Itangazo dukesha ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) riragaragaza ko amakuru yatangajwe mu minsi ishize ko Perezida wa Amerika Barack Obama azasura u Rwanda mu kwezi gutaha bwa Kamena yari ibihuha bidafite ishingiro.
Antoine Twagirumukiza ushinzwe ishami ry’imari mu karere ka Rusizi yatoranyijwe nk’umukozi warushije abandi gukora neza muri uyu mwaka wa 2012-2013 ahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi 150.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Monitoring Office) igaragaza ko uturere twa Karongi, Kayonza, Gatsibo na Gasabo twaje imbere mu kugira abana benshi b’abakobwa batwaye inda z’indaro mu mwaka wa 2012.
Uturere twa Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi twegukanye imyanya ya mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba mu byiciro bine by’amarushanwa yo guteza imbere imiturire y’icyaro.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013, ahagana saa cyenda na 45, akabari kitwa New Bandal kari hafi ya Alpha Palace Hotel mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kadutsemo inkongi y’umuriro karashya, karakongoka .
Kuva hafatwa icyemezo cyo kwambura kashe abakuru b’imidugudu, abaturage bo mu karere ka Ruhango baravuga ko ubu service bahabwa zihuta cyane ugereranyije n’izo bahabwaga mbere abakuru b’imidugudu bakizitunze.
Mu nama y’ishyaka PSD yabaye tariki 18/05/2013 mu karere ka Ngoma, hatowe abakandida batandatu bahagarariye ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2013.
U Rwanda rwateguye isiganwa mpuzamahanga rya marathon ryabaye kuri iki cyumweru tariki 19/05/2013, mu rwego rwo gukangurira abaryitabira bavuye ku migabane itandukanye yo ku isi, guharanira amahoro mu bihugu byabo, nk’uko MINISPOC na World vision babisobanura.
Ibigo by’imirimo (entreprises) 877 byo mu karere ka Nyamasheke byabaruwe ko bidatangira abakozi babyo ubwishingizi butandukanye birasabwa kwikubita agashyi kugira ngo bimenye icyo amategeko ateganyiriza abakozi.
Kuba hirya no hino mu mijyi no ku dusantere hakunze kugaragara abantu basabiriza ngo byaba biterwa ahanini no kuba abasaba bagahabwa bigatuma babigira akamenyero.
Itegeko rishya rigenga itangazamakuru mu Rwanda rirasaba abanyamakuru kwitwararika bikomeye icyo ari cyo cyose cyayobya abana cyangwa kikabatesha umutwe.
Umuhungu wa Prezida Mobutu Sese Seko witwa Mobutu Seko Prince Bwarza wari mu ivugabutumwa mu Rwanda yasabye imbabazi mu izina rye no mu izina rya se Abanyarwanda kubera ibibi se yabakoreye.
Ubuyobozi bwa gereza ya Muhanga n’abacungagereza bagera kuri 54 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruri mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko mu bo bashinzwe kugorora harimo n’abakoze Jenoside.
Hari hashize umwaka urenga mu mujyi wa Kibuye harimo gutunganywa umwaro muhimbano (plage artificielle) ahitwa Nyakariba mu murenge wa Bwishyura, ariko igice kimwe cy’uwo mushinga basanze kidakwiye kuba gihari none ngo bazagisenya.
Polisi y’igihugu yagiranye amasezerano n’akarere ka Rusizi agamije ubufatanye mu gukangurira abaturage kurushaho kwibona mu bikorwa bigamije guhangana no gukumira icyo aricyo cyose cyagerageza guhungabanya umutekano mu karere no mu gihugu muri rusange.
Abantu 18 barimo abagore batanu n’abana 13 bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare biyita impunzi. Abagore bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, mu gihe abana babo bavuga Igiswahiri bavuga ko bashakanye n’Abakongomani ariko abagabo babo baza gupfa niko kwgira inama yo gutahuka, nk’uko babitangarije Kigali Today, kuwa Kane tariki 17/05/2013.
