Umutoza wa Rayon Sport, umufaransa Didier Gomes da Rosa, yatangaje ko akirimo gutekereza neza niba azaguma muri Rayon Sport cyangwa se niba azayivamo, ngo akaba arimo kubiterwa n’impamvu ze bwite yirinze gushyira ahagaragara.
Umunyeshuri witwa Umubyeyi Consili arimo gukorera ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye ku kigo nderabuzima cya Kibingo mu murenge wa Ruhango nyuma yo kubyara tariki 01/11/2013.
Ikipe ya Rayon Sport yamaze gufata umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Mukura Victory Sport igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa munani wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki ya 3/11/2013.
Mu nama yahuje Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwari na mugezi we w’intara ya Kirundo mu Burundi, Nzigamasabo Leverien, hemejwe ko Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu Burundi bafite ibyangombwa ndetse n’abandi bari kubishaka bamaze kubibona bashobora gusubira mu buzima bwabo.
Umunyeshuri warimo akora ikizamini cya Leta kuri site ya Sonrise High School, yafatanywe udupfunyika tubiri tw’urumogi ubwo yari agiye kwinjira mu ishuri ngo akore ikizamini, bituma ahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera bityo ibyo gukora ikizamini biba bihagarariye aho.
Kuva mu kwezi k’Ukwakira 2013, mu karere ka Nyamasheke hamaze kugaragara indwara idasanzwe yibasira ibiti byo muri aka karere, by’umwihariko ibyo mu bwoko bw’inturusu.
Muri College of Business and Economics (CEB) yahoze yitwa SFB (School of Finance and Banking) kuri uyu wa gatandatu tariki 02/11/2013 habaye igikorwa cyo gutora umukobwa uhiga abandi mu buranga, umwanya wa mbere wegukanywe na Ghislaine Samantha Uwase.
Ikipe ya Orlando Pirates yo muri Afurika y’Epfo yanganyije na Al Ahly yo mu Misiri igitego 1-1 mu mukino wa nyuma ubanza wa ‘CAF Champions League’ wabareye kuri Orlando Stadium mu gace ka Soweto muri Afurika y’Epfo ku wa gatandatu tariki ya 2/11/2013.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02/11/2013, ikipe ya Arsenal, igaragaza umuvuduko udasanzwe muri iki gihe, yatsinze Liverpool ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa cumi wa shampiyona y’Ubwongereza, bituma ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere.
Ikipe ya AS Kigali yakomeje intangiro nziza za shampiyona nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2/11/2013, bituma ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge barizeza ko ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bizaba byuzuye mbere ya Mutarama umwaka utaha nibaramuka babonye ibikoresho byose ku gihe.
Abantu 47 bakomoka mu Karere ka Gakenke birukanwe na Leta ya Tanzaniya mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka hari gahunda yo gusuzuma ubufasha bakeneye ngo babugezweho mu minsi iri imbere.
Mu gihe abahinzi bari bamenyereye kwikopesha ifumbire mvaruganda bakazayishyura bamaze gusarura, kuri ubu bayihabwa ari uko babanje kwishyura. Ibi byagabanyije umubare w’abayikoresheje mu gihembwe cy’ihinga 2014A, kuko bageze ku kigereranyo cya 30%.
Umuyobozi w’ishami ry’ikigo cya EWSA rya Rwamagana, Karemera Emmery, avuga ko muri uyu mwaka wa 2013 bamaze guha amashanyarazi abaturage barenga 6000 mu turere twa Rwamagana na Kayonza; muri rusange bafite abafatabuguzi 23608 muri utwo turere.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi yateranye tariki 01/11/2013, umuyobozi wa Police muri ako karere yatangaje ko hari umuryango wo mu murenge wa Rwankuba ukurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubwo umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’umutekamo mu gihugu, Ambasaderi Munyabagisha Valens, yasuraga gereza ya Nyanza tariki 2/11/2013 yagaragaje ko isuku yaho n’abaho ikwiye kuba yafatwaho icyitegererezo.
Mu gihe mu karere ka Ngororero ubu babaraga ko bageze kuri 75,8% mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, imibare itangwa na minisiteri y’ubuzima yo igaragaza ko akarere ka Ngororero kageze kuri 64,8%.
