Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ruhango zavumbuye aho insore sore zirirwa zitunganyiriza urumogi zishaka kubarwanya umwe araharasirwa undi atabwa muri yombi abandi baracika.
Umukobwa w’imyaka 19 witwa Philomene Tuyisenge yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge tariki 17/10/2012 akurikiranweho kubikuza cheque y’ibihumbi 200 ya nyiri iduka rya Quincallerie Eco-Marche.
Kayitesi Felicité w’imyaka 22 wiga mu mwaka wa gatandatu ku Ishuri Ryisumbuye rya Nkunduburezi rya Janja yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke tariki 18/10/2012 akurikiranweho gukuramo inda ku bushake.
Ku mugoroba wa tariki 18/10/2012, imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yagonze umunyegari mu Kagali ka Rusagara, urenze gato Umujyi wa Gakenke, ahita yitaba Imana.
Macumi Azalias w’imyaka 26, yashatse gutema abapolisi n’abaturage tariki 18/10/2012 ubwo ba muhigaga aho yari yihishe mu ishyamba ariko ntibyamuhira kuko yahise araswa akagwa aho.
Hakizimana Vianney w’imyaka 48 na Sinzinkayo Felix w’imyaka 41 bafatiwe mu murima w’urumogi ufite ubuso bwa metero kare eshatu mu kagari ka Kizura, murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi tariki 17/10/2012.
Umusore w’imyaka 18 witwa Niringiyimana Hamimu, kuva kuri uyu wa gatatu tariki 17/10/2012 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo akurikiranyweho icyaha cyo gucuruza urumogi, kuko yarufatanywe mu rugo iwabo.
Mukandayisenga Devota w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gicumbi azira gukingirana umwana abereye mu kase igihe kingana n’ukwezi kose atamuha ibyo kurya.
Imitego ya kaningini 150 itemewe gukoreshwa mu burobyi bw’ibikomoka mu kiyaga cya Kivu yatwitswe ku mugoroba wa tariki 17/10/2012 mu karere ka Rusizi.
Ku mugoroba wa tariki 17/10/2012 inkubi y’umuyaga n’imvura idasanzwe yaguye mu Kagali ka Masangano, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yasenye amazu asaga 22 inangiza insiga z’amashyanyarazi n’imirima y’urutoki.
Biracyekwa ko Murindahabi Caliopie w’imyaka 49 wari utuye mu kagari ka Buhoro, umurenge wa Ruhango, yishwe n’inkoni yakubiswe na Dusabeyezu Bonaventure tariki 09/10/2012 ubwo babagaga ingurube.
Rukazana Hoziana w’imyaka 46 yatewe ibyuma na Macumu Azaleas hamwe na Gahimo Alex mu ijoro rya tariki 16/10/2012 ubwo yari amaze kwigurira irindazi muri butike mu masaha ya saa yine z’ijoro.
Ishimwe Jacqueline w’imyaka 18 wakoraga mu rugo rwa Peter na Niyonkuru Chance mu karere ka Ngoma afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe guhera tariki 16/10/2012 azira kwiba umwana w’imyaka ibiri yareraga akamutwara iwabo mu rugo.
Umugore witwa Angelique Mukanyirigira w’imyaka 27 yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge tariki 16/10/2012 ahagana saa munani akekwaho kwiba miliyoni eshanu n’ibihumbi 545 mu iduka ryo muri Quartier Matheus.
Harerimana Etienne w’imyaka 21 arakekwaho kwica nyina na mwishywa we mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 16/10/2012 ahagana saa saba z’ijoro mu kagari ka Karambi, umurenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi.
Ahagana saa munani z’ijoro rishyira uyu munsi tariki 16/10/2012, inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Nsanzimfura Venant iherereye mu Kampara, umurenge wa Nkotsi akarere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro maze ibyari birimo byose birakongoka hamwe n’igisenge cy’inzu.
Mu gihe inzererezi zirenga 40 zifatiwe mu murenge wa Kibungo tariki 13/10/2012 , umuyobozi w’ungirije w’akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza, Kirenga Providence, arizeza ko ikibazo cy’ubujura cyavugwaga muri uyu murenge kigiye kurangira.
Umugabo witwa Meilleur Ngerageze wari utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 14/10/2012 nyuma yo guhubuka ku kiraro akitura mu mugezi. Intandaro y’urupfu rwe ishobora kuba ari inzoga nyinshi yari yanyweye.
Kanzayire Laurence utuye mu murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo ntiyabashije kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro neza kuko umugabo we witwa Habarugira Nasoni yamubyukirije ku nkoni.
Umugabo witwa Safari Isaac wo mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Nasho mu karere ka Kirehe yitabye Imana tariki 14/10/2012, ahanutse hejuru y’urusengero rw’abadivantisite yubakaga.
Soko Salim w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhima akurikiranyweho gushaka kwiba banki ya Ecobank ishami rya Biryogo, yitwaje imbunda y’igikinisho yakoresheje kugira ngo atere ubwoba umuyobozi wa Banki.
Ndayisaba Cedrik w’imyaka 26, utuye mu kagari Sasabirago, umurenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturanyi we.
Ikamyo ebyiri zagonganiye mu ishyamba rya Nyungwe igice cy’akarere ka Nyamagabe, ku cyumweru tariki 14/10/2012 saa saba z’amanywa bituma ikibazo cy’ingendo kigorana muri uwo muhanda.
Umusore witwa Bizimana Jean Bosco yafashwe atera amabuye hejuru y’inzu y’uwitwa Nduwayezu Venuste tariki 12/10/2012 mu murenge wa bushoki mu karere ka Rulindo.
Nyandwi Adilien w’imyaka 39, afungiye kuri polisi ya Mutara mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 akekwaho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 27 ubana n’uburwayi bwo mu mutwe.
Urupfu rw’umugore witwa Maniragena Olive w’imyaka 27 y’amavuko witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 13/10/2012 aryamye mu buriri bumwe n’umugabo we rukomeje gutera urujijo. Hategerejwe ibizamini byo kwa muganga ngo hamenyekane icyo yazize.
Ku bitaro bya Kirehe harwariye umugabo witwa Niyibishaka Emmanuel, kubera ibikomere yatewe n’imihoro yatemwe ubwo we na bagenzi be bageragezaga kwibisha imbunda ariko uwo bateye akirwanaho, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Polisi yo mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi imodoka yari itwaye forode y’amakarito 78 y’inzoga yo mu bwoko bwa African Gin ahwanye n’uducupa 640, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Umunyeshuri witwa Niyomugabo Diomede w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri ribanza rya Dihiro riri mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yaburiwe irengero nyuma yo gukubita umwarimu umugeri akikubita hasi.
Ndikubwimana Erneste w’imyaka 33 afungiye kuri station ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akekwaho urupfu rw’umukobwa w’imyaka 20 witabye Imana nyuma yo gusambanywa n’abahungu babiri barimo uyu Ndikubwimana.