Abayabozi batandukanye barimo minisitiri w’urubyiruko ndetse n’uw’umuco na siporo, baratangazako bishimiye ibikorwa by’urubyiruko rw’iga imyuga Iwawa.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga mu karere ka Muhanga batangaza ko igiciro cy’inyama cyiyongereye ku buryo bikomeje zajya ziribwa na bake.
Abatishoboye bo mu mudugudu w’ikitegererezo wa Kinini mu murenge wa Rusiga, akarere ka Rulindo, bahawe ibyuzi bibiri byo kororeramo amafi mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Abacuruzi bahoze bacururiza mu isoko rya Kamembe bavuga kuba isoko bakoreragamo ryarasenywe irindi ritaraboneka byatumye batatana none barahombye kuko nta bakiriya bakibona.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro umushinga w’ubworozi bw’inkoko watwaye amafaranga miliyoni 15 mu mudugudu w’Icyizere, umurenge wa Musambira, akarere ka Kamonyi, tariki 22/12/2011,Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Gatete Claver yifuje ko habaho ubufatanye mu bikorwa byo gufasha abatishoboye kugira ngo bigere ku (...)
Isyirahamwe ry’abagore b’abakirisitukazi mu Rwanda (Young Women’s Christian Association of Rwanda [YWCA]) ryiyemeje kuzamura no guhindura imyumvire igaragara ku basigajwe inyuma n’amateka mu Rwanda.
Mu Karere ka Huye, ejo, hasojwe amahugurwa yo gusobanurira abafite aho bahuriye n’iterambere ry’intara y’Amajyepfo ibijyanye n’imikorere y’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF).
Nyuma yo gukora ingendo mu gihugu hose zigamije kumenya ibibazo by’abacuruzi, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), umwaka utaha, ruratenganya kuzageza ibibazo abacuruzi bo hasi bahuye nabyo ku nzego zibishinzwe.
Kabarisa Asumani ufite imyaka 24 yatomboye laptop ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 450 na modem muri tombola yitwa “IZIHIZE NA MTN” ya sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda.
Ibipimo by’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda bigaragaza ko mu kwezi k’Ugushyingo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda kwamanutse kukava kuri 7,76 kukagera kuri 7,39 ariko ibiciro by’ibiribwa byo byiyongereyeho 0,34.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, yasabye ababyeyi bo mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza kutajyana abana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahubwo bakabohereza mu ishuri.
Tariki ya 10 ukuboza urugaga rw’ubucuruzi rwo mu Birwa bya Maurice rwasinye amasezerano n’urugaga rw’abikorera ku giti cyabo mu Rwanda ajyanye no gufashanya mu bucuruzi bw’ibihugu byombi hamwe no gushishikariza abacuruzi na ba rwiyemezamirimo gukorera mu bihugu byombi.
Guveneri w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariye Odette, yatangiye ingendo zo gusura uturere twose tugize intara ayobora mu rwego rwo kumenye ibihakorerwa n’ibabazo bihari. Iki gikorwa cyatangiriye mu Karere ka Nyagatare ahari uruganda rw’amakaro ruherereye mu kagali ka Rutabura, umurenge wa Nyagatare.
Bamwe mu bakorera cyangwa bafite ibibanza mu gice cy’inganda cy’i Gikondo kizwi ku izina rya “Park Industriel” ntibemeranya n’ibyavuye mu nyigo yakozwe ku gaciro k’imitungo n’ubutaka biri muri iki gice.
Tariki 25/11/2011, minisiteri y’ubucuruzi n’inganda niyo yari itahiwe kwitaba inteko ngo isobanure uko yakoresheje umutungo wa Leta mu buryo budasobanutse. MINICOM irashinjwa litiro za essence zigera kuri miliyoni ebyiri, n’itangwa ry’akazi n’amasoko mu buryo budafututse.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi ifatanyije n’indi miryango nka Cladho, kuri uyu wa mbere tariki ya 21 ugushyingo 2011, bashyize ahagaragara agatabo kagiye gukwirakwizwa mu midugudu yose hagamijwe gufasha abaturage gusobanukirwa n’imikoreshereze y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012.
Banki nyafurika y’iterambere (BAD) yahaye banki ya Kigali (BK) inguzanyo y’amafaranga miliyoni 12 z’amadolari y’Amerika ndetse n’inkunga y’ibihumbi 500 b’amadolari mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Ihuriro nyafurika rihuza ibigo n’amabanki bitsura amajyambere ryashyize banki y’u Rwanda itsura amajyambere (BRD) ku mwanya wa gatatu w’aya mabanki muri Afurika mu gukora neza no gutanza serivisi nziza.
Inama y’abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe n’umukuru w’igihugu, Paul Kagame, kuwa gatanu tariki ya 18 Ugushyingo, yibanze ahanini ku ishoramari mu Rwanda.
Kuva tariki ya 2/12/2011 Rwanda Air izatangira ingendo zayo mu mujyi wa Lagos mu gihugu cya Nigeria aho izajya igwa ku kibuga k’indege cyitwa Murtala Muhammed International Airport (MMIA).
Ubuyobozi bwa sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege, Qatar Airways, buratangaza ko guhera mu ntangiriro z’umwaka utaha izatangiza ingendo ziza i Kigali.
Benshi mu bashoramari bo mu Bushinwa batangaza ko muri iyi minsi umugabane w’Afurika ari isoko ndetse ikaba n’umugabane wo gushoraho imari.
Intumwa y’umuryango w’abibumbye mu Rwanda ivuga ko hakoreshejwe imibare ishaje mu gukora icyegeranyo cy’iterambere ry’abaturage mu Rwanda mu mwaka wa 2011.
Kuva taliki 11/11/2011 mu karere ka Musanze hatangiye imurikagurisha rizamara iminsi 10 ryitabiriwe n’abashoramari 171 bavuye mu bihugu 8.
Abaturage 140 bo mu murenge wa Nyagihanga mu karere ka Gatsibo bahawe ihene 140 za kijyambere zikamwa zifite agaciro k’amafaranga 3.535.000 zatanzwe na minisiteri ishinzwe ibiza no gucyura impunzi ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga wita ku bimuka no gufasha abatishoboye (international organization for Migration).
Ku mupaka w’u Burundi n’u Rwanda mu gace ka Nemba mu Murenge wa Rweru, Abarundi barenga 1000 binjira mu Rwanda guhaha no gupagasa mu rwego rwo gushaka ibitunga imiryango yabo.
Ubwo yasuraga u rwanda mu minsi ishize, umunyamakuru Nick Aster wandikira urubuga rwa internet www.gawker.com rwo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangajwe n’uko yabonye u Rwanda.
Nyuma yo kubona ko abantu banyura mu karere ka Ngororero bagira ikibazo cyo kubona aho barara, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe icyemezo cyo kubaka ahantu hagari (centre d’acuiel) hazajya hacumbikwa n’abashaka kukarara ku bushake bwabo cyangwa biturutse ku mpamvu z’akazi n’ingendo.
Afungura ku mugaragaro TUGANE AHEZA UMURENGE SACCO RWIMBOGO mu karere ka Gatsibo, minisitiri ushinzwe imirimo y’abaminisitiri, Musoni Protais, yakanguriye Abanyarwanda muri rusange kwitabira kubitsa mu bigo by’imari iciriritse.
Nyuma yo kuvugurura isoko, inyubako ya banki y’abaturage n’andi mazu atandukanye, ibikorwa byo kuvugurura umujyi wa Huye birakomeje.