Imiryango y’abanyeshuri n’abarangije kwiga barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, AERG na GAERG, iravuga ko isabukuru yayo igeze batakiri impfubyi, ahubwo ubu ngo bashoboye kwishakira ikibatunga, bamwe bakaba ari ababyeyi mu ngo zabo.
biravugwa ko AS Muhanga ishobora kudakina umukono wayo wo kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2013, nyuma y’uko mu miko itandatu ibanza ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri TKNFL ( Turbo Kingi National Football League) ikipe ya AS Muhanga ifite inote rimwe gusa, iri no ku mwanya wa 13 mu makipe 14.
Sibomana Salvator w’imyaka 53 y’amavuko ufite ubwenegihugu bw’u Burundi wari atuye mu Rwanda yaguye ku cyambu cy’i Mututu, mu gihe yari ategereje kwambuka ngo ajye kwivuriza uburwayi bwe mu gihugu cye cy’amavuko yari amaranye iminsi.
Bamwe mu banyururu bafungiwe ibyaha bya Jenoside n’ibindi byaha by’ubugome n’ubujura buremereye, bari bategereje ko bashobora kuzafungurwa by’agateganyo kubera baba baritwaye neza babwiwe kubyibagirwa kuko itegeko ry’u Rwanda ritabyemera.
Perezida Kagame arongera kwibutsa abayobozi ko gukora neza akazi kabo ari inshingano zabo, kuko amafaranga bahembwa ava mu misoro y’Abaturarwanda. Akongeraho ko bakwiye kongera ubukungu buturuka imbere mu gihugu kugira ngo na cya cyubahiro bahaga abanyamahanga kigume mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko abaturage bari batuye mudugudu wa Gakagati ya kabiri mu murenge wa Rwimiyaga bumvise inama z’ubuyobozi mbere bimutse naho abinangiriye aribo basenyewe, kuri ubu bakaba ntaho bafite bikinga.
Koperative Intangarugero za Huye yibumbiwemo n’abafite amaresitora bo mu mujyi wa Butare, yashyikirije ubwisungane mu kwivuza 100 abaturage bakennye cyane, muri gahunda yiyemeje yo kuba intangarugero mu gufasha abakene batishoboye bo mu Karere ka Huye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kubarura imitungo y’abahinzi b’icyayi n’abandi baturage bo mu murenge wa Rugabano bazimurwa ahazaterwa icyayi cy’uruganda ruri hafi kuhubakwa.
Kuba Abanyenkombo bagifite imico bakomora muri Congo wo guharika, aho usanga abasore bakiri bato bafite abagore barenze umwe, ngo ni imbogamizi ikomeye muri gahunda yo kuringaniza imbyaro muri kuri iki kirwa.
Umushinga mpuzamahanga DOT (Digital Opportunity Trust) uhugura abantu kwibyazamo impano bafite kugira ngo babone imirimo, uratangaza ko abarangiza Kaminuza bagahugurwa nawo, bafite amahirwe yo kubona imirimo ku kigero cya 85%, ugereranyije na 8% by’ababona imirimo batarahuguwe.
Abarimu batanu bigisha bigisha mu rwunge rw’amashuli rwa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, bafungiye kuri station ya Polisi y’aka karere bakurukiranyweho gukopeza abanyeshuri ikizami cy’ubugenge (Physics).
Abahinzi bo mu gishanga cya Rwabashyashya mu karere ka Huye batangiye gahunda yo kuvomerera imyaka, nka bumwe mu buryo bwo guhangana n’ibura y’imvura, kuri uyu wa Gatanu tariki 1/11/2013.
Nyuma y’isozwa ry’igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’abakozi ba Leta ku nzego z’imirenge n’utugari, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba abatanga serivisi za Leta ndetse n’abakorera mu nyubako za Leta kuhashyira ibendera ry’igihugu.
Okoko Godfroid, umutoza mushya w’Amagaju, kuwa kane tariki 31/10/2013 yasinye amasezerano yo gutoza iyo kipe mu gihe cy’umwaka umwe, kandi akaba agomba gukora ibishoboka byose iyo kipe yo mu karere ka Nyamagabe ikaguma mu cyiciro cya mbere.
Abaturage b’i Gahanga mu Kagari ka Mulinja bashimishishwe n’uko bagiye kujya bamenya amakuru yo mu gihugu no hanze yacyo nyuma y’uko Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kibashyikirije Television ndetse na Decoderi bizabafasha kujya birebera imbonankubone ibibera mu Rwanda no ku isi.
