Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe ingufu buratanga icyizere ko imirimo yo gutunganya nyiramugengeri iri gukorerwa mu gishanga cy’Akanyaru mu murenge wa Mamba ho mu karere ka Gisagara izatanga inyungu ku Banyarwanda bose muri rusange.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abakarani batatu bakorera mu isoko rya Byumba nyuma yo gukeka ko baba bagize uruhare mu rupfu r’wumwe mu bakarani mugenzi wabo basanze yapfuye aryamye hafi y’isoko.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, atangaza ko ubuyobozi bwiza buha agaciro abaturage buharanira ko bikura mu bukene kugira ngo babeho neza, bitandukanye na mbere ngo ubuyobozi bubi bwaheje bunica abo bwagomba kuyobora.
Abagabo batatu barashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gucyekwaho gusambanya umugore mu ijoro rya tariki 23/09/2014 mu ishyamba rya Gishwati mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro.
Minisitiri w’umuco na siporo, Amb. Joseph Habineza, avuga ko gutora nyampinga w’u Rwanda [Miss Rwanda] ari igikorwa gikwiye kugaragaramo umuco w’Abanyarwanda ku buryo bwimbitse kuko n’ubundi nyampinga utorwa aba afite inshingano yo kuba ambasaderi w’u Rwanda mu bijyanye n’umuco.
Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza mu Rwanda (HEC) irasaba ko abarimu bigisha muri kaminuza batarahuguwe mu mwuga w’uburezi bagomba kubyiga kuko kugeza ubu ngo ireme ry’uburezi mu rwego rwa kaminuza ridindizwa n’abarimu bahigisha batari abanyamwuga.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe, guhera ku rwego rw’akarere kugeza ku rwego rw’umudugu binenze kutegera abaturage bihagije ngo bamurikirwe ibibakorerwa no gusobanurirwa uko politiki y’igihugu iteye n’uruhare rwabo mu gutegura no gushyira mu bikorwa imihigo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, Francis Kaboneka, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri Karongi guhorana ishema ry’uko bahisemo neza kuko ngo bari mu muryango utarangwa n’amagambo ahubwo urangwa n’ibikorwa.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro cyimaze gusohora urutonde rwa kabiri rw’Abaturarwanda kivuga ko babereyemo Leta imyenda ikomoka ku misoro batishyuye kandi ngo barasabwa kwishyura bitarenze iminsi 7.
Mu ijoro rishyira kuwa 22 Nzeri uyu mwaka, abagabo babiri bo mu karere ka Ngororero ngo bivuganye abagore babo bakoresheje ibikoresho gakondo nyuma yo gusinda inzoga no kwigamba ko bazica abo bari barashakanye.
U Rwanda n’u Budage byashyize umukono ku masezerano yo koroshya ibijyanye n’ingendo z’indege aho kompanyi y’indege ya Rwandair izashobora kujyana no kuvana abagenzi mu Bugade.
Abaturage bo mu murenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu barishimira cyane uburyo ibibazo bari bafite bigenda bikemuka muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe tariki 22/09/2014.
Mu rwego rwo kugirango imiyoborere myiza irusheho gushinga imizi mu karere ka Gakenke abayobozi bo mu nzego z’ibanze barasabwe kumenya ko mu byo bakora byose mbere na mbere babanza kwita ku bibazo by’abaturage bakabona gukurikizaho ibindi.
Nyuma yuko rwiyemezamirimo wakoraga imirimo yo kwagura isoko rikuru rya Kibungo (Ngoma) atereye imirimo kuva mu mwaka wa 2013, abakozi 250 bambuwe na rwiyemezamirimo wataye akazi barishyuza akarere.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport uyumazemo amezi ataragera kuri abiri Jean Francois Losciuto aranyomoza amakuru yavugaga ko ngo yaba yarasinyiye indi kipe yo muri Burukinafaso amasezerano y’imyaka ine, mu gihe agifite amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sport.
Mu rwego rwo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa 23/09/2014, akarere ka Nyaruguru kashyikirije amazu ane imiryango ine y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bazatura mu murenge wa Ngera.
