Abana babiri bo mu mudugudu wa Kabusunzu, akagari ka Nyagahinga mu murenge wa Rwamiko bahitanywe na gerenade ku mugoroba wo ku ya 09/09/2012 ubwo barimo bajya kwahira ubwatsi bw’amatungu mu murenge wa Rutare.
Umugabo witwa Nyirinkindi Aloys wo mu murenge wa Gihundwe akagari ka Shagasha afungiye kuri sitasiyo ya polise Kamembe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17.
Nyiraruhanga Mwanaidi, umugore w’imyaka 31 utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi yafatanwe ibipfunyika bibiri by’urumogi mu mukwabo wakozwe n’inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage tariki 08/09/2012.
Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke yataye muri yombi Jean Baptiste Sibomana tariki 07/09/2012 nyuma yo kumufatana amafaranga ibihumbi 30 y’amahimbano; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Mu gihe mu duce tumwe na tumwe, usanga hari abaturage bajya ahabereye impanuka bagiye kwiba abakoze impanuka, abaturiye ikorosi ry’ahitwa ku mwari mu murenge wa Gacurabwenge, akagari ka Nkingo bagaragaje ubutabazi mu mpanuka yabaye tariki 07/09/2012.
Nyabyenda Theophile utuye mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano acyekwaho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko. Nyabyenda abihakana avuga ko byabaye ku bwumvikane.
Minisiteri y’Umutekano yasuye abaturage b’akarere ka Nyamasheke mu rwego rwo kubakangurira kurwanya intwaro zitunzwe n’abaturage mu buryo butemewe n’amategeko, nk’uko biri muri gahunda yayo muri iki cyumweru cyahariwe mutekano.
Mbazihose Leonidas w’imyaka 26 bakunze kwita Harerimana wakoraga akazi k’ubuzamu mu mujyi wa Byumba ari mu maboko ya polisi ikorera muri ako karere azira kwica umuntu yarangiza akamuta mu mwobo wa metero 12.
Kanyankore uri mu kigero cy’imyaka 27 yakubishwe n’abasore bakorera mu igaraje ryitwa “Gira umurava ku murimo”, iri hafi ya ONATRACOM mu mujyi wa Kigali mu gitondo cya tariki 07/09/2012, bamuziza kwinjira mu igaraje bakoreramo akabiba.
Polisi y’igihugu yafatiye Noella Hitimana w’imyaka 17 kuri bariyeri ya Gitikinyoni, mu murenge wa Mageragere, akarere ka Nyarugenge tariki 05/09/2012 imusanganye imisongo 1800 y’urumogi yari yahishe mu gikapu.
Ndayisaba Anuwari wigaga mu mwaka wa gatatu mu mashuri yisumbuye i Mutendeli yasanzwe mu cyumba cye aho yabaga mu murenge wa Remera tariki 06/09/2012 saa mbili z’ijoro yitabye Imana.
Dusingizimana Mortdecal w’imyaka 13 wari utuye mu kagari ka Nyarurama umurenge wa Ntongwe, mu karere ka Ruhango, yitabye Imana azize grenade yakinishirizaga iwabo mu ijoro rishyira tariki 06/09/2012.
Pasitori w’Umunyekongo witwa Kimanuka Juvenal yatawe muri yombi tariki 04/05/2012 azira gutera imvururu n’imidugararo mu baturage akoresheje imvugo zisebya ubuyobozi bw’igihugu. ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Imirambo ibiri y’abagabo bataramenyekana aho baturuka yabonetse mu mugezi wa Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo tariki 05/09/2012 mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi.
Mu rwego rwo kumvisha abaturage ububi bw’ibiyobyabwenge, urumogi, litiro 180 z’inzoga y’inkorano ndetse n’ibindi byafatanwe abaturage byatwikiwe ku mugaragaro mu murenge wa Ndora ho mu karere ka Gisagara, tariki 05/09/2012.
Mu nama yo kunoza imikoranire y’inkeragutabara n’abayobozi b’ibanze, abayobozi b’imidugudu n’abahagarariye inkeragutabara muri imwe mu mirenge igize akarere ka Huye bibukijwe ko nta muntu wemerewe gufunga umuturage uretse polisi yonyine.
Karibushi Protais w’imyaka 38 acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke nyuma yo gufatanwa litiro 20 za kanyanga. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku wa 04/09/2012 yikoreye kanyanga kandi bigaragara ko yasinze.
Umugore w’imyaka 42 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima mu Mujyi wa Kigali kuva tariki 03/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo 41 y’urumogi.
Urupfu rwa Ngendahayo Gaspard w’imyaka 41 wo mu kagari ka Shara, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi rwateje urujijo ubwo umurambo we wabonekaga mu cyumba cye kuri uyu wa mbere mu gitondo.
Abatuye umujyi wa Kibungo bavuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo buri gukorwa n’inzererezi ziri muri uyu mujyi.
Mbarubukeye Jean Marie Vianney w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yagejejwe mu bitaro bya Nyanza yatemwe ukuboko kwe kw’iburyo na mukuru we amuhoye ko amubujije gukomeza kurwana.
Abanyekongo icyenda bo mu mujyi wa Bukavu bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi kuva tariki 03/09/2012 bazira gukoresha inzira zitemewe n’amategeko basubira iwabo ubwo bari bavuye mu Rwanda.
Abantu 10 bakurikiranyweho n’ubutabera gukora icyaha cyo gufata abana ku ngufu mu karere ko Bugesera nk’uko byagaragajwe na raporo ya polisi ishami rikorera muri ako karere.
Abantu batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima kuva tariki 02/09/2012 bakekwaho kwiba iduka ry’umucuruzi ukomoka muri Pakistan witwa Faraz Ismail ukorera mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.
Mu ijoro rishyira tariki 03/09/2012, abajura banyuze mu gisenge cy’iduka Munyurangabo Leopold acururizamo, hafi y’isoko ryo mu mujyi wa Butare, biba amafaranga yose bari basizemo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 03/09/2012 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi yagonze igare maze umunyegare, uwo yari atwaye ndetse n’undi muntu umwe wigenderaga barakomereka.
Polisi ikorera mu Karere ka Karongi yataye muri yombi, tariki 31/08/2012, umugabo w’imyaka 24 witwa Jean Baptiste Nsanzumukiza akekwaho kwica ise amutemaguye yarangiza umurambo we akawujugunya mu musarane.
Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kirehe aratangaza ko umutekano mu karere ka Kirehe uhagaze neza kiretse ikibazo cy’ibiyobyabwenge biva mu mirenge ya Gatore, Kigarama na Musaza. Ngo impamvu ibitera ni uko iyi mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.
Bahizi Apollinaire w’imyaka 76 na Ndatimana Theogène wari ufite imyaka 21 bose bo mu kagari ka Mwendo umurenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bitabye Imana mu buryo butunguranye mu cyumweru gishize.
Mukakamari Marie Claire w’imyaka 27 yafashwe n’inzego z’umutekano afite udupfukika 50 tw’urumogi yajyaga acururiza aho atuye mu mudugudu wa Gitwa, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.