Abaturage bari batuye mu mudugudu wa Gataka, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amazu yabo yatangiye gusenywa kuko aho bari batuye hagiye kubakwa gare igezweho.
Mu gihe hakigwa uko urugomero rw’amashanyarazi rwa rusizi ya 3 ruzubakwa, hagiye kuba hakorwa umuhanda ugana kuri urwo rugomero kugirango ibikoresho byo kurwubaka bizabashe kuhagera mu buryo bworoshye.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, aremeza ko n’ubwo u Rwanda rufunganye rukaba nta n’imitungo kamere myinshi rufite ariko rushobora kuba ahantu abanyamahanga bazajya bifuza gukorera ibikorwa byabo.
Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi, Tanzaniya na Sudani y’Epfo basuye urugomero rwa Rusumo tariki 27/10/2013 bareberaga hamwe uburyo umushinga wo kuhabyaza amashanyarazi angana na megawate 80 uzakorwa neza umwaka utaha.
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Havugimana Eraste w’imyaka 41 utuye mu mudugudu wa Mubuga mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke avuga ko yahisemo gucuranga umuduri kugira ngo abeho aho kwiba cyangwa se ngo asabirize.
Nyuma yo kubona ko kuba umuhanda uhagana udatunganye ari imbogamizi ku iterambere ryabo, abaturage b’akagari ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe bafashe umwanzuro wo kuwikorera binyuze muri gahunda y’ubudehe.
Ku mirenge 180 isanzwe ikorerwamo gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP), hiyongereyeho indi 60 mu rwego rwo gukura abaturage mu bukene bukabije. Umuhango wo gutangiza iki gikorwa wabaye kuri uyu wa mbere tariki 21/10/2013, ubera mu murenge wa Karama, akarere ka Kamonyi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bukomeje kugira ikibazo gikomeye cyo gukorera mu nyubako y’ibiro by’aka karere ishaje kandi ntoya ugereranije n’umubare w’abayikoreramo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba umujyi wabo uri gukura ku buryo bwihuse bituma benshi bibwira ko aka karere gakize cyane ndetse bikabaviramo kubura abaterankunga.
Umuryango wa Cyewusi Catheline wagabiwe inka n’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibumbiye mu muryango AERG-Duhozanye biga mu kigo cya Mutagatifu Yustini Nkanka kubera igikorwa yagaragaje cy’urukundo arera umwana warokotse Jenoside.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’abasora byabereye ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu karere ka Nyanza tariki 17/10/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyahembye abitwaye neza mu gutangira imisoro ku gihe kandi neza.
Umujyi wa Musanze ni umwe mu mijyi itera imbere ku rugero rwiza mu gihugu, cyakora abatuye agace kitwa “Tete à Gauche » gaherereye mu nkengero z’amarembo y’uyu mujyi barahamya ko iterambere risa nk’iryabateye umugongo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’abasora ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba tariki 14/10/2013, Guverineri w’iyo ntara, Kabahizi Célestin, yagaragaje ko imisoro yinjiye mu ntara ayobora mu mwaka ushize iturutse hanze y’igihugu yagabanutse, bitewe n’umutekano mucye uri Kongo, ibi bikaba bitandukanye n’iby’abavuga ko u (…)
U Rwanda rugiye gutangira kubarura umutungo kamere rufite ruhereye no kuri bimwe bitagaragara ariko ukubaho kwabyo kukaba gufite akamaro kanini igihugu, kuko bifasha indi mitungo kamere gukomeza kwiyongerera agacuro.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi (INILAK) bakomeje gushyigikira gahunda ya Leta y’uko Abanyarwanda bakwishakamo ibisubizo, bafashanya n’ubwo nta bushobozi buhagije baba bafite.
Kubera umuco n’imyumvire, imirimo imwe n’imwe yaharwaga abagabo, indi igaharirwa abagore ariko uko imyumvire igenda izamuka birahindura. Umugabo uvuga ko yitwa Rusisibiranya Anastase yarenze iyo myumvire, afatanya n’umugore we basekura isombe bagurisha mu isoko rya Gakenke.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko servisi butanga zirimo kwihutishwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya MIS, ariko by’umwihariko ibyangombwa byo kubaka bigiye kujya bitangwa mu minsi 21, aho kuba 30 nk’uko bisanzwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi (cadres) mu karere ka Karongi, barishimira uruhare umuryango ukomeje kugira mu kuzana impinduka nziza z’iterambere mu gihugu, by’umwihariko bagafatira urugero ku iterambere akarere ka Karongi kamaze kugeraho mu gihe gito.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyashyikirije ibihembo bamwe mu bakozi bagaragayeho gukora neza mu kazi bashinzwe, harimo abikorera n’abakora mu nzego za Leta, muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013.
Mu mwaka ushinze w’ingengo y’imari, Akarere ka Huye kari kahigiye kuzinjiza amafaranga miliyoni 813, maze kabasha kwegeranya izigera kuri 830. Mu ngengo y’imari ya 2013-2014 ho noneho kahigiye miliyoni 900.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro ku nshuro ya 12 umunsi w’abasoreshwa, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Gatete Claver, yatangaje ko Abanyarwanda batitabiriye gutanga imisoro, nta terambere igihugu cyageraho.
Abashinzwe gukurikirana iyubakwa ry’urugomero rwa Rusumo baravuga ko nubwo habura miliyoni 40 z’amadolari yo kubaka imirongo yo gukwirakwiza amashanyarazi azava kuri urwo rugomero, nta ngorane zihari mu gihe abafatanyabikorwa baramuka batayatanze.
Lt. Gen Fred Ibingira ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu arasanga abakorera imirimo ibinjiriza amafaranga mu biyaga bya Cyohoha zombi mu karere ka Bugesera bakwiye kurema koperative ikomeye izabafasha gutera imbere.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Agency: RTDA) gitangaza ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2014 hazatangira inyigo yo gusana umuhanda Musanze-Cyanika.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) cyemeranywa n’u Rwanda muri gahunda mbaturabukungu ya kabiri rurimo gukurikiza, yo guteza imbere abikorera, kongera ahava imisoro, hamwe no kugira ibicuruzwa byinshi byoherezwa mu mahanga, kugirango igihugu kive mu gushingira ku kunga gihabwa.
Niyonshuti Emmanuel umushoferi w’imodoka y’akarere ka Ngoma yahembwe terefone igezweho yo mbwoko bwa Samsung Galaxy ndetse anahabwa igare na na radio na ceretificat y’ishimwe kubera ubushake n’umuhate yakoranye mu mirimo ye mu gihe cy’umwaka w’imihigo 2012-2013.