Kwimakaza ukuri ni umwe mu mihigo abafungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Ngoma bihaye, kuri uyu wa 23 Nzeli, ubwo basozaga ibiganiro by’iminsi ibiri bahabwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya season A 2015 mu karere ka Ruhango tariki ya 23/09/2014, minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahumurije abaturage b’aka karere ku kibazo cy’indwara ya Kabore yibasiye igihingwa cy’imyumbati.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burizeza urubyiruko rwo muri ako karere ko gahunda ya “Kora Wgire” yatangijwe izarukura mu bukene ngo kuko ari muri iyo gahunda ibitekerezo bitandukanye by’imishinga yarwo bizashyirwa mu bikorwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwagusubitse ku nshuro ya 10 isuzumwa ry’ubujurire mu rubanza ruregwamo Kabirima Jean Damascene, nyuma yo gukatirwa n’urukiko Gacaca igihano cya burundu y’umwihariko, kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mukandabasanze Dorothee w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo yishwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rishyira tariki 23/09/2014 aho bamwishe bamunigishije igitenge yari yambaye nyuma yo kumusambanya.
Daniel Ntibarihuga utuye mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ko ari we wishe umugore we Viyoleta Mukantwari amukubise agasuka mu mutwe.
Sosiyete yitwa Revaforage yo mu gihugu cya Madagascar irasaba u Rwanda kwemererwa gutanga amazi ku baturage, cyane cyane aho bigoranye kuyabona (ahakunze kuba amapfa cyangwa mu misozi miremire), mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bigize igice cy’amajyepfo cy’isi.
Minisitiri wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasuye Akarere ka Karongi tariki 23/09/2014 maze asobanurira abagize Inama Mpuzabikorwa y’ako karere ko gukorera hamwe no kwegera abaturage ari ryo banga ry’imiyoborere myiza rishobora gutuma bongera guhagarara neza mu mihigo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba ko inzego zose zishinzwe uburezi mu Ntara y’Iburasirazuba zongera ubukangurambaga mu babyeyi mu rwego rwo kugira ngo ibibazo bigaragara hari abana bamwe barya ku ishuri naho abataratanze umusanzu ntibarye bikemuke.
Niyoyita Jean Claude w’imyaka 31 witabye Imana mu rucyerera rwa taliki 22/09/2014 arashwe na Cpl Habiyambere Emmanuel yashyinguwe kuri uyu wa 23/09/2014 mu irimbi rya Karundo mu karere ka Rubavu.
Nyiranyenzi Aderiana w’imyaka 95 wari utuye mu mudugudu wa Rushoka , akagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo yahiriye mu nzu arashya arakongoka ubwo yari arimo kota umuriro mu nzu ye mu joro rya tariki ya 22 Nzeri 2014.
Dr Guillain Lwesso wari umuyobozi w’agateganyo mu bitaro by’akarere ka Nyanza aravugwaho kuba yarataye akazi kuva tariki 14/09/2014 ku mpamvu ze bwite atabimenyesheje ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bumushinzwe.
Abagize ikompanyi ya Decent Entertainment aribo Muyoboke Alex na Twahirwa Theophile uzwi ku izina rya Dj Theo bateguye igitaramo cyo kumurika iyi kompanyi yaje gufasha abahanzi kumenyekanisha ibikorwa byabo no kubibyaza umusaruro (Management).
Mu gihe ibindi bikorwa by’amategeko bitandukanye biba bifite ibihe ntarengwa byo kuba byakozwemo, si ko bimeze ku gutakambira umuyobozi wisumbuye ku wafashe icyemezo kibangamiye uwifuza ko gikurwaho.
Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne yatangiye shampiyona ibabaza abakunzi bayo itsindwa na Real Sociedad 4-2 ndetse na Atletico Madrid 2-1 ariko aho igeze ubu haratanga icyizere nk’uko byemezwa n’abafana bayo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV4 yavaga i Kigali ijya ahitwa Mayange mu Bugesera ihiriye mu muhanda irakongoka ariko ku bw’amahirwe ntawe ihitanye nta n’ukomeretse.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyatangaje ko abantu ku giti cyabo cyangwa ibigo, bafite ibirarane by’imisoro by’imyaka igera cyangwa irenga ibiri, ko bagiye gufatirwa imitungo yabo, bakanakurikiranwa mu nkiko kuko batihutiye kwishyura cyangwa kuvuga ibibazo bagize.
Bamwe mu baganga bafite amavuriro yunganira ibigo by’ubuzima mu mirenge itandukanye mu karere ka Gasabo bikorana n’umuryango One Family Health Center, bafunze imiryango bitewe n’uko batakibona amafaranga yo gukomeza ubuvuzi uyu muryango nterankunga wari warabemereye.
