adakora umuziki agamije gushimisha abahanzi bagenzi be, ahubwo ngo akora agirango anezeze abakunzi be, bityo akagira inama abandi bahanzi guhanga ijisho ku cyo abakunzi babo babifuzaho.
Abaturage bari batuye mu mudugudu wa Gataka, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amazu yabo yatangiye gusenywa kuko aho bari batuye hagiye kubakwa gare igezweho.
Nabakuza Surayine bakunze kwita Mugende w’imyaka 53 wari utuye mu kagari ka Buhanda umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, yahiriye mu nzu tariki ya 31/10/2013 arinda apfa.
Ikipe ya CSKA Moscou yo mu Burusiya yahawe igihano na FIFA kubera ko bamwe mu bafana ba yo batutse umukinnyi Yaya Toure w’ikipe ya Manchester City ibitutsi bishingiye ku irondaruhu.
Mu gihe hakigwa uko urugomero rw’amashanyarazi rwa rusizi ya 3 ruzubakwa, hagiye kuba hakorwa umuhanda ugana kuri urwo rugomero kugirango ibikoresho byo kurwubaka bizabashe kuhagera mu buryo bworoshye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’abahagarariye amakipe ya ruhago y’abagore batangaje ko shampiyona y’abagore izatangira tariki 30/11/2013, ikazaba irimo andi makipe atanu mashya.
Ku bufatanye na Minisiteri y’Umuco na Siporo, igitaramo cy’umuhanzi Jules Sentore cyimuriwe muri Stade Amahoro i Remera aho kubera kuri Serena Hotel nk’uko byari bimaze iminsi bitangazwa hirya no hino mu bitangazamakuru binyuranye.
Ndagijimana Seleman wayoboraga umudugudu wa Kareba mu kagari ka Gatereri ho mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 30/10/2013.
Police FC ikomeje kugaragaza ko ari ikipe yo kwitonderwa nyuma yo kunyagira Etincelles ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wabereye kur Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatatu tariki ya 30/10/2013, naho AS Kigali yakomeje kwicara ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gicumbi igitego 1-0.
Kubera imyitwarire itari myiza yagiye igaragara kuri bamwe muri ba Nyampinga, hafashwe ingamba zo gushaka ikigo cyazajya gikurikirana imyitwarire yabo nyuma yo gutorwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye urubyiruko rwaje mu nama ya ‘Transform Africa’ ruturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ko ubukire n’imibereho myiza bashaka, batagomba kubisaba Leta cyangwa undi wese, ahubwo ko bagomba kwibyazamo impano bafite bakaziteza imbere, kugirango babeho uko babishaka.
Mu gikorwa kizabera mu Bubiligi tariki 02/11/2013 cyo kwizihiza imyaka 50 Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) imaze ivutse, hazerekanwa filime yakozwe ku mateka (film documentaire) ya UNR, izagaragaramo bamwe mu bayobozi bize muri iyi Kaminuza.
Akarere ka Rutsiro kasinyanye n’abaterankunga amasezerano yo gutangiza umushinga wo kurwanya imirire mibi no kugwingira bikunze kugaragara ku bana bari munsi y’imyaka itanu. Uwo mushinga uzibanda no ku babyeyi b’abakene batwite ndetse n’abonsa bashobora guhura n’ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’umuryango Fair Children/Youth Foundation (FCYF), bugaragaza ko mu karere ka Musanze harabarurwa abana 841 bafite ubumuga bwiganjemo ubwo kutavuga ndetse no kutumva.
Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu ikorerwamo n’ibirebana no guteza imbere ikoranabuhanga izwi ku izina rya BDC (Business Development Center) ishami ryayo rya Ngororero yibwe eclats 13 za mudasobwa zisanzwe zikoreshwa n’abagana iyo serivisi.
Nyuma y’amezi 4 umushinga Imbuto Foundation utangije gahunda ya “mubyeyi terintambwe Initiative” igamije guca ikibazo cy’abana bata amashuri, ubu uwo mushinga urimo kuganira n’ababyeyi ku mpamvu zitera abana guta ishuri no kuzikumira.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuva saa munani z’amanywa za tariki 29/10/2013 mu Karere ka Gakenke yangije amazu 33 mu mirenge itandukanye, inasenya amashuri y’inshuke ndetse n’ubwiherero.
Ba rushimusi 22 bo mu Kivu bakoraga uburobyi butemewe bagakoresha n’imitego yangiza isambaza batawe muri yombi mu turere twa Karongi, Rutsiro na Nyamasheke.
Umuyobozi wa sitasiyo ya EWSA mu karere ka Ngoma, Mugeni Genevieve, araburira abajura biba insinga z’amashanyarazi kuko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bazahanwa by’intangarugero.
Guhera tariki 28 Ukwakira 2013 mu mujyi wa Karongi harabera imurikagurisha ryaguwe n’umucuruzi Nzeyimana JMVusanzwe ukorera mu karere ka Huye. Iryo murikagurisha rizamara iminsi 10 ritangira saa mbiri za mu gitondo rikageza saa yine z’ijoro.