Ku isoko rikuru rya Rwamagana kuri uyu wa 01/11/2013 habereye impanuka yateye bamwe mu baryegereye gusinda kuko iyo modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yuzuye inzoga yahakoreye impanuka, inzoga nyinshi yari itwaye zikameneka mu muhanda ariko bamwe bakaziyora mu miferege bakazinywa bagasinda.
Abaturage biha uburenganzira bwo kubagira amatungo yabo imuhira bashakisha imibereho bihanangirijwe n’inzego z’umutekano kuko ngo ibi bishobora gukurura ibibazo bitandukanye mu barya izi nyama.
Mu gikorwa ngarukamwaka cyo guhemba ibigo by’ubucuruzi biciriritse byitwaye neza kuri iyi nshuro harahembwa rwiyemezamirimo w’umukobwa n’undi rwiyemezamirimo ukiri muto bitwaye neza kurusha abandi.
Umuryango w’urubyiruko uharanira iterambere rirambye RYOSD (Rwanda Youth for Sustainable Development) n’ubuyobozi bw’intara y’iburasirazuba basuye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babaha ubufasha burimo imyenda n’amasabune.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu na Rutsiro bakomeje kwitwikira ijoro bakajya kuroba amafi n’isambaza mu gihe ikiyaga cya Kivu cyafunzwe amezi abiri kugira ngo umusaruro ushobore kwiyongera.
Uwimana Joyce w’imyaka 37 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka akurikiranyweho gukubita igiti murumuna w’umugabo we witwa Ngayabahiga Sylvestre w’imyaka 44 mu masaha ya saa sita z’ijoro rishyira tariki ya 31/10/2013 akitaba Imana.
Abagenzuzi ba Koperative z’amakawa eshanu zo mu karere ka Nyamasheke bahawe amahugurwa azatuma koperative zabo zitera imbere kandi zikaba icyitegererezo ku bandi bahinzi ba kawa muri aka karere.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi burahamagarira abaturage bawutuyemo bajya muri Congo guca ku mipaka izwi kugira ngo bagabanye ihohoterwa riri gukorerwa abaturage basanzwe bicira inzira zidasanzwe.
Mu nama nyunguranabitekerezo yabahuje n’abafatanyabikorwa babo kuri uyu wa 30/10/2013, abunzi bo mu karere ka Ngoma hose bahawe umwambaro ubaranga uzajya ubafasha mu kazi ko gukemura ibibazo by’abaturage bitarinze kujya mu nkiko.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Damas Gatare, yatangaje ko uwari umusirikare mu ngabo z’igihugu, Lit. Joel Mbabazi wabaga muri Uganda yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano mu bikorwa byo gutera ibisasu mu Mujyi wa Kigali.
Abaturage bo mu mirenge ya Kivuye, Gatebe ndetse na Bungwe, mu karere ka Burera, bari kumwe n’abayobozi batandukanye bo muri ako karere, bamennye litiro 2258 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga mu rwego rwo kukirwanya.
Nyuma y’iminsi haboneka ibyaha by’ubwicanyi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo, kuri uyu wa 31/10/2013, babiri mu bakekwaho ibyo byaha baburanishirijwe imbere y’abaturage aho babikoreye mu mirenge ya Bushoki na Burega.
Abashakashatsi bo mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (NASA) bavumbuye umugabane uhuje byinshi n’isi, bituma ikizere cy’uko haboneka undi mubumbe waturwaho cyiyongera.
Mu murenge wa Rubengera kuri uyu wa kane tariki 31 Ukwakira 2013 hatoraguwe ibisasu bibili byo mu bwoko bwa grenade, ahantu bacukuraga umusarani.
Abanyamakuru 52 bakorera ibitangazamakuru bitandukanye barahabwa amahugurwa agendanye no gutara no gukora inkuru zerekeranye n’ubukungu, nyuma y’aho bigaragariye ko hari amakosa agenda akorwa bitewe no kudasobanukirwa n’amagambo y’umwimerere akoreshwa mu bukungu.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke rwategetse ko Ndagijimana Jean Pierre wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ndetse na mugenzi we Ntaganzwa Antoine bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu gushaka indonke, bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 nk’uko byari byasabwe n’ubushinjacyaha.
Uruganda rukora za mudasobwa zizwi nka Dell rwamaze gukura ku isoko mudasobwa nshya ziswe Latitude 6430u Ultrabooks kuko ngo abakiliya ibihumbi byinshi bari baraziguze bose binubiraga ko zinukamo inkari cyangwa amaganga y’injangwe.