Uwimana (amazina yahinduwe kubera umutekano we) utuye mu murenge wa Bugeshi yashimiwe n’akarere igikorwa cy’ubutwari bwo gutanga amakuru ku muntu wari ufite intwaro yo guhungabanya umutekano mu murenge wa Bugeshi.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 22 Nzeli 2014 abaturage b’umurenge wa Katabagemu bagaragaje ko bishimira iterambere bagenda bageraho kubera imiyoborere myiza.
Ubuyobozi bw’Ingoro z’Umurage z’u Rwanda burasaba inzego bireba kubafasha kubona uburyo bwo gusana izo nzu kuko zimwe muri zo zimaze gusaza kandi zibitse ibimenyetso by’amateka kamere ndetse n’iby’ umuco w’igihugu bikwiye kubungabungwa.
Mu mugi wa Burien, i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashyizweho itegeko ko nta wemerewe kunukira abandi.
Nyuma y’uko abahinzi mu gace k’Amayaga batewe ibihombo bikomeye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo, barasaba gukorerwa ubuvugizi kugirango banki yabagurije amafaranga itazateza cyamunara ibyo batanzeho ingwate ubwo bakaga inguzanyo yo kwagura imishinga y’ubuhinzi bw’imyumbati.
Uwimpuhwe Ariane Jeannette ni umukobwa akora akazi ko kotsa ibiribwa bitandukanye kazwi nko gucoma ubusanzwe gakunze gukorwa n’abagabo. Asanga akazi kose abakobwa bagakora kuko bafite ingufu n’ubushobozi, bityo akangurira abakobwa bagenzi kwitabira akazi nkako.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Huye yateranye ku cyumweru tariki ya 21/9/2014, bashishikarijwe gukora ubukangurambaga bukwiye kugira ngo imihigo akarere kahize igende neza, ndetse banashishikarizwa kutarebera igihe bumvise abatanga amakuru atari yo.
Umusaza witwa Muzima Celestin w’imyaka 60 y’amavuko yishe umuhungu we witwa Ndikumana Joseph w’imyaka 22 y’amavuko amutemaguye n’umuhoro kugeza apfuye.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 18, Niyitegeka Emmanuel, wakoraga akazi ko mu rugo rwa Gerard Bandeke utuye mu mudugudu wa Munyinya akagari ka Gihundwe mu murenge wa kamembe akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi afatanywe amafaranga ashinjwa kwiba sebuja.
Ubwo mu karere ka Nyanza hatangizwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza, umuyobozi w’Intara y’Amajypepfo Munyantwali Alphonse yavuze ko umuyobozi urya ruswa nta na rimwe ashobora kubaho neza kurusha umuyobozi utayirya.
Bamwe mu bari bafite ibibazo by’akarengane batuye mu karere ka Ngoma barashima ko bakemuriwe ibibazo by’akarengane bari bafite ubwo kuri uyu wa mbere tariki 22/09/2014 hatangizwaga icyumweru cyateguwe n’urwego rw’umuvunyi muri ako karere.
Abantu 25 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 22 Nzeri 2014, bavuga ko hari byinshi byatumye bafata icyemezo cyo gutaha birimo abagore bafatwa ku ngufu, kutagira uburenganzira busesuye ku byabo, umutekano muke n’ibindi.
Nubwo ikipe ya Manchester United ifatwa na benshi nk’ikipe ikomeye, yubahwa kandi ifite amateka ku mugabane w’Uburayi, kuri ubu ibihe irimo uhereye mu mwaka ushize bikomeje gushobera benshi mu bafana bayo.
Intumwa z’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa FPR Inkotanyi zahuguye inzego z’ubuyobozi bw’uwo muryango mu Ntara y’Uburengerazuba ndetse n’iz’uturere twa Karongi na Rutsiro mu rwego rwo kubungura ubumenyi no kubafasha guhwiturana no guhwitura inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta kugira ngo Umuryango wa FPR Inkotanyi uzashobore (…)
Mu murenge wa Nduba wo mu karere ka Gasabo hatashywe ikiraro cyambukiranya umugezi wa Nyabarongo wari uzwiho kutaba mwiza mu gihe cy’imvura, kuko mu gihe cy’imyaka ibiri gusa wari umaze guhita abantu bagera kuri 25 barohemyemo bagerageza kwambuka.
Nubwo avuga ko atarakira agakiza ku buryo bufatika, umuraperi Major X ubarizwa mu itsinda rya Flat Papers ngo agiye kwagurira ubuhanzi bwe mu ndirimbo zihimbaza Imana.