Mukeshimana Thacienne wo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Tare aratangaza ko yahisemo kuba “mucoma” (umuntu wotsa inyama mu kabari) mu kabari ke kugira ngo abashe gutanga serivisi nziza ku bakiriya be.
Kuva taliki ya 14/10/2013 abarwanyi 25 n’abandi batatu bo mu miryango yabo batatu bafungiye mu kigo cya MONUSCO cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yitwaza intwaro kiri mu mujyi wa Goma hafi y’ikiyaga cya Kivu.
Emmanuel Niragire utuye mu mudugudu wa Kindoyi, akagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arashinja umuturanyi akaba n’umuvandimwe we witwa Kiruhura Gervais kuzana inzoka nzima mu rugo rwe.
Mu mikino ya Capital One cup mu Bwongereza, ikipe ya Arsenal yasezerewe n’ikipe ya Chelsea iyitsinze ibitego 2-0. Chelsea yabifashijwemo na Cesar Azpilicueta na Juan Mata.
Abanyarwanda 159 bamaze kugera mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cy’Uburundi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda bakibamo ku buryo butemewe n’amategeko.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibizamini bya Leta by’uyu mwaka wa 2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Mathias Harebamungu, yavuze ko impinduka ziri muri ibi bizamini zizateza imbere uburezi.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Tigo bakorera mu karere ka Ruhango, bamaze kwibwa amafaranga asaga ibihumbi 500 mu buryo batari bamenya.
Nyuma y’ibisasu 20 n’amasasu mato menshi yarashwe mu Rwanda n’ingabo za Congo bigahitana ubuzima bw’Abanyarwnda babili naho abandi 9 bagakomereka hamwe n’abanyecongo 7, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bazafata mu mugongo abagize ibyago.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’imyuga kuri uyu wa gatatu tariki 30/10/2013 yatangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ASPEJ Muhazi mu karere ka Rwamagana ahari gukorera abanyeshuri 396 basoje amasomo mu myuga-ngiro (TVET).
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga mwinshi, ku mugoroba wa tariki 29/10/2013, yashenye amazu atatu yangiza n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda ndetse n’intoki zirangirika mu Murenge wa Musheri akarere ka Nyagatare.
Nyirimanzi Jean Pierre umaze imyaka itandatu ashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyabihu avuga ko yakoze byinshi bijyanye no guteza imbere ubuhinzi muri ako karere ariko ngo hari ibikorwa bitatu bimushimisha kurisha ibindi.
Umuganga w’amenyo wo muri Leta ya Iowa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yirukanye umwungirije amuhora ko ngo ari “mwiza cyane”, ibintu avuga ko yabonaga bishobora kuzamugusha ndetse bikanamusenyera mu bihe biri imbere.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uwabadepite kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ku nsanganyamatsiko ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo iyo gahunda na bo bayigire iyabo.
Igihugu cy’Ubuhinde gihanganye n’ikibazo cyo kubura ibitunguru ku buryo bukomeye bushobora gutuma Leta iriho muri icyo gihugu ihirima ikavaho nk’uko byagenze mu myaka ya 1980 na 1998 ubwo kubura ibitunguru byatumaga abaturage bivumbura kuri Leta ndetse bikagira uruhare mu gukura ku butegetsi Leta zariho icyo gihe.
Leta y’igihugu cy’Ubuyapani ngo ihangayikishijwe bikomeye n’uko abaturage bayo benshi biganjemo urubyiruko batagifite irari na rike ryo gukora imibonano mpuzabitsina, bigatuma ndetse baguma batyo ntibazigere banatekereza gushinga urugo ngo babyare igihugu kigire amaboko.
Mu nkengero z’umugezi wa Mwogo unyura mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugore witwa Uzamushaka Alphonsine w’imyaka 31 y’amavuko afite igikomere mu mutwe bigaragara ko yakubiswe maze akajugunwa muri uwo mugezi.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yishimiye inkunga y’ikigo cy’itumanaho cya Airtel, cyiyemeje kujya gitanga ubufasha bwa buri mwaka bwo gusana no kongera iby’ibanze bikenerwa ku mashuri, gihereye ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa mu karere ka Bugesera.
Rutayisire Etienne w’imyaka 65 wo mu murenge wa Mugesera ho mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Sake akurikiranweho gushaka kuvura Ndayiramije Anastase amarozi nta byangombwa byo kuvura gakondo afite nyuma akamupfiraho iwe mu rugo.
Mu gihe imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma imaze amezi agera kuri atanu yarahagaze kubera rwiyemezamirimo wataye imirimo nyuma yo guhabwa miliyoni 48 n’akarere ka Ngoma, amazu ataruzura y’iri soko yabaye indiri yaho bakinira urusimbi.
Umuryango wa Charles Taylor wamenyeshe mu kiganiro n’abanyamakuru ko utishimiye na busa uko bwana Taylor afashwe muri gereza itazwi yo mu Bwongereza, ndetse bemeza ko ngo abayeho nabi cyane ashobora no gupfa mu minsi ya vuba.