Umunyamabanaga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon n’umuyobozi wa banki y’isi bitegura gusura akarere k’ibiyaga bigari, batangaza ko igisubizo cy’umutekano mucye uri mu karere no kuzamura ubukungu bifitwe n’abayobozi.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN ivuga ko mu rwego rwo kurinda abakiriya bayo kuzava ku murongo w’itumanaho mu kwezi kwa karindwi, yatangije kampanyi mu gihugu hose yo kugenda yandika amasimu kadi(SIM cards), umuryango ku wundi aho abakiriya bayo bakorera.
Minisitiri ushinzwe Imari n’igenamigambi mu Rwanda, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko umusaruro Leta y’u Rwanda iba itegereje mu bikorwa byo guhura n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ari amakuru menshi y’ahari amahirwe y’iterambere n’ingamba zakoreshwa mu kuyabyaza umusaruro.
Guverinoma y’u Rwanda iremeza ko ifite ubushake n’ubushobozi bwo kwakira neza buri Munyarwanda wese ushaka gutahuka mu gihugu cye kandi ngo abadafite ubushobozi bagafashwa mu by’ibanze bakeneye ngo babeho neza.
Umugabo ushinzwe abakora isuku muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yatunguwe n’uko terefone yari atwaye mu mufuka yaturitse, ikamutwikira imyenda ndetse ikanamutera igisebe ku itako.
Abanyarwanda 96 biganjemo abagore n’abana bagarutse mu gihugu cyabo bavuye mu gihugu cya Congo; binjiriye ku mupaka wa Rubavu tariki 17/05/2013.
Abanyarwanda 42 harimo abagabo 6, Abagore 16 n’abana 22 zasesekaye ku mupaka wa Rusizi ya mbere, ku gicyamunsi cyo kuwa 16/05/2013, bavuye muri Congo.
Mu kiganiro Depite Kalima Evode yagejeje ku banyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza abakangurira kwirinda ubwandu bwa virusi itera SIDA yagaragaje ko ubusambanyi bw’akajagari ari ikibazo gikomereye igihugu.
Abantu bane kuri batandatu basize ubuzima mu mpanuka y’inzu y’igorofa yaguye mu mujyi wa Nyagtare tariki 13/05/2013 bashyinguwe n’akarere ku bufatanye n’abaturage n’ibitaro by’akarere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buratangaza ko bufite icyizere ko bwamaze gukora ibikorwa bigera kuri 90% by’ibyo gasabwa kuba kashyize mu bikorwa, mbere y’uko hakorwa ibarurwa ry’imihigo y’uyu mwaka wa 2013.
Mu nama y’ Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza (Commonwealth) yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 16/05/2013 mu Mujyi wa Kampala, Prezida Kagame yabwiye abitabiriye iyo nama ko u Rwanda rwageze kuri byinshi kandi bishimishije kubera kwikemurira ibibazo hashingiwe ku muco n’amateka y’igihugu.
Nyuma y’aho igorofa y’amazu 4 yari irimo kubakwa mu karere ka Nyagatare ihitaniye abantu batandatu ku gicamunsi cyo kuwa 14 Gicurasi, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko igwa ry’iyi nzu rinabasigiye isomo ryo kunoza imikorere.
Ntamahungiro Claude, umusore wo mu murenge wa Nkungu atangaza ko kuva mu bwana bwe yakoze imirimoye y’ingufu bigeza aho avumburiye ubwenge bwo gukora akazi k’ubucukuzi akoresheje ipine.
Abagororwa bafungiye muri gereza ya Nsinda mu karere ka Rwamagana bagaragaje ko bashaka kwitandukanya n’ibikorwa bibi bakoze kugirango bazatahe bashishikajwe no gukora bakabona ifaranga bakiteza imbere.